Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamaganye kandi bunyomoza inkuru zishinja abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique ibirego by’ibinyoma birimo gufata ku ngufu abagore, bunagaragaza gihamya y’uko ibi birego bitigeze bibaho.

Itangazo rya RDF ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, rinyomoza amakuru yatangajwe mu nkuru zanditswe kuri uwo munsi zatambutse muri The New Humanitarian na Le Monde zanditswe na Barbara Debout.

Muri iri tangazo, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ibyo birego uko ari bitatu, bitigeze bibaho na busa.

Bukomeza buvuga kuri buri kirego, “nk’icyifatwa ku ngufu ryakorewe ‘Jeanne’ umucuruzi w’imbuto n’imboga, uvugwa mu nkuru ko yasambanyijwe ku ngufu n’Umusirikare w’u Rwanda uri mu butumwa bw’amahoro mu birindiro byabo i Bangui muri 2023.”

RDF igakomeza igira iti “Ibirindiro by’Ingabo z’ingabo z’u Rwanda muri CAR ntibishobora kwemerera umusivile utanditse udafite ubucuruzi buzwi kwinjira mu birindiro byazo, ku bw’iyo mpamvu rero, nta hohoterwa ryigeze rikorerwa umusivile ryigeze ribaho muri ibi birindiro.”

Naho ku mugore witwa ‘Grace’ w’imyaka 28 y’amavuko, na we bivugwa ko yafatiwe ku ngufu mu majyaruguru y’Umujyi wa Paoua, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bugira buti “Nta basirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bigeze boherezwa muri ako gace, rwose iki kirego nta shingiro gifite.”

Hari kandi ikindi kirego cy’ikinyoma kivuga ko hari abagore babiri basambanyirijwe mu gace ka Ndassima gaherereye mu bilometero 400 uvuye mu mujyi wa Bangui, RDF igira iti “Nta ngabo z’u Rwanda zaba ari izoherejwe ku masezerano y’Ibihugu byombi cyangwa iza MINUSCA [iziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye] zigeze zoherezwa muri aka gace, rero ntabwo ibyo bikorwa byigeze bibaho.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bukomeza buvuga ko budashobora kwihanganira na busa ihohoterwa rishingiye ku gitsinda rishobora gukorerwa abasivile rikozwe n’Ingabo ziri mu butumwa, ndetse ikirego cyose cyazamurwa kitabwaho cyane, ariko ko umwanditsi w’izi nkuru z’ibirego by’ibinyoma yashingiye ku bitekerezo byatanzwe n’abasivile bavuye mu byabo muri Bria, kandi ahubwo ko ihohoterwa rishingiye ku gitsinda ryabaga muri aka gace, ryarandutse kuva Ingabo z’u Rwanda zahagera.

Itangaro rya RDF rigakomeza rigira riti “Imyitwarire iboneye, indangagaciro no kwiyubaha by’ingabo z’u Rwanda, si ibyo gushidikanywaho.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kandi buvuga ko mu myaka 20 kuva Abasirikare b’u Rwanda batangira koherezwa mu butumwa bw’amahoro, bagaragaje imyitwarire y’ubunyangamugayo no kwiyubaha mu miryango migari babaga barimo, ndetse banakurikiza indangagaciro zo kurinda abasivile nk’inshingano zabo.

Abasirikare b’u Rwanda bamaze imyaka 10 bageze muri iki Gihugu cya Repubulika ya Centrafrique, kuko aba mbere bahageze muri 2014, bafashije iki Gihugu gusubira ku murongo, aho barwanyije umutwe wa Seleka washakaga guhirika ubutegetsi, ndetse bakaza kugarura amahoro mu bice byari byugarije n’imitwe yitwaje intwaro, ibintu bashimirwa n’ubuyobozi ndetse n’abaturage b’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Next Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Related Posts

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko
MU RWANDA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

29/07/2025
Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.