Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Babwiwe ko ibyo bacuruza bitera umwanda bakora ikintu kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Babwiwe ko ibyo bacuruza bitera umwanda bakora ikintu kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi b’imbuto mu isoko rya Rugerero riherereye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragaza agahinda batewe no kwangirwa kuzipakurura ngo bazicuruze bababwira ko zitera umwanda.

Aba bacuruzi bari babukereye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022, bagiye gushaka imibereho nkuko bisanzwe, batunguwe no kwangirwa gupakurura ibicuruzwa byabo.

Umwe muri aba bacuruzi usanzwe acuruza imyembe, aganira na RADIOTV10, yagize ati “Gitifu wacu w’uyu Murenge wa Rugerero yanze ko dupakurura ngo imyembe yacu itera umwanda, ngo igira gute, ngo abantu ntibagira inzira…”
Uyu mucuruzi avuga ko ikibabaje ari uko baje gucururiza ibi bicuruzwa byabo hano boherejwe n’ubuyobozi bw’Akarere, none ubuyobozi buri munsi yabwo butangiye kubaburabuza. Ati “Nk’Akarere katwohereje hano nikabikemure kagira aho katwerekeza.”

Aba bacuruzi bavuga ko bari kubwirwa ko bagomba kujya gucururiza ahitwa muri Bikoro batanazi, bavuga ko aho bari koherezwa batabona abakiliya.

Undi mucuruzi ati “Ndi kumva abahazi bavuga ngo ni ahantu haba abashumba, ngo ni mu mabuye, nta modoka yahamanuka ngo ihazamuke.”

Bavuga ko iki cyemezo bafatiwe cyahise kibagusha mu gihombo nyamara basanzwe bafite imiryango batunze, kandi ko ntahandi bakura amikoro atari muri ubu bucuruzi bwabo, bityo ko ubuyobozi bukwiye kugira icyo bukora.

Uyu mucuruzi yakomeje agira ati “Iyi myembe yacu ubuyobozi buratwishyura kuko imyembe yacu icuruzwa mu gitondo, ubu yakagombye kuba irangiye. Ubwo rero ubuyobozi bugomba kutwishyura kuko ntakindi kintu turi bukoreshe.”

Aba bacuruzi bavuga ko ubuyobozi bukwiye kubakemurira ikibazo mu maguru mashya kuko bitabaye ibyo na bo baraba babayeho badafite umutekano.

Evariste Nzabahimana uyobora Umurenge wa Rugerero, yemeye ko aba bacuruzi babujijwe gucururiza iyi myembe muri iri soko rya Rugerero ngo kuko iteza umwanda.

Yagize ati “Ntabwo ari ahantu hakwiriye ku buryo bahacururiza imbuto abantu barya, byahateje umwanda munini, hari irindi soko twabateguriye rya Bikoro riteguye ku buryo ubwo bucuruzi bwahabera, niho rero twabohereje gukorera.”

Yahakanye ibivugw ako aho hoherejwe aba bacuruzi hadakwiye, avuga ko ari imihini mishya itera amabavu kuko aba bacuruzi batahamenyereye ariko ko nibahamenyera bazahishimira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jérôme says:
    3 years ago

    None aho Bikoro ho niho hakenewe umwanda?Ahubwo hari ibicuruzwa bishobora gutera umwanda niyo mpamvu ingufu ari kugirira isuku iyo myembe.Kuruta kuyohereza ahandi

    Reply

Leave a Reply to Jérôme Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Next Post

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

by radiotv10
12/03/2026
0

The National Bank of Rwanda and the Central Bank of Kenya have signed a new agreement aimed at making it...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
12/03/2026
0

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.