Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UDFP) zashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije gutsimbataza umubano no kurushaho gukorana.

Aya masezerano yasinywe mu biganiro by’iminsi ine byahuje Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Uganda byabereye i Entebbe muri Uganda biyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko ibikubiye muri aya masezerano bitatangajwe, gusa Gen Muhoozi akaba yavuze ko ari umwe mu misaruro yavuye muri ibi biganiro byatanze umusaruro ushimishije.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Nyuma y’iminsi ine y’ingirakamaro twageze ku myanzuro y’uko twakomeza gukorana. Nanone kandi ndongera gushimira Abaperezida bacu b’indashyikirwa Yoweri Museveni na Paul Kagame kuba barongeye kubyutsa ubucuti bwacu bwiza.”

Chimpreports ivuga ko hari amakuru avuga ko u Rwanda na Uganda bigiye kujya bisangizanya amakuru yerecyeye umutekano ndetse n’ajyanye n’abanyabyaha by’umwihariko mu bikorwa by’iterabwoba.

Aya masezerano yasinywe ku ruhande rwa Uganda, n’Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya UPDF, Maj Gen James Birungi mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono n’umuyobozi ushinzwe iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Grig Gen Vincent Nyakarundi.

Ni amasezerano asinywe mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kongera gusubiza mu buryo umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda, byagizwemo uruhare na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere hahise hagaragara impinduka kuko u Rwanda rwahise rufungura umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda.

Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, amaze iminsi agaragaza ko ubumwe n’ubuvandimwe bw’u Rwanda na Uganda bufite imizi kuva hambere ku buryo ntawapfa kubusenya.

Aherutse kuvuga ko imwe mu ntego ye ya mbere mu buzima bwa Gisirikare yamaze kuyigeraho, ari yo kongera kunga ubumwe bwa UPDF na RDF.

Aherutse no gutangaza kandi ko bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za Uganda bacuze umugambi mubisha wo gushaka kuryanisha u Rwanda na Uganda ngo ibi Bihugu birwane ariko ko yabimenye mbere agahita abimenyesha Perezida Museveni, uwo mugambi ugapfuba uko.

Brig Gen Vincent Nyakarundi yashyize umukono kuri aya masezerano
Maj Gen James Birungi
UPDF na RDF mu cyerekezo gishya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Next Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.