Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF na Polisi bahaye abaturage ubwato bwa moteri nyuma y’uko ubw’ibiti bukoze impanuka

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in MU RWANDA
0
RDF na Polisi bahaye abaturage ubwato bwa moteri nyuma y’uko ubw’ibiti bukoze impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano z’u Rwanda [Ingabo na Polisi] zazanye ubwato bwa moteri ngo bwifashishwe n’abaturage bo muri Gakenke na Muhanga nyuma y’uko habaye impanuka y’ubwato bubiri bwavaga bunerecyeza muri utu Turere.

Iyi mpanuka y’ubwato yabaye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 03 Mutarama 2022 ubwo ubwato bw’ibiti bubiri bwagonganiraga mu mugezi wa Nyabarongo ndetse umuntu umwe akaba yaraburiwe irengero.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Ukuboza 2022 ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ubw’inzego z’umutekano mu Ntara y’Amajyepfo bwaganirije abaturage bo muri ibi bice bari basanzwe bagenderana bakoresheje buriya bwato bwahise buhagarikwa.

Inzego z’umutekano zahise zizana ubwato bwa moteri ngo bube bwifashishwa n’aba baturage dore ko hari benshi bari baraye mu Karere ka Muhanga kandi bagombaga gutaha muri Gakenke kimwe n’abari baraye muri Gakenke bagombaga gutaha muri Muhanga ariko bakabura uko bambuka.

Ubu bwato bwahise butangirira ku gutwara baturage bari baheze ku mpande zombi babuze uko bataha ngo basange imiryango ya bo nyuma y’uko byari byagoranye kubera guhagarika ingendo hakoreshejwe ubwato bwari busanzwe bw’igiti.

Inzego z’umutekano zahise zitangira gufasha aba baturage kugera mu ngo zabo, zashimiwe n’abatuye muri aka gace bavuga ko ubu noneho bagiye kujya bambuka ntacyo bikanga.

Ibi byose byabaye mu gihe hari abantu bitwikiriye ijoro bagasenya ikiraro cyahuzaga utu Turere ariko bakaba bataramenyekana dore ko kugeza ubu hari abantu 11 bamaze gufatwa bakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa.

RDF na Polisi zahagobotse
Abaturage ba mbere bahise bambuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + ten =

Previous Post

Ruhango: Imodoka ya Gitifu yatwitswe n’umuntu wabigambiriye ahita acika

Next Post

Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero

Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.