Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baravuga ko batewe impungenge n’umutekano mucye nyuma yuko hari abagabo bitwaje ibyuma bateye urinda ahabonetse amabuye y’agaciro, bakabimutera akitaba Imana, none barasaba ko hashyirwaho uburyo bwo kuhacungira umutekano byihariye.

Aya mabuye y’amabengeza yitwa belire bivugwa ko ari yo akorwamo amakaro n’amasahani y’amadongo, akaba yarabonetse mu mirima y’abaturage mu Mudugudu wa Burevu mu Kagari ka Kinigi.

Gusa bamwe mu baturage bo muri aka gace, babwiye RADIOTV10 ko nubwo iyi mari ari amahirwe babonye, ariko yanabakururiye ibibazo, kuko hari abagabo babiri bo mu Mudugudu wa Gatyazo bahagiye bakica bateye ibyuma umurinzi warindaga ahabonetse aya mabuye.

Umwe mu bafite ubutaka muri aka gace, akaba na mubyara wa nyakwigendera, avuga ko hari haje abantu benshi bari baje kwiba aya mabuye, bigatuma hoherezwa abaharindaga.

Uyu muturage avuga ko uyu bivuganye yari yoherejwe ngo ajye kureba abo bantu bari bigabije aya mabuye, ati “akigera hano, umwe yasohotse ahita yiruka uwa kabiri yaje aricara aramwitegereza neza, amaze kumwitegereza ahita amutera icyuma amara ahita asohoka.”

Aba baturage bahise bamenyesha izindi nzego na zo zihutiye kuhagera, zigahita zitangira gushakisha abakekwaho ubu bugizi bwa nabi, ndetse zibata muri yombi.

Aba babiri bakekwagaho kwivugana nyakwigendera na bo baje kuraswa ubwo bageragezaga gutoroka inzego z’umutekano, aho barasiwe mu Mudugudu wa Burevu mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba, bagahita bahasiga ubuzima.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric avuga ko bakurikije ikibazo kiri kuri iki kirombe, Umurenge udafite ubushobozi bwo kubona Polisi yaharinda ariko ngo bagiye kuhashyira irondo ry’abaturage.

Ahabonetse amabuye barabona hatangiye kubakururira ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − three =

Previous Post

Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye

Next Post

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.