Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nama y’Umuryango w’Itsinda ry’ingabo zihora ziteguye gutabara mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF), Abagaba Bakuru bibukiranyije ko kugira ngo intego z’iri tsinda rigerweho, ari ukwimakaza ubufatanye muri uyu muryango, ndetse Umugaba Mukuru wa RDF, avuga ko Abakuriye Ingabo z’Ibihugu biwugize biteguye gukomeza gutanga umurongo uzafasha kuzamura ubushobozi bw’Ingabo.

Ni mu biganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, aho Abagaba bakuru b’Ingabo zihora ziteguye gutabara zo mu Bihugu by’Iburasirazuba bwa Afurika (EASF) bifatanyije n’itsinda ry’inzobere mu nama ya 33 y’isuzumamikorere, iteraniye i Kigali, guhera tariki ya 16 kugeza kuya 21 Ukuboza 2024.

Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF bashimangiye ubwitange bwa buri gihugu bigendeye ku masezerano y’ibihugu bigize uyu muryango, banashima ibitekerezo byatanzwe n’itsinda ry’inzobere byavuye mu biganiro n’inama bo bamazemo iminsi itatu.

Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda; yashimye byimazeyo ubufatanye bukomeje kugaragara hagati y’ibihugu bigize uyu muryango bigamije kurinda, kwimakaza amahoro n’umutekano.

Agira ati “Dukwiriye gukomeza gukorera hamwe mu nzego za politiki, umutekano, iterambere, n’ibikorwa by’ubutabazi, twimakaza ubufatanye hagati y’ibihugu bigize uyu muryango, mu nzego z’ubukungu nkuko tubisabwa tukanabifashwamo n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo dutange umusanzu wacu ku mahoro n’umutekano.”

Minisitiri Marizamunda yakomeje ashishikariza ibihugu bigize uyu muryango wa EASF kunoza uburyo bwo gutabara, bityo bikabugira byiteguye no guhangana n’ibibazo bikomeje kwigaragaza, gukoresha neza umutungo mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere no ku mugabane hose.

Mu izina ry’Akanama k’Abagaba bakuru b’Ingabo muri EASF, General MK Mubarakh, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yavuze ko Abagaba bakuru b’Ingabo za EASF biteguye gutanga inama n’umurongo ngenderwaho ukenewe kugira ngo hongerwe ubushobozi bw’Ingabo ngo zihore ziteguye gukora no kurinda umutekano.

Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, umuyobozi mukuru wa EASF, yashimiye cyane iri tsinda ry’inzobere n’abandi, ku nama, ibitekerezo batanze bizafasha cyane cyane kwitegura mu mikorere, kunoza no kwirinda amakimbirane.

Iyi nama nsuzumamikorere ya 33 ya EASF ihuriranye nuko uyu muryango urimo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ushinzwe, yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imyaka makumyabiri y’ubwitange, mu kwimakaza amahoro n’umutekano mu karere.”

Uyu muryango ugizwe n’ibihugu icumi, ukaba ukorera mu mahame remezo by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Minisitiri w’Ingabo yafunguye ku mugaragaro iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’inzobere zo muri ibi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − seven =

Previous Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza

Next Post

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.