• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko ingingo y’ 143 y’Itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano ivuga ku biterasoni, isobanutse; abari batanze ikirego bavuga ko inyuranyije n’Itegeko Nshinga bashingiye ku wigeze kujyanwa mu nkiko kubera imyambarire yagarutsweho cyane, bavuze ko banyuzwe, bakaba bagiye kurushaho gukora ubukangurambaga kugira ngo iyi ngingo yumvikane uko iri.

Ingingo y’ 143 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ifite umutwe ugira uti “Gukora ibiterasoni mu ruhame”, ikomeza ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2). “

Iyi ngingo yazamuye impaka muri Nyakanga 2022 ubwo umukobwa witwa Liliane Mugabekazi yafungwaga hashingiwe ku buryo yari yambaye mu gitaramo cy’umuhanzi Tay C cyabereye muri BK Arena ku wa 30 Nyakanga 2022.

Nyuma y’urubanza rutamaze igihe, Mugabekazi yaje gufungurwa by’agateganyo ku wa 19 Kanama 2022 bisabwe n’ubushinjacyaha.

Umuryango uharanira Uburenganzira bw’abari n’abategarugori wa FADA-Rwanda, waje gutanga Ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga usaba kwemeza ko iyi ngingo inyuranije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zaryo za 13, 15 na 16.

FADA yavugaga ko kuba umuntu yahanirwa uko yambaye byaba binyuranyije n’ingingo ya 13 y’Itegeko Nshinga, ivuga ko bihungabanya ukudahangarwa kwe bikamwambura kuba umunyagitinyiro n’uburenganzira busesuye bwo kwisanzura ku mubiri we nk’uko biteganywa n’iyi ngingo ya 13 y’Itegeko Nshinga.

Ingingo imwe mu zigize umwanzuro w’Ikirego, yerekana ko hari n’impungenge zishingiye k’ukwiye kugena icyo ibyo biterasoni ari byo, bitewe n’imyumvire ye. Hari aho umuntu umwe ashobora kwitwa ko yakoze ibiterasoni mu ruhame mu gihe birebwe n’undi yakwemeza ko nta biterasoni birimo.

Tariki 26 Mata 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwasomye icyemezo cyarwo kuri iki kirego, rwemeza ko iyi ngingo y’ 143 y’itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano muri rusange isobanutse, ahubwo ko ikibazo cyaba mu kuyisobanura.

Hassna Murenzi washinze uyu muryango FADA akaba ari na we uwukuriye, yavuze ko kuri bo iki cyemezo batagifata nko gutsindwa urubanza rw’ikirego bari batanze.

Ati “Ni intsinzi ku mugore, uburinganire kuri njye mpita mbubona, usibye ko hakirimo urujijo. Ndabyumva wenda abanyamategeko bafite uburyo babyumvamo, abaturage bafite uburyo babyumvamo ariko twebwe mu by’ukuri ntabwo twareze Leta nk’Urwego tuvuga ngo ‘ntabwo twisanzuye, cyangwa nta burenganzira dufite’ oya, ahubwo byari mu buryo bwo kugira ngo itegeko risobanuke, kugira ngo hatazagira rumwe rubogamirwa.”

Hassna Murenzi avuga kandi ko nk’uko Urukiko rwavuze ko hagikenewe ubukangurambaga bwo gusobanura ibiteganywa n’iriya ngingo, uyu muryango FADA na wo wiyemeje gukomeza gukorana n’indi miryango kugira ngo iyi ngingo isobanuke, bityo ntihazagire urengana kuko itumviswe neza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fiacre says:
    2 years ago

    Ahubwo sinzi impamvu Leta itabakurikirana kuko mu Rwanda ibiterasoni bimaze kuba ndengakamere.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + one =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi yakoresheje amagambo aremereye amunenga ibyo yamukoreye

Next Post

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.