Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe kutagira Ibiro by’Akagari bituma bihora byimuka, bigatuma hari abajya kwaka serivisi aho basanzwe bazi ko Ubuyobozi bw’Akagari bukorera bagasanga bwarimutse.

Aba baturage bavuga ko kuva hajyaho politiki y’inzego za Leta zegereye abaturage nk’Utugari n’Imirenge batigeze bagira amahirwe yo kubona Ibiro by’Akagari kabo, bityo ngo aka kagari kagahora gahindura aho gakorera.

Bizimana ati “Inaha nta Kagari kabayo. Ni uguhora kimuka kuko kuva na cyera, n’aho kabaga barahasenye ariko naho byari ugukodesha.”

Ingabire Maria na we ati “Gahora kimukamuka rwose nta cyicaro kagira kandi kamaze imyaka myinshi nta gihe kigeze kubaho na rimwe.”

Bavuga ko kuba Ubuyobozi bwabo budafite ibiro byabwo bihoraho, bibagira ingaruka, kandi ko batahwemye kugaragaza iki kibazo ariko bakaba babona ntagikorwa.

Sibomana Balthazar ati “Dufite ingaruka nyinshi cyane kuko nk’igihe cy’inama ni ukwicara hanze imvura yagwa ubwo tukabura aho twerekeza, rwose guhora tujarajara ni ibintu biturambiye kandi hari n’ubwo umuntu aza gushaka serivisi agasanga Akagari karimutse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko abaturage bo muri aka Kagari ka Kinigi bazubakirwa ibiro by’Akagari ariko ko butatangaza igihe ibyo bizakorerwa kuko bigenda bishyirwa mu ngengo z’imari zitandukanye bitewe n’uko ubushobozi bubonetse.

Ati “Na bo bafite uburenganzira nk’abandi, gusa icyo dukora ni uko mu gihe tutarabubakira bakodesherezwa Ibiro ariko nabizeza ko na bo bari mu bazubakirwa ariko tukabanza kureba n’ubushobozi bwabo kuko iyo bikunze n’abaturage bakabigiramo uruhare biradufasha cyane bikihuta.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko atari abaturage b’Akagari ka Kinigi bafite iki kibazo bonyine, kuko hari n’abandi badafite ibiro by’Uturagi, ariko ko ubuyobozi w’Akarere bubafasha kubakodeshereza ibiro byo gukorera.

Bavuga ko kuba Ibiro by’Akagari kabo bihora byimuka, hari ingaruka bibazanira

Barifuza kugira Ibiro byabo aho guhora bakodesherezwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    10 months ago

    kandi nibyo akagari kagomba kugura aho gakorera hazwi. musanze ifite ubushobozi bwo kubona ibiro bikwiye. murakoze
    nkunda abaturage baharanira uburenganzira bwabo ku guhabwa serivisi nziza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero

Next Post

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.