Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Insina z’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, zatemaguriwe hasi n’uwazirayemo yitwaje umuhoro, bikaba bikekwa ku mushumba wabikoze ku mpamvu itaramenyekana.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, nk’uko byatangarijwe umunyamakuru wacu Oswald Mutuyeyezu, wahawe amakuru n’uri mu ba mbere bageze ahabereye iki gikorwa.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, avuga ko iki gikorwa cyakozwe n’umushumba, wiraye mu nsina za Niyibizi Charles akazitema akazimarira hasi, aho bikekwa ko hari icyo bapfa.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa, bacyamaganiye kure, bavuga ko kidakwiye, ndetse bamwe bemeza ko niba hari n’icyo uyu mushumba yapfaga na nyiri uru rutoki, atari akwiye kwihimura muri ubu buryo, bakavuga ko yagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, ku buryo n’iyo abona nyirazo na we atari kumusiga.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwihutiye kugera ahabereye iki gikorwa, by’umwihariko ubw’Akagari ka Basa, bwahise bufata uwo mushumba wari umaze gutema ibi bihingwa, buhita bumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri Sitasiyo ya Rugerero, ari na ho acumbikiwe kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper uvuga ko nubwo ari mushya muri aka Karere, ariko igikorwa nk’iki kidakunze kubaho.

Ati “Kuva nagera mu Karere ni ubwa mbere mbonye icyaha gisa na kiriya, kandi n’aho nari ndi nashoboraga kumenya amakuru yo mu tundi Turere kuko twari mu Ntara imwe.”

Ni mu gihe muri aka Karere ka Rubavu, hakunze humvikana abashumba bonesha imyaka y’abaturage ku bushake, arimo Umuyobozi w’Akarere akavuga ko ibyakozwe kuri iyi nshuro byo bitandukanye na byo.

Mulindwa avuga ko RIB yahise itangira iperereza ryo gucukumbura icyateye uyu muturage kononera mugenzi we akamutemera insina kuri uru rwego.

Ati “Ntabwo tuzi niba hari ikindi cyaba cyabimuteye, ariko hari abaturage bakora amakosa bashatse kunyura mu nzira za bugufi, kwiha ibitari ibyabo, guhimana, yatekereza umuntu wamukoreye ikosa agashaka kumwumvisha, ibyo bibaho ariko byose turabyamagana kandi tukigisha abaturaga.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze kandi bwahise butangira kuganiriza abaturage bo muri aka gace kabereyemo iki gikorwa, mu rwego rwo gukomeza kwirinda kugwa mu bikorwa nk’ibi, ndetse no kwamagana uwo ari we wese washaka kubyijandikamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Next Post

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.