Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nama y’Umuryango w’Itsinda ry’ingabo zihora ziteguye gutabara mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF), Abagaba Bakuru bibukiranyije ko kugira ngo intego z’iri tsinda rigerweho, ari ukwimakaza ubufatanye muri uyu muryango, ndetse Umugaba Mukuru wa RDF, avuga ko Abakuriye Ingabo z’Ibihugu biwugize biteguye gukomeza gutanga umurongo uzafasha kuzamura ubushobozi bw’Ingabo.

Ni mu biganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, aho Abagaba bakuru b’Ingabo zihora ziteguye gutabara zo mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF) bifatanyije n’itsinda ry’inzobere mu nama ya 33 y’isuzumamikorere, iteraniye i Kigali, guhera tariki ya 16 kugeza kuya 21 Ukuboza 2024.

Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF bashimangiye ubwitange bwa buri gihugu bigendeye ku masezerano y’ibihugu bigize uyu muryango, banashima ibitekerezo byatanzwe n’itsinda ry’inzobere byavuye mu biganiro n’inama bo bamazemo iminsi itatu.

Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda; yashimye byimazeyo ubufatanye bukomeje kugaragara hagati y’ibihugu bigize uyu muryango bigamije kurinda, kwimakaza amahoro n’umutekano.

Agira ati “Dukwiriye gukomeza gukorera hamwe mu nzego za politiki, umutekano, iterambere, n’ibikorwa by’ubutabazi, twimakaza ubufatanye hagati y’ibihugu bigize uyu muryango, mu nzego z’ubukungu nkuko tubisabwa tukanabifashwamo n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo dutange umusanzu wacu ku mahoro n’umutekano.”

Minisitiri Marizamunda yakomeje ashishikariza ibihugu bigize uyu muryango wa EASF kunoza uburyo bwo gutabara, bityo bikabugira byiteguye no guhangana n’ibibazo bikomeje kwigaragaza, gukoresha neza umutungo mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere no ku mugabane hose.

Mu izina ry’Akanama k’Abagaba bakuru b’Ingabo muri EASF, General MK Mubarakh, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yavuze ko Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF biteguye gutanga inama n’umurongo ngenderwaho ukenewe kugira ngo hongerwe ubushobozi bw’Ingabo ngo zihore ziteguye gukora no kurinda umutekano.

Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, umuyobozi mukuru wa EASF, yashimiye cyane iri tsinda ry’inzobere n’abandi, ku nama, ibitekerezo batanze bizafasha cyane cyane kwitegura mu mikorere, kunoza no kwirinda amakimbirane.

Iyi nama nsuzumamikorere ya 33 ya EASF ihuriranye nuko uyu muryango urimo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ushinzwe, yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imyaka makumyabiri y’ubwitange, mu kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere.”

Uyu muryango ugizwe n’ibihugu icumi, ukaba ukorera mu mahame remezo by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Minisitiri w’Ingabo yafunguye ku mugaragaro iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’inzobere zo muri ibi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza

Next Post

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.