Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje amakuru y’ikinyoma yatangajwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyavuze ko RDF yagabye igitero-shuma muri iki Gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, RDF ivuga ko isubiza itangazo rigenewe itangazamakuru rya FARDC ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ryatangazaga amakuru y’ikinyoma ko RDF yagabye igitero shuma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri DRC.

RDF igira iti “Ibi birego ntibifite ishingiro kandi ni umwe mu migambi yo kuyobya uburari na poropaganda by’ubutegetsi bwa DRC yo gukomeza kwihunza inshingano ku kuba bwarananiwe kugarura amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe bukomeye guha inkunga yaba iy’intwaro no gufatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ibi birego by’ibinyoma, ari umugambi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’igisirikare cy’iki Gihugu FARDC wo gutangiza ibitero ku butaka bw’u Rwanda gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF isohoye iri tangazo nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, FARDC yari yashyize irindi ryuzuyemo amakuru y’ikinyoma ko kuri uyu wa 27 Nyakanga saa tatu ingabo z’u Rwanda zohereje abasirikare ngo bajye gukomeza guhungabanya umutekano muri DRC.

Muri iri tangazo, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC yavugaga ko yabashije gusubiza inyuma izo ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo ryaje nyuma y’icyumweru kimwe FARDC nanone isohoye irindi tangazo ryamaganiwe kure na Guverinoma y’u Rwanda, ryavugaga ko FARDC ifite amakuru ko RDF iteganya kohereza ingabo muri Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yari yanyomoje ayo makuru y’ikinyoma, yihanangirije ubutegetsi bwa DRC ku bw’ibi bikorwa biri mu migambi yo gushaka urwitwazo rwo kuba FARDC ifatanyije na FDLR bashaka kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda.

U Rwanda kandi rwari rwibukije ko rwashyizeho ingamba zo gukumira ibikorwa byose bishobora kubaho mu mugambi wo kuvogera ubutaka n’ikirere byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

Next Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.