Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi ku cyatumye afungwa kugira ngo bitabangamira iperereza.
Eric Semuhungu yatawe muri yombi hirya y’ejo hashize tariki 09 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimironko mu Mujyi wa Kigali.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje ifungwa ry’uyu uzwi mu by’imyidagaduro, ariko avuga ko nta byinshi yatangaza ku mpamvu yatumye afungwa.
Dr Murangira yabwiye Ikinyamakuru cyitwa Igihe ati “Ni byo koko Eric Semuhungu yarafashwe, icyakora kugira ngo bitabangamira iperereza, nta byinshi twatangaza.”
Umuvugizi wa RIB avuga ko uru rwego ruri gukora iperereza, kandi ko ibizava mu ry’ibanze ari byo bizatangarizwa itangazamakuru, ariko muri aka kanya ntacyatangazwa kugira ngo iperereza rikomeze rikorwe ritabangamiwe.
Eric Semuhungu amaze imyaka ibiri yoherejwe mu Rwanda akuwe muri Leta Zunze Ubumwe za America yari atuye, aho na bwo yoherejwe kubera ibyaha yari yarahamijwe.
Semuhungu wageze mu Rwanda muri 2024, muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bivugwa ko bahuje igitsina.
Azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, asusurutsa abantu mu buryo butavugwaho, ndetse akaba ari no mu bakora akazi ko kunezeza no gukurura abakiriya mu tubari ibizwi nka ‘Hosting’.
RADIOTV10











