Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA
0
RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyafashwe muri Mutarama 2021 ubwo hari urubyiruko rwafatwaga rwarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruraburira abafite inzu zikodeshwa by’igihe gito zigakorerwamo ibirori bizwi nka ‘House Party’, kubyitondera nyuma yuko hari urubyiruko ruherutse kubikora bikarangira bahakoreye ibyaha, ubu babaka bakurikiranyweho ibirimo iyicarubozo.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga havuzwe umwe mu rubyiruko wahohotewe na bagenzi be, bari bagiye muri ibi birori bya ‘House Party’, aho byabereye mu Mudugudu w’Akindege mu Kagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.

Ubu hafunzwe abasore n’inkumi umunani, bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 19 na 24, aho bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo iyicarubozo no kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.

Ibi byaha byakozwe, ubwo uru rubyiruko rwajyaga gukodesha inzu iherereye muri aka gace, rugiye kwinezerezayo, bakaza gukeka mugenzi wabo ko yabibye, bakamukubita bikomeye.

Nyuma y’ibi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, yagiriye inama abafite inzu bakodesha zigakorerwamo ibirori nk’ibi bya ‘House Party’, kubyitondera, dore ko ari no mu gihe cy’iminsi mikuru, ubu ibi birori bigiye kwiyongera.

Yagize ati “Barasabwa kwitondera no guhagarika gukodesha urubyiruko inzu ngo bakoreramo ibirori bimwe bizwi nka ‘house party’, kuko usanga bitiza umurindi imikorere y’ibyaha, birimo gusambanya abana, kunywa ibiyobyabwenge, guha ibisindisha abakobwa n’abahungu barangiza bakabasambanya ku gahato, kurwana, ubujura n’ibindi bikorwa by’ubwomanzi no kubangamira ituze rusange rya rubanda.”

Dr Murangira yibukije abafite izi nzu, ko na bo bari mu muryango nyarwanda mugari, bityo ko bakwiye kugira inshingano zo gufasha Igihugu kurinda urubyiruko ingeso nk’izi n’ibibazo nk’ibi bibugaruje.

Ati “Bafite inshingano ku Gihugu zo kurinda urubyiruko no kwirinda kubatiza umurindi wo gukora ibyaha biciye mu kubatiza cyangwa kubakodesha inzu.”

Ni kenshi hakunze kuvugwa ko mu birori nk’ibi bya ‘House Party’ hakorerwamo ibikorwa bidakwiye, by’umwihariko ubusambanyi n’ubusinzi, bikorwa n’abiganjemo urubyiruko, aho rumwe ruvuga ko bajyayo bazi ko bagiye kwinezeza bisanzwe, ariko bikarangira bisanze muri izi ngeso bahatirwa na bagenzi babo, ku buryo hari n’abashobora kuhakura ingaruka zikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nine =

Previous Post

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Next Post

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.