Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in MU RWANDA
0
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Perezida Putin-Photo/AP

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga bavuga ko ibiri gukorwa n’u Burusiya muri Ukraine, bigize ibyaha ku buryo bishobora kuzatuma Perezida Vladimir Vradimirovic Putin agezwa imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Kuuri uyu wa Gatatu tariki 02 Weruwe 2022, ni umunsi wa karindwi w’Intambara y’u Burusiya bwashoje muri Ukraine nyuma y’uko bitegetswe na Perezida Vladimir Vradimirovic Putin w’u Burusiya.

Igihugu cya Ukraine kimaze iminsi micye gitanze ubusabe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha bwo kuryoza perezida Putin, ubuzima bw’inzirakarengane za Ukraine ingabo ze ziri guhitana. Ndetse umushinjacyaha muri urwo rukiko, yemeje ko bagiye gukora iperereza ku byaha by’ingabo z’u Burusiya ku butaka bwa Ukraine.

Abahanga mu mategeko mpuzamahanga, bavuga ko ubwo busabe budashingiye kuri politike, ahubwo ngo kugeza magingo aya, Perezida Putin yamaze gukorera ibyaha muri Ukraine ku buryo ashobora no kwisanga i La Haye muri ICC.

Dr. Evode Kayitana, yigisha amategeko mpuzamahanga muri kaminuza y’u Rwanda, yagarutse ku byaha bimaze gukorwa birimo icyo kuba Igihugu cyatera ikindi nta mpamvu [ibizwi nka Agression].

Ati “Icyo cyaha rero buriya Putin n’Abajenerali be bamaze kugikora.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko hamaze gukorwa icyaha cy’intambara [War crime] bigizwe n’ibikorwa byo kurasa inzu, kwica abaturage.

Avuga kandi ko biriya bikorwa bishobora kuzavamo n’ibyaha byibasira inyokomuntu “ariko kugeza ubu ibyaha by’intambara byo byarakozwe byararangiye.”

Dr. Evode Kayitana avuga ko nubwo bigoye ariko bishoboka ko Putin n’abo bafatanyije mu buyobozi bwe bashobora kuzisanga i La Haye muri ICC.

Ati “Gushoboka birashoboka ntakintu kidashoboka ku Isi, gusa bisaba ko Putin ava ku butegetsi, yamara kubuvaho akurikiranwe kandi abazamusimbura bashobora kumutanga cyangwa agashiduka yagiye gutembera.”

Uyu Munyamategeko avuga kandi ko n’intambara ishobora gukomeza, Putin akaba yatsindwa akaba yanafatwa bunyago, akajyanwa mu rukiko.

Usibye kuba yajyanwa muri ICC, uyu munyamategeko avuga ko Putin ashobora kuzasiga Igihugu cye mu kaga ko kwishyura ibyo bangije muri Ukraine.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko Igihugu nka Ukraine gishobora kuzareba u Burusiya mu rukiko ruburanisha ibihugu ruzwi nka ICJ (International Court of Justice) ku byangijwe n’iki Gihugu na none kandi mu gihe Putin yaba agejejwe muri ICC, ababuriye ababo n’abafite ibyabo byangiritse bakaba bashobora kujyayo kuregera indishyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 20 =

Previous Post

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

Next Post

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

U Rwanda rwamaganye ibibera muri Ukraine, u Burundi burifata, Russia ishyigikiwe n’ibihugu 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.