Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda (COOTP) yo mu Murenge wa Nyundo, bashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge kwitwaza ububasha afite akabambura inka eshatu bahawe n’ubuyobozi bwa koperative, mu gihe Ubuyobozi bwa Koperative n’ubw’Akarere budahuza imvugo kuri iki kibazo.

Aba baturage basanzwe ari abanyamuryango ba koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda izwi nka COOTP ikorera muri zone z’icyayi za Rubavu na Rutsiro, baje kwibumbira mu itsinda ryitwa ‘Twisungane’ rigizwe n’abanyamuryango 30.

Bavuga ko bahawe inka 3 eshatu n’umushinga IPIS zihabwa abanyamuryango 3 kugira ngo bazagende borozanya kugeze bose borojwe, ariko nyuma y’amezi 10 bamwe mu bagize iri tsinda ngo bazamura umwuka w’uko abahawe izo nka batanga ibihumbi 300 Frw kugira ngo na bo bigurire ingurube kuko ari zo bashoboye, ariko aba bazihawe bari no mu bayoboye iri tsinda basanga byaba binyuranyije n’amabwiriza bahawe bazihabwa.

Bavuga ko kuva ubwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wavo wa Nyundo, yahise afata icyemezo cyo kuzibambura kandi batigeze banga kwitura nk’uko ariko amabwiriza yabibasabaga.

Ntirugaya Jean Marie Vianney ati “Haje igitero baraza njye sinari ndi mu rugo, inka barazijyana, njyewe bajyana n’iyayo. Ibaze kuvunika uri kuragira inka yamara kubyara ubuyobozi bukaza bukayikwaka kandi ari bo bashinzwe kugira ngo abaturage dutekane.”

Ntirugaya Jean Marie Vianney akomeza avuga ko bandikiye Ubuyobozi bw’Akarere  kuko ubw’Umurenge ari bwo bwari bumaze kubarenganya.

Bizimungu Jean Damascene na we wambuwe itungo yari yorojwe, avuga ko yari amaze kuringaho ubushobozi bwinshi n’imbaraga nyinshi, ariko akababaza no kuba barayitwaye igiye kubyara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique ushyirwa mu majwi n’aba baturage, avuga ko ibyakozwe byose byumvikanyweho, ndetse imyanzuro ngo ikamenyeshwa ubuyobozi bwa koperative.

Yagize ati “Imyanzuro twafatiye mu cyumba cy’inama cya koperative tukanayimenyesha imyanzuro, twe twumvaga iyo myanzuro tuyumva kimwe.”

Ubuyobozi bwa koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda (COOTP) bwo buvuga ko bamwe mu bagize itsinda ‘Twisungane’ bananiwe kwihangana bakavuga ko izo nka zizatinda kubageraho, cyokora habaye gusobanurirwa  ko bagomba gutegereza.

Naho ibyo kuba kiriya cyemezo cy’Umurenge cyaramenyeshejwe ubuyobozi bwa Koperative, bihakanwa na Bizirema Pacifique uyobora COOTP.

Ati “Sinzi ukuntu ubuyobozi bwaje bukabaka izo nka butatumenyesheje, kuko abo banyamuryango tuzitanga bari bahari ndetse byari byoroshye kuvuga ngo uyu cyangwa uyu ntabwo tumushaka mu ruhame, none urumva niba barabatse inka urumva ko biza guteza ibibazo mu itsinda rishobora no gusenyuka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko icyemezo cyafashwe n’Umurenge wa Nyundo akizi ndetse ko abo baturage barenze ku mabwiriza ya Girinka biha inka batari ku rutonde.

Ati “Abaturage ubwabo ni bo bagaragaje bati ‘dore inka twari tugenewe ni bariya bazitwaye’, ubuyobozi bugiye kubireba busanga ari byo koko. Uzababaze uti ‘muri ku ruhe rutonde?’ ntarwo bazabona.”

Nubwo ubuyobozi bw’aka Karere bugaragaza ko izi nka zatanzwe muri gahunda ya Girinka, amakuru atangwa na koperative avuga ko abaguzi b’icyayi bifuje gufasha abahinzi b’icyayi nyuma yo guhura n’ibiza ndetse batanga amafaranga yo kubafasha ariko bo bafatanyije n’urugaga rw’amakoperative y’abahinzi b’icyayi mu Rwanda (FERWACOTHE) hamwe n’uruganda rwa Pfunda bahitamo uburyo bwo gufasha abanyamuryango 15 bahuye n’ibiza bahabwa ibiribwa n’ibindi bikoresho nkenerwa burimo no gutanga inka ku matsinda 7, aho iry’abantu 20 ryahabwaga inka ebyiri, naho iry’abantu 30 rigahabwa inka eshatu.

Aba baturage bavuga ko banyazwe amatungo yabo n’umuyobozi
Aba baturage basanzwe ari abanyamuryango ba Koperative ishingiye ku ruganda rw’icyayi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Shalome nyawe says:
    1 year ago

    Eeeh

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 15 =

Previous Post

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Next Post

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira ashobora kuburwa

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe
MU RWANDA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira ashobora kuburwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.