Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA
0
RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyafashwe muri Mutarama 2021 ubwo hari urubyiruko rwafatwaga rwarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruraburira abafite inzu zikodeshwa by’igihe gito zigakorerwamo ibirori bizwi nka ‘House Party’, kubyitondera nyuma yuko hari urubyiruko ruherutse kubikora bikarangira bahakoreye ibyaha, ubu babaka bakurikiranyweho ibirimo iyicarubozo.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga havuzwe umwe mu rubyiruko wahohotewe na bagenzi be, bari bagiye muri ibi birori bya ‘House Party’, aho byabereye mu Mudugudu w’Akindege mu Kagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.

Ubu hafunzwe abasore n’inkumi umunani, bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 19 na 24, aho bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo iyicarubozo no kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.

Ibi byaha byakozwe, ubwo uru rubyiruko rwajyaga gukodesha inzu iherereye muri aka gace, rugiye kwinezerezayo, bakaza gukeka mugenzi wabo ko yabibye, bakamukubita bikomeye.

Nyuma y’ibi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, yagiriye inama abafite inzu bakodesha zigakorerwamo ibirori nk’ibi bya ‘House Party’, kubyitondera, dore ko ari no mu gihe cy’iminsi mikuru, ubu ibi birori bigiye kwiyongera.

Yagize ati “Barasabwa kwitondera no guhagarika gukodesha urubyiruko inzu ngo bakoreramo ibirori bimwe bizwi nka ‘house party’, kuko usanga bitiza umurindi imikorere y’ibyaha, birimo gusambanya abana, kunywa ibiyobyabwenge, guha ibisindisha abakobwa n’abahungu barangiza bakabasambanya ku gahato, kurwana, ubujura n’ibindi bikorwa by’ubwomanzi no kubangamira ituze rusange rya rubanda.”

Dr Murangira yibukije abafite izi nzu, ko na bo bari mu muryango nyarwanda mugari, bityo ko bakwiye kugira inshingano zo gufasha Igihugu kurinda urubyiruko ingeso nk’izi n’ibibazo nk’ibi bibugaruje.

Ati “Bafite inshingano ku Gihugu zo kurinda urubyiruko no kwirinda kubatiza umurindi wo gukora ibyaha biciye mu kubatiza cyangwa kubakodesha inzu.”

Ni kenshi hakunze kuvugwa ko mu birori nk’ibi bya ‘House Party’ hakorerwamo ibikorwa bidakwiye, by’umwihariko ubusambanyi n’ubusinzi, bikorwa n’abiganjemo urubyiruko, aho rumwe ruvuga ko bajyayo bazi ko bagiye kwinezeza bisanzwe, ariko bikarangira bisanze muri izi ngeso bahatirwa na bagenzi babo, ku buryo hari n’abashobora kuhakura ingaruka zikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Next Post

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.