Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF igomba kubaka ubushobozi bwo kuyifasha guhora yiteguye guhangana n’ibibazo byose- General Muganga

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF igomba kubaka ubushobozi bwo kuyifasha guhora yiteguye guhangana n’ibibazo byose- General Muganga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze ko RDF igomba kubaka ubushobozi buyifasha kuba iteka yabasha guhangana n’ibyatera impungenge byose, bityo ko ari yo mpamvu ishyira imbere amahugurwa n’imyitozo bihabwa Ingabo z’u Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 13 Gashyantare 2025 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amahugurwa yahabwaga abasirikare b’Abofisiye bakuru n’abato, yaberaga mu Kigo cya RDF Gacurabwenge Training Centre giherereye mu Karere ka Kamonyi.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yavuze ko amahugurwa ahabwa abasirikare, aba agamije kongerera ubushobozi RDF kugira ngo ibashe guhangana n’ibibazo byose byatera impungenge ku mutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “RDF igomba kubaka ubushobozi bwayo buzayifasha guhora ibasha gukemura ibibazo byose kandi mu buryo bwiza. Iyi gahunda igamije gutuma tugira abasirikare batojwe neza bari mu buyobozi kandi bakanarushaho guteza imbere imibanire y’Ingabo n’abasivile.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishuri rya RDF, Brigadier General Jean Chrysostome Ngendahimana, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ku gukomeza kuzamurira ubushobozi ndetse n’imyitwarire myiza abo muri uru rwego.

Kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2020 hafungurwa iki kigo cy’imyitozo ‘RDF Gacurabwenge Training Centre’ cyagize uruhare runini mu kuzamurira ubushobozi abayobozi mu ngabo z’u Rwanda bahabwa ubumenyi bw’ingenzi mu bya gisirikare.

Aya mahugurwa yahawe abasirikare barimo abofisiye bakuru n’abato

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

U Rwanda n’ikindi Gihugu cy’i Burayi baganiriye ku bibazo bya Congo

Next Post

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo
AMAHANGA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.