Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

radiotv10by radiotv10
10/05/2024
in MU RWANDA
0
RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 195 mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo n’amahugurwa yo gutwara ibinyabiziga ndetse no gucunga umutekano wo mu muhanda, mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga, wabageneye ubutumwa.

Amasomo bari bamazemo amezi arindwi, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, aho yatangirwaga mu Kigo cya Gisirikare cya Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

Muri aya mezi arindwi, aba bashoferi bashya ba gisirikare, bahawe ubumenyi mu gutwara ibinyabiziga mu buryo butabangamira umutekano, ndetse n’amasomo ajyanye no gucunga umutekano wo mu muhanda.

Aba bashoferi bashya b’igisirikare cy’u Rwanda, banahawe kandi amasomo ya tekiniki zo gutwara imodoka za rutura mu bikorwa bya gisirikare bitandukanye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwamda, General Mubarakh Muganda wayoboye umuhango w’isoza ry’aya masomo, yashimiye aba bashoferi bashya ba RDF kuba bateye iyi ntambwe ishimishije.

Yavuze ko mu bikorwa bya RDF ikenera abantu bafite ubumenyi bwo gutwara ibinyabiziga by’ubwoko butandukanye, bityo ko aba baje bakenewe.

General Muganga yasabye aba bashoferi bashya ba RDF kuzarangwa n’imyitwarire iboneye ndetse no gukora kinyamwuga, by’umwihariko abasaba kuzirinda kunywa ibisindisha nka kimwe mu bisanzwe bitera impanuka zo mu muhanda.

General Mubarakh Muganga yasabye aba bashoferi kuzarangwa na disipuline
Uyu muhango warimo n’abandi bo mu nzego z’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + fourteen =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga

Next Post

Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Umuraperi ugezweho ku Isi yatangiye kungukira mu matiku afitanye na mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.