Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko ingingo y’ 143 y’Itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano ivuga ku biterasoni, isobanutse; abari batanze ikirego bavuga ko inyuranyije n’Itegeko Nshinga bashingiye ku wigeze kujyanwa mu nkiko kubera imyambarire yagarutsweho cyane, bavuze ko banyuzwe, bakaba bagiye kurushaho gukora ubukangurambaga kugira ngo iyi ngingo yumvikane uko iri.

Ingingo y’ 143 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ifite umutwe ugira uti “Gukora ibiterasoni mu ruhame”, ikomeza ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2). “

Iyi ngingo yazamuye impaka muri Nyakanga 2022 ubwo umukobwa witwa Liliane Mugabekazi yafungwaga hashingiwe ku buryo yari yambaye mu gitaramo cy’umuhanzi Tay C cyabereye muri BK Arena ku wa 30 Nyakanga 2022.

Nyuma y’urubanza rutamaze igihe, Mugabekazi yaje gufungurwa by’agateganyo ku wa 19 Kanama 2022 bisabwe n’ubushinjacyaha.

Umuryango uharanira Uburenganzira bw’abari n’abategarugori wa FADA-Rwanda, waje gutanga Ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga usaba kwemeza ko iyi ngingo inyuranije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zaryo za 13, 15 na 16.

FADA yavugaga ko kuba umuntu yahanirwa uko yambaye byaba binyuranyije n’ingingo ya 13 y’Itegeko Nshinga, ivuga ko bihungabanya ukudahangarwa kwe bikamwambura kuba umunyagitinyiro n’uburenganzira busesuye bwo kwisanzura ku mubiri we nk’uko biteganywa n’iyi ngingo ya 13 y’Itegeko Nshinga.

Ingingo imwe mu zigize umwanzuro w’Ikirego, yerekana ko hari n’impungenge zishingiye k’ukwiye kugena icyo ibyo biterasoni ari byo, bitewe n’imyumvire ye. Hari aho umuntu umwe ashobora kwitwa ko yakoze ibiterasoni mu ruhame mu gihe birebwe n’undi yakwemeza ko nta biterasoni birimo.

Tariki 26 Mata 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwasomye icyemezo cyarwo kuri iki kirego, rwemeza ko iyi ngingo y’ 143 y’itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano muri rusange isobanutse, ahubwo ko ikibazo cyaba mu kuyisobanura.

Hassna Murenzi washinze uyu muryango FADA akaba ari na we uwukuriye, yavuze ko kuri bo iki cyemezo batagifata nko gutsindwa urubanza rw’ikirego bari batanze.

Ati “Ni intsinzi ku mugore, uburinganire kuri njye mpita mbubona, usibye ko hakirimo urujijo. Ndabyumva wenda abanyamategeko bafite uburyo babyumvamo, abaturage bafite uburyo babyumvamo ariko twebwe mu by’ukuri ntabwo twareze Leta nk’Urwego tuvuga ngo ‘ntabwo twisanzuye, cyangwa nta burenganzira dufite’ oya, ahubwo byari mu buryo bwo kugira ngo itegeko risobanuke, kugira ngo hatazagira rumwe rubogamirwa.”

Hassna Murenzi avuga kandi ko nk’uko Urukiko rwavuze ko hagikenewe ubukangurambaga bwo gusobanura ibiteganywa n’iriya ngingo, uyu muryango FADA na wo wiyemeje gukomeza gukorana n’indi miryango kugira ngo iyi ngingo isobanuke, bityo ntihazagire urengana kuko itumviswe neza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fiacre says:
    2 years ago

    Ahubwo sinzi impamvu Leta itabakurikirana kuko mu Rwanda ibiterasoni bimaze kuba ndengakamere.

    Reply

Leave a Reply to Fiacre Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi yakoresheje amagambo aremereye amunenga ibyo yamukoreye

Next Post

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Related Posts

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

by radiotv10
27/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwafatiye ibihano kompanyi ya GVA Rwanda Ltd (Canalbox) nyuma yuko abakiliya bakoresha interineti yayo bagize ibibazo, ruyitegeka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

by radiotv10
27/04/2026
0

Umunyamamuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, yatakambiye Urukiko...

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

by radiotv10
27/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Leta ishinzwe imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange 'Ecofleet Solutions', buratangaza ko hatangijwe igerageza ry’uburyo...

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

by radiotv10
27/04/2026
0

The management of the state-owned company responsible for public transport services, Ecofleet Solutions, has announced the launch of a pilot...

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

by radiotv10
27/04/2026
0

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

27/04/2026
Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

27/04/2026
Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

27/04/2026
Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

27/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

27/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.