Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Perezida Putin-Photo/AP

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga bavuga ko ibiri gukorwa n’u Burusiya muri Ukraine, bigize ibyaha ku buryo bishobora kuzatuma Perezida Vladimir Vradimirovic Putin agezwa imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Kuuri uyu wa Gatatu tariki 02 Weruwe 2022, ni umunsi wa karindwi w’Intambara y’u Burusiya bwashoje muri Ukraine nyuma y’uko bitegetswe na Perezida Vladimir Vradimirovic Putin w’u Burusiya.

Igihugu cya Ukraine kimaze iminsi micye gitanze ubusabe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha bwo kuryoza perezida Putin, ubuzima bw’inzirakarengane za Ukraine ingabo ze ziri guhitana. Ndetse umushinjacyaha muri urwo rukiko, yemeje ko bagiye gukora iperereza ku byaha by’ingabo z’u Burusiya ku butaka bwa Ukraine.

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga, bavuga ko ubwo busabe budashingiye kuri politike, ahubwo ngo kugeza magingo aya, Perezida Putin yamaze gukorera ibyaha muri Ukraine ku buryo ashobora no kwisanga i La Haye muri ICC.

Dr. Evode Kayitana, yigisha amategeko mpuzamahanga muri kaminuza y’u Rwanda, yagarutse ku byaha bimaze gukorwa birimo icyo kuba Igihugu cyatera ikindi nta mpamvu [ibizwi nka Agression].

Ati “Icyo cyaha rero buriya Putin n’Abajenerali be bamaze kugikora.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko hamaze gukorwa icyaha cy’intambara [War crime] bigizwe n’ibikorwa byo kurasa inzu, kwica abaturage.

Avuga kandi ko biriya bikorwa bishobora kuzavamo n’ibyaha byibasira inyokomuntu “ariko kugeza ubu ibyaha by’intambara byo byarakozwe byararangiye.”

Dr. Evode Kayitana avuga ko nubwo bigoye ariko bishoboka ko Putin n’abo bafatanyije mu buyobozi bwe bashobora kuzisanga i La Haye muri ICC.

Ati “Gushoboka birashoboka ntakintu kidashoboka ku Isi, gusa bisaba ko Putin ava ku butegetsi, yamara kubuvaho akurikiranwe kandi abazamusimbura bashobora kumutanga cyangwa agashiduka yagiye gutembera.”

Uyu Munyamategeko avuga kandi ko n’intambara ishobora gukomeza, Putin akaba yatsindwa akaba yanafatwa bunyago, akajyanwa mu rukiko.

Usibye kuba yajyanwa muri ICC, uyu munyamategeko avuga ko Putin ashobora kuzasiga Igihugu cye mu kaga ko kwishyura ibyo bangije muri Ukraine.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko Igihugu nka Ukraine gishobora kuzareba u Burusiya mu rukiko ruburanisha ibihugu ruzwi nka ICJ (International Court of Justice) ku byangijwe n’iki Gihugu na none kandi mu gihe Putin yaba agejejwe muri ICC, ababuriye ababo n’abafite ibyabo byangiritse bakaba bashobora kujyayo kuregera indishyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

Next Post

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.