Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50
Share on FacebookShare on Twitter

Ahari gukorwa umuhanda uva mu Murenge wa Rugerero ujya mu wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, habonetse ibisasu bitandatu mu gace kigeze kubonekamo ibindi bisasu 50.

Ibi bisasu byabonetse mu Mudugudu wa Gafuku mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu, ahari gukorwa uyu muhanda uva Rugerero werecyeza Byahi.

Muri uyu Mudugudu wa Gafuku kandi; muri 2018 hari habonetse ibindi bisasu birenga 50, byahasizwe n’ingabo zahoze ari izo ku wa Habyarima zakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Abatuye muri aka gace n’abazi amateka yaho, bavuga ko mu 1994 ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga, ingabo zatsinzwe, zari zifite ibirindiro muri aka gace.

Ubwo imashini ikora uyu muhanda, yari mu mirimo yayo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, yongeye kubona ibindi bisasu bitandatu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko aha habonetse ibisasu, hahise hafungwa, hagashyirwa ibimenyetso kugira ngo hatagira abahagera bikaba byabagiraho ingaruka kugira ngo inzego z’umutekano zibanze zibihakure.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurerenge wa Rubavu, Blaise Harerimana yemeje ko habonetse ibisasu bitandanu.

Ati “Ariko hagaragaye n’ibindi bitaratabururwa bigaragara ko birenze kimwe.”

Uyu muyobozi yavuze ko inzego ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bumenyesha inzego z’umutekano zikihutira kuhagera ubu zikaba ziri gushaka uburyo ibi bisasu byahakurwa.

Ibi bisasu byabonetse agari gukorwa umuhanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Mvukiyehe wayoboye Kiyovu ayizeza igikombe yayamanitse ati “Ndabona ntazagera ku ntego”

Next Post

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Related Posts

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge
MU RWANDA

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.