Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe kutagira Ibiro by’Akagari bituma bihora byimuka, bigatuma hari abajya kwaka serivisi aho basanzwe bazi ko Ubuyobozi bw’Akagari bukorera bagasanga bwarimutse.

Aba baturage bavuga ko kuva hajyaho politiki y’inzego za Leta zegereye abaturage nk’Utugari n’Imirenge batigeze bagira amahirwe yo kubona Ibiro by’Akagari kabo, bityo ngo aka kagari kagahora gahindura aho gakorera.

Bizimana ati “Inaha nta Kagari kabayo. Ni uguhora kimuka kuko kuva na cyera, n’aho kabaga barahasenye ariko naho byari ugukodesha.”

Ingabire Maria na we ati “Gahora kimukamuka rwose nta cyicaro kagira kandi kamaze imyaka myinshi nta gihe kigeze kubaho na rimwe.”

Bavuga ko kuba Ubuyobozi bwabo budafite ibiro byabwo bihoraho, bibagira ingaruka, kandi ko batahwemye kugaragaza iki kibazo ariko bakaba babona ntagikorwa.

Sibomana Balthazar ati “Dufite ingaruka nyinshi cyane kuko nk’igihe cy’inama ni ukwicara hanze imvura yagwa ubwo tukabura aho twerekeza, rwose guhora tujarajara ni ibintu biturambiye kandi hari n’ubwo umuntu aza gushaka serivisi agasanga Akagari karimutse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko abaturage bo muri aka Kagari ka Kinigi bazubakirwa ibiro by’Akagari ariko ko butatangaza igihe ibyo bizakorerwa kuko bigenda bishyirwa mu ngengo z’imari zitandukanye bitewe n’uko ubushobozi bubonetse.

Ati “Na bo bafite uburenganzira nk’abandi, gusa icyo dukora ni uko mu gihe tutarabubakira bakodesherezwa Ibiro ariko nabizeza ko na bo bari mu bazubakirwa ariko tukabanza kureba n’ubushobozi bwabo kuko iyo bikunze n’abaturage bakabigiramo uruhare biradufasha cyane bikihuta.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko atari abaturage b’Akagari ka Kinigi bafite iki kibazo bonyine, kuko hari n’abandi badafite ibiro by’Uturagi, ariko ko ubuyobozi w’Akarere bubafasha kubakodeshereza ibiro byo gukorera.

Bavuga ko kuba Ibiro by’Akagari kabo bihora byimuka, hari ingaruka bibazanira

Barifuza kugira Ibiro byabo aho guhora bakodesherezwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    10 months ago

    kandi nibyo akagari kagomba kugura aho gakorera hazwi. musanze ifite ubushobozi bwo kubona ibiro bikwiye. murakoze
    nkunda abaturage baharanira uburenganzira bwabo ku guhabwa serivisi nziza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero

Next Post

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Related Posts

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.