Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse ubwo hakorwaga umuhanda Pfunda-Gisiza-Karongi, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko atari bwo bwishyura ariko ko dosiye zabo zohererejwe ikigo kibishinzwe.

Aba baturage bo mu Murenge wa Nyamyumva barimo abangirijwe imyaka irimo urutoki n’amashyamba, bavuga ko bari babariwe ingurane y’amafaranga bazishyurwa, ariko bagategereza bagaheba.

Bavuga ko bakunze gusiragira ku Karere kubaza aho ubwishyu bwabo bugeze, bagasabwa gutegereza, none amaso yaheze mu kirere ari nako batahwemye guhura n’ingaruka mu miryango yabo.

Mushabizi wo mu Mudugudu wa Mutende,A kagari ka Burushya yagize ati “Mu mwaka wa 2023 banyangirije urutoki, ishyamba, barambarira ndanasinya ariko kugeza n’ubu nirirwa nsiragira ku Karere bakambwira gutegereza kandi nyamara inzara irenda kutwica kuko ni ho twakuraga ibyo kurya, amafaranga yo kwishyurira abana ishuri none ubu barabirukanye turi kumwe na bo mu rugo.”

Nyiracabugufi Catherine wo mu Kagari ka Kinigi na we yagize at “Twirirwa ku Karere buri munsi uwitwa Noella Teta akatubwira ngo tuzagaruke igihe iki n’iki, twagerayo akongera gutyo, ubwo duherukayo yari yatubwiye mu kwezi kwa cyenda none reba tugeze mu kwa cumi ntacyo aratubwira ngo i Kigali ntibaramusubiza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ibibazo byo gutinda kwishyurwa kw’abaturage nk’ibi biterwa no kuba mu gihe cyo kubarurirwa hari abatari bafite ibyangombwa bisabwa.

Yagize ati “Hari amadosiye maze iminsi nsinya kuko Njyanama yari yabitwemereye, rwose hari ayoherejwe muri RTDA kuko ntabwo ari twe twishyura.”

Abaturage 186 nibo bataka kumara imyaka ibiri biruka ku ngurane z’imitungo yabo yangijwe kandi bagasiragizwa n’abakabaye babafasha ahubwo bagahora babarerega.

Aba baturage basaba kwishyurwa ingurane y’ibyabo byangijwe kuko bayitegereje igihe kinini

Bavuga imibereho yabaye mibi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 19 =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.