Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UDFP) zashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije gutsimbataza umubano no kurushaho gukorana.

Aya masezerano yasinywe mu biganiro by’iminsi ine byahuje Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Uganda byabereye i Entebbe muri Uganda biyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko ibikubiye muri aya masezerano bitatangajwe, gusa Gen Muhoozi akaba yavuze ko ari umwe mu misaruro yavuye muri ibi biganiro byatanze umusaruro ushimishije.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Nyuma y’iminsi ine y’ingirakamaro twageze ku myanzuro y’uko twakomeza gukorana. Nanone kandi ndongera gushimira Abaperezida bacu b’indashyikirwa Yoweri Museveni na Paul Kagame kuba barongeye kubyutsa ubucuti bwacu bwiza.”

Chimpreports ivuga ko hari amakuru avuga ko u Rwanda na Uganda bigiye kujya bisangizanya amakuru yerecyeye umutekano ndetse n’ajyanye n’abanyabyaha by’umwihariko mu bikorwa by’iterabwoba.

Aya masezerano yasinywe ku ruhande rwa Uganda, n’Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya UPDF, Maj Gen James Birungi mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono n’umuyobozi ushinzwe iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Grig Gen Vincent Nyakarundi.

Ni amasezerano asinywe mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kongera gusubiza mu buryo umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda, byagizwemo uruhare na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere hahise hagaragara impinduka kuko u Rwanda rwahise rufungura umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda.

Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, amaze iminsi agaragaza ko ubumwe n’ubuvandimwe bw’u Rwanda na Uganda bufite imizi kuva hambere ku buryo ntawapfa kubusenya.

Aherutse kuvuga ko imwe mu ntego ye ya mbere mu buzima bwa Gisirikare yamaze kuyigeraho, ari yo kongera kunga ubumwe bwa UPDF na RDF.

Aherutse no gutangaza kandi ko bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za Uganda bacuze umugambi mubisha wo gushaka kuryanisha u Rwanda na Uganda ngo ibi Bihugu birwane ariko ko yabimenye mbere agahita abimenyesha Perezida Museveni, uwo mugambi ugapfuba uko.

Brig Gen Vincent Nyakarundi yashyize umukono kuri aya masezerano
Maj Gen James Birungi
UPDF na RDF mu cyerekezo gishya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 7 =

Previous Post

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Next Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.