Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

radiotv10by radiotv10
16/07/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rya Kanembwe II mu Murenge wa Rubavu, bagiye gufata indangamanota zabo, aho kuzibaha, ubuyobozi bw’ishuri bubaheza inyuma y’ikigo ngo kuko batishyuye amafaranga y’amafunguro.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022, ubwo abanyeshuri basozaga igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 mu Karere ka Rubavu, yageze kuri GS Kanembwe II, asanga hari akaduruvayo katerwaga n’abanyeshuri bari bahejejwe inyuma y’ikigo cy’ishuri, bari gukubita urugi rwo ku marembo magari ngo babafungurire mu gihe hari n’aburiraga igipangu kugira ngo babone uko binjira.

Aba bana bafungiranywe mu kigo cy’ishuri n’ubuyobozi bwaryo bwababwiraga ko bagomba kubanza amafaranga baburimo y’amafunguro bafatira ku ishuri.

Umuyobozi w’iri shuri avuga ko bafashe iki cyemezo cyo guheza aba bana inyuma y’ishuri kugira ngo basubire iwabo bazane ayo mafaranga cyangwa ababyeyi babo.

Avuga ko babyeyi bamwe batarumva neza ko ari inshingano zabo kwishyura aya mafaranga.

Ati “Usanga nk’abashobora kuba bishyuye ari nka 30%, urumva ko biracyari hasi cyane, ubwo rero twagira ngo ababyeyi baze nibura akatubwira ngo ‘njyewe ngiye gufata

Ni igikorwa cyanenzwe na bamwe mu babyeyi barerera muri iri shuri bavuze ko abana batari bakwiye gukorerwa iki gikorwa kuko ari ukubima uburenganzira bwabo.

Umwe ati “Bari kwanga guha abana indangamanota ngo babanze bishyure amafaranga yose, ubwo ni yo mpamvu abana bari hano hanze. Urabona ko abana hano barindagiye, ntabwo ari byiza.”

Aba babyeyi barimo n’abasanzwe bari mu byiciro by’abatishoboye, bavuga ko ubuyobozi bw’ishuri bwafashe icyemezo kidakwiye kuko bwari kureka abana bakinjira bagahabwa indangamanota zabo wenda bakazishyura imyenda barimo umwaka utaha.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yabwiye RADIOTV10 ko ibyakozwe n’uyu muyobozi ari amakosa bagomba gukurikirana.

Ati “Ntabwo byemewe gufungirana umwana, ntabwo bibaho, twareba icyo kibazo tukareba icyaba cyabaye ariko ikihutirwa ni ukugira ngo habe ibiganiro hagati y’ababyeyi n’ikigo kugira ngo gikomeze gikore neza. Ntabwo umwana utishyuye umufungirana.”

Gusa Kambogo asaba ababyeyi kwikubita agashyi bakumva ko ifunguro umwana afatira ku ishuri na bo bagomba kugira uruhare mu kuboneka kwaryo.

Minisiteri y’Uburezi yakunze kuvuga ko nta mwana wirukanwa kuko yabuze amafaranga y’ifunguro ryo ku Ishuri, ikagira inama ababyeyi badashobora kubona amafaranga kujya batanga iryo funguro cyangwa bakaba bakorera ishuri imirimo yasimbura agaciro karyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Next Post

Abarimo General basezerewe mu ngabo bizeza RDF gukomeza kuba abagize umuryango wayo

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo General basezerewe mu ngabo bizeza RDF gukomeza kuba abagize umuryango wayo

Abarimo General basezerewe mu ngabo bizeza RDF gukomeza kuba abagize umuryango wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.