Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje amakuru y’ikinyoma yatangajwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyavuze ko RDF yagabye igitero-shuma muri iki Gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, RDF ivuga ko isubiza itangazo rigenewe itangazamakuru rya FARDC ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ryatangazaga amakuru y’ikinyoma ko RDF yagabye igitero shuma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri DRC.

RDF igira iti “Ibi birego ntibifite ishingiro kandi ni umwe mu migambi yo kuyobya uburari na poropaganda by’ubutegetsi bwa DRC yo gukomeza kwihunza inshingano ku kuba bwarananiwe kugarura amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe bukomeye guha inkunga yaba iy’intwaro no gufatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ibi birego by’ibinyoma, ari umugambi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’igisirikare cy’iki Gihugu FARDC wo gutangiza ibitero ku butaka bw’u Rwanda gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF isohoye iri tangazo nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, FARDC yari yashyize irindi ryuzuyemo amakuru y’ikinyoma ko kuri uyu wa 27 Nyakanga saa tatu ingabo z’u Rwanda zohereje abasirikare ngo bajye gukomeza guhungabanya umutekano muri DRC.

Muri iri tangazo, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC yavugaga ko yabashije gusubiza inyuma izo ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo ryaje nyuma y’icyumweru kimwe FARDC nanone isohoye irindi tangazo ryamaganiwe kure na Guverinoma y’u Rwanda, ryavugaga ko FARDC ifite amakuru ko RDF iteganya kohereza ingabo muri Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yari yanyomoje ayo makuru y’ikinyoma, yihanangirije ubutegetsi bwa DRC ku bw’ibi bikorwa biri mu migambi yo gushaka urwitwazo rwo kuba FARDC ifatanyije na FDLR bashaka kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda.

U Rwanda kandi rwari rwibukije ko rwashyizeho ingamba zo gukumira ibikorwa byose bishobora kubaho mu mugambi wo kuvogera ubutaka n’ikirere byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

Next Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.