Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

radiotv10by radiotv10
10/05/2024
in MU RWANDA
0
RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 195 mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo n’amahugurwa yo gutwara ibinyabiziga ndetse no gucunga umutekano wo mu muhanda, mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga, wabageneye ubutumwa.

Amasomo bari bamazemo amezi arindwi, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, aho yatangirwaga mu Kigo cya Gisirikare cya Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

Muri aya mezi arindwi, aba bashoferi bashya ba gisirikare, bahawe ubumenyi mu gutwara ibinyabiziga mu buryo butabangamira umutekano, ndetse n’amasomo ajyanye no gucunga umutekano wo mu muhanda.

Aba bashoferi bashya b’igisirikare cy’u Rwanda, banahawe kandi amasomo ya tekiniki zo gutwara imodoka za rutura mu bikorwa bya gisirikare bitandukanye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwamda, General Mubarakh Muganda wayoboye umuhango w’isoza ry’aya masomo, yashimiye aba bashoferi bashya ba RDF kuba bateye iyi ntambwe ishimishije.

Yavuze ko mu bikorwa bya RDF ikenera abantu bafite ubumenyi bwo gutwara ibinyabiziga by’ubwoko butandukanye, bityo ko aba baje bakenewe.

General Muganga yasabye aba bashoferi bashya ba RDF kuzarangwa n’imyitwarire iboneye ndetse no gukora kinyamwuga, by’umwihariko abasaba kuzirinda kunywa ibisindisha nka kimwe mu bisanzwe bitera impanuka zo mu muhanda.

General Mubarakh Muganga yasabye aba bashoferi kuzarangwa na disipuline
Uyu muhango warimo n’abandi bo mu nzego z’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fourteen =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga

Next Post

Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Related Posts

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.