Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje amakuru y’ikinyoma yatangajwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyavuze ko RDF yagabye igitero-shuma muri iki Gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, RDF ivuga ko isubiza itangazo rigenewe itangazamakuru rya FARDC ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ryatangazaga amakuru y’ikinyoma ko RDF yagabye igitero shuma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri DRC.

RDF igira iti “Ibi birego ntibifite ishingiro kandi ni umwe mu migambi yo kuyobya uburari na poropaganda by’ubutegetsi bwa DRC yo gukomeza kwihunza inshingano ku kuba bwarananiwe kugarura amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe bukomeye guha inkunga yaba iy’intwaro no gufatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ibi birego by’ibinyoma, ari umugambi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’igisirikare cy’iki Gihugu FARDC wo gutangiza ibitero ku butaka bw’u Rwanda gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF isohoye iri tangazo nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, FARDC yari yashyize irindi ryuzuyemo amakuru y’ikinyoma ko kuri uyu wa 27 Nyakanga saa tatu ingabo z’u Rwanda zohereje abasirikare ngo bajye gukomeza guhungabanya umutekano muri DRC.

Muri iri tangazo, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC yavugaga ko yabashije gusubiza inyuma izo ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo ryaje nyuma y’icyumweru kimwe FARDC nanone isohoye irindi tangazo ryamaganiwe kure na Guverinoma y’u Rwanda, ryavugaga ko FARDC ifite amakuru ko RDF iteganya kohereza ingabo muri Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yari yanyomoje ayo makuru y’ikinyoma, yihanangirije ubutegetsi bwa DRC ku bw’ibi bikorwa biri mu migambi yo gushaka urwitwazo rwo kuba FARDC ifatanyije na FDLR bashaka kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda.

U Rwanda kandi rwari rwibukije ko rwashyizeho ingamba zo gukumira ibikorwa byose bishobora kubaho mu mugambi wo kuvogera ubutaka n’ikirere byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

Next Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.