Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa

radiotv10by radiotv10
04/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Rubavu: Abanyonzi bavuze icyo babona cyihishe inyuma ibyo bahanirwa bo batabona nk’amakosa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara ibintu ku magare bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batumva uko bacibwa amande yo kubangamira urujya n’uruza mu mihanda y’ibitaka isanzwe inyuramo ibinyabiziga bicye, bakavuga ko hari icyo babone kibyihishe inyuma.

Aba banyonzi bavuga ko barembejwe n’amande bacibwa ngo batwaye imizigo minini cyangwa idahagaritse, mu gihe baba bari mu mihanda y’ibitaka.

Bavuga kandi ko imizigo batwara baba bayishoboye nk’uko amabwiriza bahawe ngo abibasaba naho guhagarika imizigo muri bene iyo mihanda y’ibitaka ngo ahubwo ni byo bishobora kubateza impanuka, bakavuga ko ahubwo babona ari nk’uburyo ababikora bakoresha bwo gushaka kubirukana mu muhanda kubera inyungu zabo bwite.

Bavuga ko iyo babafatiye muri aya makosa, babaca amande utayabonye igare rye bakarijyana bakarifunga mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ariko ko hari bamwe bakoresha amanyanga kugira ngo bayasubizwe.

Umwe ati “Wabona utarabyihanganira ukanyura mu za panya ukanyura nko ku nshuti zawe ukongeraho utundi duceri kugira ngo ubone iryo gare. Nyine ureba nka munywanyi wawe, mbese ntavuze byinshi njyewe bararinyatse mbonye ibyumweru bibiri ari byinshi kandi ndi kurera indahekana, ninjirira umuntu ahita areba umupolisi ahita arimpesha ubwo bigenda ari ibihumbi makumyabiri (20 000 Frw).”

Undi ati “Ni abapolisi ba Busasamana gusa babikora nta bandi babikora. Baratujengereje mbese twarumiwe ni ubusambo bukomeye cyane.”

Hakizimana Bernard uyobora Ihuriro ry’abatwara amagare mu Karere ka Ruvavu, avuga ko batigeze batanga amabwiriza yo gutwara imizigo ihagaritse muri bene iyo mihanda ndetse ko batari bakamenye icyo kibazo ariko ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo gikemurwe.

Ati “N’ababa babahana ntabwo tuzi abo ari bo kuko ntabwo byemewe kuko ahubwo bahagaritse ari mu gitaka bakora impanuka. Icyo turi bukore nta kindi ni ukuzamuka tukajyayo kuko turiho ku bw’inyungu z’abo duhagarariye tubereye abayobozi.”

Uyu muyobozi w’Abanyonzi, avuga ko nubwo bamwe mu batwara imizigo bagaragaza ko bagomba gutwara imizigo bashoboye, ariko ibiro ntarengwa byemerewe igare bitagomba kurenza 100 mu gihe bamwe mu batwara amagare bo batabikozwa bakavuga ko ibyo bilo ari bike cyane.

Bavuga ko na bo baba bashaka imibereho bituo ko badakwiye kuburabuzwa

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 2

  1. NIYOMURENGEZI Jehovanise says:
    2 years ago

    Hello ibyo nugushaka kababangamira kuko akazi karabuze naho gasigariye barigushaka uko bakicusha abaturage inzara kdi kuva kare kose babikora ntacyo byari bitwaye ntanumuturage bibangamiye usibye gahunda yo kwicisha abaturage inzara ntakosa ririmo rwose gutwara Imizigo kwigare 🤷

    Reply
  2. Habimfura Alexis says:
    2 years ago

    Nahano Kirehe ku’murenge wa Nyamugari aba police baho baratuzengereje urahaca sa 18:00 zitaranarengaho n’umunota n’umwe bakaba baragufashe ngo urigutwara Igare n’ijoro Amande akaba akuvuyemo kd mubyukuri murabiziko na sa 18:30 haba hakibona mukwiye kudukorera ubuvugizi kuko aka n’akarenga ubanza iyi Leta yacu idashaka ko tubaho none ko mbona ibintu byose byabaye icyaha tuzakora iki?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Next Post

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Kenya: Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko inyamaswa nyinshi muri Pariki ikomeye zahitanywe n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.