Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Perezida Putin-Photo/AP

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga bavuga ko ibiri gukorwa n’u Burusiya muri Ukraine, bigize ibyaha ku buryo bishobora kuzatuma Perezida Vladimir Vradimirovic Putin agezwa imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Kuuri uyu wa Gatatu tariki 02 Weruwe 2022, ni umunsi wa karindwi w’Intambara y’u Burusiya bwashoje muri Ukraine nyuma y’uko bitegetswe na Perezida Vladimir Vradimirovic Putin w’u Burusiya.

Igihugu cya Ukraine kimaze iminsi micye gitanze ubusabe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha bwo kuryoza perezida Putin, ubuzima bw’inzirakarengane za Ukraine ingabo ze ziri guhitana. Ndetse umushinjacyaha muri urwo rukiko, yemeje ko bagiye gukora iperereza ku byaha by’ingabo z’u Burusiya ku butaka bwa Ukraine.

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga, bavuga ko ubwo busabe budashingiye kuri politike, ahubwo ngo kugeza magingo aya, Perezida Putin yamaze gukorera ibyaha muri Ukraine ku buryo ashobora no kwisanga i La Haye muri ICC.

Dr. Evode Kayitana, yigisha amategeko mpuzamahanga muri kaminuza y’u Rwanda, yagarutse ku byaha bimaze gukorwa birimo icyo kuba Igihugu cyatera ikindi nta mpamvu [ibizwi nka Agression].

Ati “Icyo cyaha rero buriya Putin n’Abajenerali be bamaze kugikora.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko hamaze gukorwa icyaha cy’intambara [War crime] bigizwe n’ibikorwa byo kurasa inzu, kwica abaturage.

Avuga kandi ko biriya bikorwa bishobora kuzavamo n’ibyaha byibasira inyokomuntu “ariko kugeza ubu ibyaha by’intambara byo byarakozwe byararangiye.”

Dr. Evode Kayitana avuga ko nubwo bigoye ariko bishoboka ko Putin n’abo bafatanyije mu buyobozi bwe bashobora kuzisanga i La Haye muri ICC.

Ati “Gushoboka birashoboka ntakintu kidashoboka ku Isi, gusa bisaba ko Putin ava ku butegetsi, yamara kubuvaho akurikiranwe kandi abazamusimbura bashobora kumutanga cyangwa agashiduka yagiye gutembera.”

Uyu Munyamategeko avuga kandi ko n’intambara ishobora gukomeza, Putin akaba yatsindwa akaba yanafatwa bunyago, akajyanwa mu rukiko.

Usibye kuba yajyanwa muri ICC, uyu munyamategeko avuga ko Putin ashobora kuzasiga Igihugu cye mu kaga ko kwishyura ibyo bangije muri Ukraine.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko Igihugu nka Ukraine gishobora kuzareba u Burusiya mu rukiko ruburanisha ibihugu ruzwi nka ICJ (International Court of Justice) ku byangijwe n’iki Gihugu na none kandi mu gihe Putin yaba agejejwe muri ICC, ababuriye ababo n’abafite ibyabo byangiritse bakaba bashobora kujyayo kuregera indishyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

Next Post

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.