Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bajya gusezerana imbere y’amategeko cyangwa kwaka ibyangombwa, bagasanga mu irangamimerere banditswe nk’abasezeranye kandi batarigeze bakora ku ibendera ry’Igihugu, bamwe bakavuga ko basanga barasezeranye n’abo batanazi.

Aba baturage kandi bavuga ko, hari n’abajya gushaka ibyangombwa bitandukanye mu buyobozi bw’Umurenge wabo wa Nyakiriba, ariko bagasanga bafite ibibazo bitandukanye.

Umubyeyi uvuga ko asanzwe abana n’umugabo we batarasezerana, yavuze ko yagiye gushaka ibyangombwa kugira ngo bazasezerane, ariko amakuru basanze mu irangamimerere ryabo, ahabanye n’ukuri.

Ati “Barebye mu irangamimerere badusabye ibyemezo by’ingaragu basanga twarashyingiwe kandi ntarigeze nshyingirwa.”

Aba baturage bahuye n’ibi bibazo, bagaragaza ko ayo makosa atuma basiragira mu nzego zitandukanye ariko bakabura ubafasha.

Undi ati “Nagiye kureba abana njye n’umugabo wanjye, bambwira ko abana batari mu irangamimerere kandi umwana wa mbere afite 17 ageze igihe cyo gufata irangamuntu, nagiye mu gitabo barambwira ngo ntawe urimo rero ni ikibazo dufite muri uyu Murenge wa Nyakiriba kuko n’umuntu ajyayo n’ubundi bakamubwira ngo uzagaruke, ugasubirayo ngo uzagaruke.”

Undi ati “Ibyo bibazo biraduhangayikishije, ngo wasezeranye na Nyiramagori w’i Karongi kandi simuzi! Nzamukura he? Ngo ujye gutanga ikirego mu rukiko uzarega umuntu utazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko buri gutegura komite yo gufasha abantu bafite ibibazo nk’ibi kugira ngo ijye mu Mirenge yose ibikemure.

Ati “Ni ikibazo gifite ishingiro n’uwo Murenge wa Nyakiriba njyewe ubwanjye narakiboneye nagiye mu nteko y’abaturage bakingezaho, nyuma yaho twaraje turisuzuma dusanga imbaraga ziri gukoreshwa zidahagije ugereranyije n’ibibazo biri ahantu hihariye, hari komite tuzashyiraho izajya igenda yumve ikibazo ijye inama hagati yabo, hanyuma batange umwanzuro ushyirwe mu bikorwa kuko iyo komite iteganywa n’amabwiriza, ni komite ishobora gukemura ibibazo by’irangamimerere mu buryo bworoshye.”

Ibibazo bijyanye n’irangamimerere si ubwa mbere byumvikana muri aka Karere ka Rubavu kuko no mu Murenge wa Nyundo humvikanye abaturage bafite ingo ariko batagira irangamuntu bigatuma babura uko basezerana mu mategeko n’izindi serivise za Leta nko gutanga Mituweri.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.