Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa

radiotv10by radiotv10
04/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara ibintu ku magare bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batumva uko bacibwa amande yo kubangamira urujya n’uruza mu mihanda y’ibitaka isanzwe inyuramo ibinyabiziga bicye, bakavuga ko hari icyo babone kibyihishe inyuma.

Aba banyonzi bavuga ko barembejwe n’amande bacibwa ngo batwaye imizigo minini cyangwa idahagaritse, mu gihe baba bari mu mihanda y’ibitaka.

Bavuga kandi ko imizigo batwara baba bayishoboye nk’uko amabwiriza bahawe ngo abibasaba naho guhagarika imizigo muri bene iyo mihanda y’ibitaka ngo ahubwo ni byo bishobora kubateza impanuka, bakavuga ko ahubwo babona ari nk’uburyo ababikora bakoresha bwo gushaka kubirukana mu muhanda kubera inyungu zabo bwite.

Bavuga ko iyo babafatiye muri aya makosa, babaca amande utayabonye igare rye bakarijyana bakarifunga mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ariko ko hari bamwe bakoresha amanyanga kugira ngo bayasubizwe.

Umwe ati “Wabona utarabyihanganira ukanyura mu za panya ukanyura nko ku nshuti zawe ukongeraho utundi duceri kugira ngo ubone iryo gare. Nyine ureba nka munywanyi wawe, mbese ntavuze byinshi njyewe bararinyatse mbonye ibyumweru bibiri ari byinshi kandi ndi kurera indahekana, ninjirira umuntu ahita areba umupolisi ahita arimpesha ubwo bigenda ari ibihumbi makumyabiri (20 000 Frw).”

Undi ati “Ni abapolisi ba Busasamana gusa babikora nta bandi babikora. Baratujengereje mbese twarumiwe ni ubusambo bukomeye cyane.”

Hakizimana Bernard uyobora Ihuriro ry’abatwara amagare mu Karere ka Ruvavu, avuga ko batigeze batanga amabwiriza yo gutwara imizigo ihagaritse muri bene iyo mihanda ndetse ko batari bakamenye icyo kibazo ariko ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo gikemurwe.

Ati “N’ababa babahana ntabwo tuzi abo ari bo kuko ntabwo byemewe kuko ahubwo bahagaritse ari mu gitaka bakora impanuka. Icyo turi bukore nta kindi ni ukuzamuka tukajyayo kuko turiho ku bw’inyungu z’abo duhagarariye tubereye abayobozi.”

Uyu muyobozi w’Abanyonzi, avuga ko nubwo bamwe mu batwara imizigo bagaragaza ko bagomba gutwara imizigo bashoboye, ariko ibiro ntarengwa byemerewe igare bitagomba kurenza 100 mu gihe bamwe mu batwara amagare bo batabikozwa bakavuga ko ibyo bilo ari bike cyane.

Bavuga ko na bo baba bashaka imibereho bituo ko badakwiye kuburabuzwa

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 2

  1. NIYOMURENGEZI Jehovanise says:
    2 years ago

    Hello ibyo nugushaka kababangamira kuko akazi karabuze naho gasigariye barigushaka uko bakicusha abaturage inzara kdi kuva kare kose babikora ntacyo byari bitwaye ntanumuturage bibangamiye usibye gahunda yo kwicisha abaturage inzara ntakosa ririmo rwose gutwara Imizigo kwigare 🤷

    Reply
  2. Habimfura Alexis says:
    2 years ago

    Nahano Kirehe ku’murenge wa Nyamugari aba police baho baratuzengereje urahaca sa 18:00 zitaranarengaho n’umunota n’umwe bakaba baragufashe ngo urigutwara Igare n’ijoro Amande akaba akuvuyemo kd mubyukuri murabiziko na sa 18:30 haba hakibona mukwiye kudukorera ubuvugizi kuko aka n’akarenga ubanza iyi Leta yacu idashaka ko tubaho none ko mbona ibintu byose byabaye icyaha tuzakora iki?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Next Post

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Related Posts

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.