Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Insina z’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, zatemaguriwe hasi n’uwazirayemo yitwaje umuhoro, bikaba bikekwa ku mushumba wabikoze ku mpamvu itaramenyekana.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, nk’uko byatangarijwe umunyamakuru wacu Oswald Mutuyeyezu, wahawe amakuru n’uri mu ba mbere bageze ahabereye iki gikorwa.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, avuga ko iki gikorwa cyakozwe n’umushumba, wiraye mu nsina za Niyibizi Charles akazitema akazimarira hasi, aho bikekwa ko hari icyo bapfa.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa, bacyamaganiye kure, bavuga ko kidakwiye, ndetse bamwe bemeza ko niba hari n’icyo uyu mushumba yapfaga na nyiri uru rutoki, atari akwiye kwihimura muri ubu buryo, bakavuga ko yagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, ku buryo n’iyo abona nyirazo na we atari kumusiga.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwihutiye kugera ahabereye iki gikorwa, by’umwihariko ubw’Akagari ka Basa, bwahise bufata uwo mushumba wari umaze gutema ibi bihingwa, buhita bumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri Sitasiyo ya Rugerero, ari na ho acumbikiwe kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper uvuga ko nubwo ari mushya muri aka Karere, ariko igikorwa nk’iki kidakunze kubaho.

Ati “Kuva nagera mu Karere ni ubwa mbere mbonye icyaha gisa na kiriya, kandi n’aho nari ndi nashoboraga kumenya amakuru yo mu tundi Turere kuko twari mu Ntara imwe.”

Ni mu gihe muri aka Karere ka Rubavu, hakunze humvikana abashumba bonesha imyaka y’abaturage ku bushake, arimo Umuyobozi w’Akarere akavuga ko ibyakozwe kuri iyi nshuro byo bitandukanye na byo.

Mulindwa avuga ko RIB yahise itangira iperereza ryo gucukumbura icyateye uyu muturage kononera mugenzi we akamutemera insina kuri uru rwego.

Ati “Ntabwo tuzi niba hari ikindi cyaba cyabimuteye, ariko hari abaturage bakora amakosa bashatse kunyura mu nzira za bugufi, kwiha ibitari ibyabo, guhimana, yatekereza umuntu wamukoreye ikosa agashaka kumwumvisha, ibyo bibaho ariko byose turabyamagana kandi tukigisha abaturaga.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze kandi bwahise butangira kuganiriza abaturage bo muri aka gace kabereyemo iki gikorwa, mu rwego rwo gukomeza kwirinda kugwa mu bikorwa nk’ibi, ndetse no kwamagana uwo ari we wese washaka kubyijandikamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Next Post

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.