Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora irondo ry’Umwuga mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bavuga ko kutagira amasezerano y’akazi ari imbogamizi yiyongera ku zindi zirimo umushahara muto rimwe na rimwe utazira igihe bityo gutera imbere bikababera ihurizo rikomeye.

Aba bakora Irondo ry’Umwuga, bavuga ko bafite imbogamizi zitandukanye zirimo kutagira amasezerano y’akazi n’umushahara bavuga ko ari muto cyane rimwe na rimwe ukaza unatinze nk’uko byagendekeye bamwe kugeza uyu munsi batarabona amafaranga y’ukwezi kwa mbere.

Umwe utifuje ko atangazwa, yagize ati “Ntaguhishe n’ubu ntabwo twari twahembwa ukwezi kwa mbere, nk’ubu abana ku ishuri sinari nabatangira amafaranga yo kurya. Ejo bundi bari babirukanye kuko n’utwo baguhembye batuguha amadeni yarakwishe waratumazemo.”

Mugenzi we ati “Nta gakarita k’akazi tugira, dusa nk’abanyakiraka kandi turavunika pe. Twareba amafaranga turya n’ayo dukodesha kuko abenshi dufite ingo, tugasanga ni imbogamizi.”

Kubera izo mbogamizi zitandukanye bagaragaza, bamwe muri aba baturage bakora irondo ry’umwuga mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu bavuga ko iterambere ryabo riri kure.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine yavuze ko hashingiwe ku mabwiriza ya MINALOC agenga Irondo ry’Umwuga, abakora aka kazi bagenerwa 2 000 Frw ku munsi, ariko ko gutinda kubahemba biterwa n’uko hari abaturage baba batarishyura uyu musanzu.

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko hakomeje gahunda yo kwigisha abaturage kugira ngo bajye batangira umusanzu ku gihe, bityo n’aba babarindira umutekano w’ibyabo, na bo bajye babonera amafaranga yabo ku gihe.

Aba Banyerondo bavuga ko akazi kabo kabasaba guhora bahanganye n’abantu ariko bagataha bakicira isazi mu jisho

Ngo ntibiba byoroshye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru zitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.