Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UDFP) zashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije gutsimbataza umubano no kurushaho gukorana.

Aya masezerano yasinywe mu biganiro by’iminsi ine byahuje Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Uganda byabereye i Entebbe muri Uganda biyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko ibikubiye muri aya masezerano bitatangajwe, gusa Gen Muhoozi akaba yavuze ko ari umwe mu misaruro yavuye muri ibi biganiro byatanze umusaruro ushimishije.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Nyuma y’iminsi ine y’ingirakamaro twageze ku myanzuro y’uko twakomeza gukorana. Nanone kandi ndongera gushimira Abaperezida bacu b’indashyikirwa Yoweri Museveni na Paul Kagame kuba barongeye kubyutsa ubucuti bwacu bwiza.”

Chimpreports ivuga ko hari amakuru avuga ko u Rwanda na Uganda bigiye kujya bisangizanya amakuru yerecyeye umutekano ndetse n’ajyanye n’abanyabyaha by’umwihariko mu bikorwa by’iterabwoba.

Aya masezerano yasinywe ku ruhande rwa Uganda, n’Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya UPDF, Maj Gen James Birungi mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono n’umuyobozi ushinzwe iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Grig Gen Vincent Nyakarundi.

Ni amasezerano asinywe mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kongera gusubiza mu buryo umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda, byagizwemo uruhare na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere hahise hagaragara impinduka kuko u Rwanda rwahise rufungura umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda.

Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, amaze iminsi agaragaza ko ubumwe n’ubuvandimwe bw’u Rwanda na Uganda bufite imizi kuva hambere ku buryo ntawapfa kubusenya.

Aherutse kuvuga ko imwe mu ntego ye ya mbere mu buzima bwa Gisirikare yamaze kuyigeraho, ari yo kongera kunga ubumwe bwa UPDF na RDF.

Aherutse no gutangaza kandi ko bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za Uganda bacuze umugambi mubisha wo gushaka kuryanisha u Rwanda na Uganda ngo ibi Bihugu birwane ariko ko yabimenye mbere agahita abimenyesha Perezida Museveni, uwo mugambi ugapfuba uko.

Brig Gen Vincent Nyakarundi yashyize umukono kuri aya masezerano
Maj Gen James Birungi
UPDF na RDF mu cyerekezo gishya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Next Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.