Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bajya gusezerana imbere y’amategeko cyangwa kwaka ibyangombwa, bagasanga mu irangamimerere banditswe nk’abasezeranye kandi batarigeze bakora ku ibendera ry’Igihugu, bamwe bakavuga ko basanga barasezeranye n’abo batanazi.

Aba baturage kandi bavuga ko, hari n’abajya gushaka ibyangombwa bitandukanye mu buyobozi bw’Umurenge wabo wa Nyakiriba, ariko bagasanga bafite ibibazo bitandukanye.

Umubyeyi uvuga ko asanzwe abana n’umugabo we batarasezerana, yavuze ko yagiye gushaka ibyangombwa kugira ngo bazasezerane, ariko amakuru basanze mu irangamimerere ryabo, ahabanye n’ukuri.

Ati “Barebye mu irangamimerere badusabye ibyemezo by’ingaragu basanga twarashyingiwe kandi ntarigeze nshyingirwa.”

Aba baturage bahuye n’ibi bibazo, bagaragaza ko ayo makosa atuma basiragira mu nzego zitandukanye ariko bakabura ubafasha.

Undi ati “Nagiye kureba abana njye n’umugabo wanjye, bambwira ko abana batari mu irangamimerere kandi umwana wa mbere afite 17 ageze igihe cyo gufata irangamuntu, nagiye mu gitabo barambwira ngo ntawe urimo rero ni ikibazo dufite muri uyu Murenge wa Nyakiriba kuko n’umuntu ajyayo n’ubundi bakamubwira ngo uzagaruke, ugasubirayo ngo uzagaruke.”

Undi ati “Ibyo bibazo biraduhangayikishije, ngo wasezeranye na Nyiramagori w’i Karongi kandi simuzi! Nzamukura he? Ngo ujye gutanga ikirego mu rukiko uzarega umuntu utazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko buri gutegura komite yo gufasha abantu bafite ibibazo nk’ibi kugira ngo ijye mu Mirenge yose ibikemure.

Ati “Ni ikibazo gifite ishingiro n’uwo Murenge wa Nyakiriba njyewe ubwanjye narakiboneye nagiye mu nteko y’abaturage bakingezaho, nyuma yaho twaraje turisuzuma dusanga imbaraga ziri gukoreshwa zidahagije ugereranyije n’ibibazo biri ahantu hihariye, hari komite tuzashyiraho izajya igenda yumve ikibazo ijye inama hagati yabo, hanyuma batange umwanzuro ushyirwe mu bikorwa kuko iyo komite iteganywa n’amabwiriza, ni komite ishobora gukemura ibibazo by’irangamimerere mu buryo bworoshye.”

Ibibazo bijyanye n’irangamimerere si ubwa mbere byumvikana muri aka Karere ka Rubavu kuko no mu Murenge wa Nyundo humvikanye abaturage bafite ingo ariko batagira irangamuntu bigatuma babura uko basezerana mu mategeko n’izindi serivise za Leta nko gutanga Mituweri.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + six =

Previous Post

Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.