Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamaganye kandi bunyomoza inkuru zishinja abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique ibirego by’ibinyoma birimo gufata ku ngufu abagore, bunagaragaza gihamya y’uko ibi birego bitigeze bibaho.

Itangazo rya RDF ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, rinyomoza amakuru yatangajwe mu nkuru zanditswe kuri uwo munsi zatambutse muri The New Humanitarian na Le Monde zanditswe na Barbara Debout.

Muri iri tangazo, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ibyo birego uko ari bitatu, bitigeze bibaho na busa.

Bukomeza buvuga kuri buri kirego, “nk’icyifatwa ku ngufu ryakorewe ‘Jeanne’ umucuruzi w’imbuto n’imboga, uvugwa mu nkuru ko yasambanyijwe ku ngufu n’Umusirikare w’u Rwanda uri mu butumwa bw’amahoro mu birindiro byabo i Bangui muri 2023.”

RDF igakomeza igira iti “Ibirindiro by’Ingabo z’ingabo z’u Rwanda muri CAR ntibishobora kwemerera umusivile utanditse udafite ubucuruzi buzwi kwinjira mu birindiro byazo, ku bw’iyo mpamvu rero, nta hohoterwa ryigeze rikorerwa umusivile ryigeze ribaho muri ibi birindiro.”

Naho ku mugore witwa ‘Grace’ w’imyaka 28 y’amavuko, na we bivugwa ko yafatiwe ku ngufu mu majyaruguru y’Umujyi wa Paoua, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bugira buti “Nta basirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bigeze boherezwa muri ako gace, rwose iki kirego nta shingiro gifite.”

Hari kandi ikindi kirego cy’ikinyoma kivuga ko hari abagore babiri basambanyirijwe mu gace ka Ndassima gaherereye mu bilometero 400 uvuye mu mujyi wa Bangui, RDF igira iti “Nta ngabo z’u Rwanda zaba ari izoherejwe ku masezerano y’Ibihugu byombi cyangwa iza MINUSCA [iziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye] zigeze zoherezwa muri aka gace, rero ntabwo ibyo bikorwa byigeze bibaho.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bukomeza buvuga ko budashobora kwihanganira na busa ihohoterwa rishingiye ku gitsinda rishobora gukorerwa abasivile rikozwe n’Ingabo ziri mu butumwa, ndetse ikirego cyose cyazamurwa kitabwaho cyane, ariko ko umwanditsi w’izi nkuru z’ibirego by’ibinyoma yashingiye ku bitekerezo byatanzwe n’abasivile bavuye mu byabo muri Bria, kandi ahubwo ko ihohoterwa rishingiye ku gitsinda ryabaga muri aka gace, ryarandutse kuva Ingabo z’u Rwanda zahagera.

Itangaro rya RDF rigakomeza rigira riti “Imyitwarire iboneye, indangagaciro no kwiyubaha by’ingabo z’u Rwanda, si ibyo gushidikanywaho.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kandi buvuga ko mu myaka 20 kuva Abasirikare b’u Rwanda batangira koherezwa mu butumwa bw’amahoro, bagaragaje imyitwarire y’ubunyangamugayo no kwiyubaha mu miryango migari babaga barimo, ndetse banakurikiza indangagaciro zo kurinda abasivile nk’inshingano zabo.

Abasirikare b’u Rwanda bamaze imyaka 10 bageze muri iki Gihugu cya Repubulika ya Centrafrique, kuko aba mbere bahageze muri 2014, bafashije iki Gihugu gusubira ku murongo, aho barwanyije umutwe wa Seleka washakaga guhirika ubutegetsi, ndetse bakaza kugarura amahoro mu bice byari byugarije n’imitwe yitwaje intwaro, ibintu bashimirwa n’ubuyobozi ndetse n’abaturage b’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Next Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.