Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora irondo ry’Umwuga mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bavuga ko kutagira amasezerano y’akazi ari imbogamizi yiyongera ku zindi zirimo umushahara muto rimwe na rimwe utazira igihe bityo gutera imbere bikababera ihurizo rikomeye.

Aba bakora Irondo ry’Umwuga, bavuga ko bafite imbogamizi zitandukanye zirimo kutagira amasezerano y’akazi n’umushahara bavuga ko ari muto cyane rimwe na rimwe ukaza unatinze nk’uko byagendekeye bamwe kugeza uyu munsi batarabona amafaranga y’ukwezi kwa mbere.

Umwe utifuje ko atangazwa, yagize ati “Ntaguhishe n’ubu ntabwo twari twahembwa ukwezi kwa mbere, nk’ubu abana ku ishuri sinari nabatangira amafaranga yo kurya. Ejo bundi bari babirukanye kuko n’utwo baguhembye batuguha amadeni yarakwishe waratumazemo.”

Mugenzi we ati “Nta gakarita k’akazi tugira, dusa nk’abanyakiraka kandi turavunika pe. Twareba amafaranga turya n’ayo dukodesha kuko abenshi dufite ingo, tugasanga ni imbogamizi.”

Kubera izo mbogamizi zitandukanye bagaragaza, bamwe muri aba baturage bakora irondo ry’umwuga mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu bavuga ko iterambere ryabo riri kure.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine yavuze ko hashingiwe ku mabwiriza ya MINALOC agenga Irondo ry’Umwuga, abakora aka kazi bagenerwa 2 000 Frw ku munsi, ariko ko gutinda kubahemba biterwa n’uko hari abaturage baba batarishyura uyu musanzu.

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko hakomeje gahunda yo kwigisha abaturage kugira ngo bajye batangira umusanzu ku gihe, bityo n’aba babarindira umutekano w’ibyabo, na bo bajye babonera amafaranga yabo ku gihe.

Aba Banyerondo bavuga ko akazi kabo kabasaba guhora bahanganye n’abantu ariko bagataha bakicira isazi mu jisho

Ngo ntibiba byoroshye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru zitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Related Posts

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.