• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF igomba kubaka ubushobozi bwo kuyifasha guhora yiteguye guhangana n’ibibazo byose- General Muganga

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF igomba kubaka ubushobozi bwo kuyifasha guhora yiteguye guhangana n’ibibazo byose- General Muganga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze ko RDF igomba kubaka ubushobozi buyifasha kuba iteka yabasha guhangana n’ibyatera impungenge byose, bityo ko ari yo mpamvu ishyira imbere amahugurwa n’imyitozo bihabwa Ingabo z’u Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 13 Gashyantare 2025 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amahugurwa yahabwaga abasirikare b’Abofisiye bakuru n’abato, yaberaga mu Kigo cya RDF Gacurabwenge Training Centre giherereye mu Karere ka Kamonyi.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yavuze ko amahugurwa ahabwa abasirikare, aba agamije kongerera ubushobozi RDF kugira ngo ibashe guhangana n’ibibazo byose byatera impungenge ku mutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “RDF igomba kubaka ubushobozi bwayo buzayifasha guhora ibasha gukemura ibibazo byose kandi mu buryo bwiza. Iyi gahunda igamije gutuma tugira abasirikare batojwe neza bari mu buyobozi kandi bakanarushaho guteza imbere imibanire y’Ingabo n’abasivile.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishuri rya RDF, Brigadier General Jean Chrysostome Ngendahimana, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ku gukomeza kuzamurira ubushobozi ndetse n’imyitwarire myiza abo muri uru rwego.

Kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2020 hafungurwa iki kigo cy’imyitozo ‘RDF Gacurabwenge Training Centre’ cyagize uruhare runini mu kuzamurira ubushobozi abayobozi mu ngabo z’u Rwanda bahabwa ubumenyi bw’ingenzi mu bya gisirikare.

Aya mahugurwa yahawe abasirikare barimo abofisiye bakuru n’abato

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

U Rwanda n’ikindi Gihugu cy’i Burayi baganiriye ku bibazo bya Congo

Next Post

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Hatangajwe icyemezo cya mbere cyafatiwe Musenyeri uregwa ibirimo kunyereza umutungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.