Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa

radiotv10by radiotv10
04/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara ibintu ku magare bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batumva uko bacibwa amande yo kubangamira urujya n’uruza mu mihanda y’ibitaka isanzwe inyuramo ibinyabiziga bicye, bakavuga ko hari icyo babone kibyihishe inyuma.

Aba banyonzi bavuga ko barembejwe n’amande bacibwa ngo batwaye imizigo minini cyangwa idahagaritse, mu gihe baba bari mu mihanda y’ibitaka.

Bavuga kandi ko imizigo batwara baba bayishoboye nk’uko amabwiriza bahawe ngo abibasaba naho guhagarika imizigo muri bene iyo mihanda y’ibitaka ngo ahubwo ni byo bishobora kubateza impanuka, bakavuga ko ahubwo babona ari nk’uburyo ababikora bakoresha bwo gushaka kubirukana mu muhanda kubera inyungu zabo bwite.

Bavuga ko iyo babafatiye muri aya makosa, babaca amande utayabonye igare rye bakarijyana bakarifunga mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ariko ko hari bamwe bakoresha amanyanga kugira ngo bayasubizwe.

Umwe ati “Wabona utarabyihanganira ukanyura mu za panya ukanyura nko ku nshuti zawe ukongeraho utundi duceri kugira ngo ubone iryo gare. Nyine ureba nka munywanyi wawe, mbese ntavuze byinshi njyewe bararinyatse mbonye ibyumweru bibiri ari byinshi kandi ndi kurera indahekana, ninjirira umuntu ahita areba umupolisi ahita arimpesha ubwo bigenda ari ibihumbi makumyabiri (20 000 Frw).”

Undi ati “Ni abapolisi ba Busasamana gusa babikora nta bandi babikora. Baratujengereje mbese twarumiwe ni ubusambo bukomeye cyane.”

Hakizimana Bernard uyobora Ihuriro ry’abatwara amagare mu Karere ka Ruvavu, avuga ko batigeze batanga amabwiriza yo gutwara imizigo ihagaritse muri bene iyo mihanda ndetse ko batari bakamenye icyo kibazo ariko ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo gikemurwe.

Ati “N’ababa babahana ntabwo tuzi abo ari bo kuko ntabwo byemewe kuko ahubwo bahagaritse ari mu gitaka bakora impanuka. Icyo turi bukore nta kindi ni ukuzamuka tukajyayo kuko turiho ku bw’inyungu z’abo duhagarariye tubereye abayobozi.”

Uyu muyobozi w’Abanyonzi, avuga ko nubwo bamwe mu batwara imizigo bagaragaza ko bagomba gutwara imizigo bashoboye, ariko ibiro ntarengwa byemerewe igare bitagomba kurenza 100 mu gihe bamwe mu batwara amagare bo batabikozwa bakavuga ko ibyo bilo ari bike cyane.

Bavuga ko na bo baba bashaka imibereho bituo ko badakwiye kuburabuzwa

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 2

  1. NIYOMURENGEZI Jehovanise says:
    2 years ago

    Hello ibyo nugushaka kababangamira kuko akazi karabuze naho gasigariye barigushaka uko bakicusha abaturage inzara kdi kuva kare kose babikora ntacyo byari bitwaye ntanumuturage bibangamiye usibye gahunda yo kwicisha abaturage inzara ntakosa ririmo rwose gutwara Imizigo kwigare 🤷

    Reply
  2. Habimfura Alexis says:
    2 years ago

    Nahano Kirehe ku’murenge wa Nyamugari aba police baho baratuzengereje urahaca sa 18:00 zitaranarengaho n’umunota n’umwe bakaba baragufashe ngo urigutwara Igare n’ijoro Amande akaba akuvuyemo kd mubyukuri murabiziko na sa 18:30 haba hakibona mukwiye kudukorera ubuvugizi kuko aka n’akarenga ubanza iyi Leta yacu idashaka ko tubaho none ko mbona ibintu byose byabaye icyaha tuzakora iki?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 14 =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Next Post

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.