Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nama y’Umuryango w’Itsinda ry’ingabo zihora ziteguye gutabara mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF), Abagaba Bakuru bibukiranyije ko kugira ngo intego z’iri tsinda rigerweho, ari ukwimakaza ubufatanye muri uyu muryango, ndetse Umugaba Mukuru wa RDF, avuga ko Abakuriye Ingabo z’Ibihugu biwugize biteguye gukomeza gutanga umurongo uzafasha kuzamura ubushobozi bw’Ingabo.

Ni mu biganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, aho Abagaba bakuru b’Ingabo zihora ziteguye gutabara zo mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF) bifatanyije n’itsinda ry’inzobere mu nama ya 33 y’isuzumamikorere, iteraniye i Kigali, guhera tariki ya 16 kugeza kuya 21 Ukuboza 2024.

Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF bashimangiye ubwitange bwa buri gihugu bigendeye ku masezerano y’ibihugu bigize uyu muryango, banashima ibitekerezo byatanzwe n’itsinda ry’inzobere byavuye mu biganiro n’inama bo bamazemo iminsi itatu.

Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda; yashimye byimazeyo ubufatanye bukomeje kugaragara hagati y’ibihugu bigize uyu muryango bigamije kurinda, kwimakaza amahoro n’umutekano.

Agira ati “Dukwiriye gukomeza gukorera hamwe mu nzego za politiki, umutekano, iterambere, n’ibikorwa by’ubutabazi, twimakaza ubufatanye hagati y’ibihugu bigize uyu muryango, mu nzego z’ubukungu nkuko tubisabwa tukanabifashwamo n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo dutange umusanzu wacu ku mahoro n’umutekano.”

Minisitiri Marizamunda yakomeje ashishikariza ibihugu bigize uyu muryango wa EASF kunoza uburyo bwo gutabara, bityo bikabugira byiteguye no guhangana n’ibibazo bikomeje kwigaragaza, gukoresha neza umutungo mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere no ku mugabane hose.

Mu izina ry’Akanama k’Abagaba bakuru b’Ingabo muri EASF, General MK Mubarakh, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yavuze ko Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF biteguye gutanga inama n’umurongo ngenderwaho ukenewe kugira ngo hongerwe ubushobozi bw’Ingabo ngo zihore ziteguye gukora no kurinda umutekano.

Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, umuyobozi mukuru wa EASF, yashimiye cyane iri tsinda ry’inzobere n’abandi, ku nama, ibitekerezo batanze bizafasha cyane cyane kwitegura mu mikorere, kunoza no kwirinda amakimbirane.

Iyi nama nsuzumamikorere ya 33 ya EASF ihuriranye nuko uyu muryango urimo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ushinzwe, yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imyaka makumyabiri y’ubwitange, mu kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere.”

Uyu muryango ugizwe n’ibihugu icumi, ukaba ukorera mu mahame remezo by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Minisitiri w’Ingabo yafunguye ku mugaragaro iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’inzobere zo muri ibi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + three =

Previous Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza

Next Post

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.