Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film Jean Bosco Uwihoreye uzwi nka Ndimbati, wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana, agizwe umwere n’Urukiko, rutegeka ko afungurwa.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, ku isaha zishyira saa cyenda n’imino miro ingo ine (15:40′), intego y’Urukiko yari yinjiye mu cyumba cy’iburanisha.

Umucamanza wagarutse ku byaburanyweho mu rubanza rwo mu mizi rwabaye 13 Nzeri 2022 aho Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa 1/4 cy’ikinyejana (imyaka 25).

Jean Bosco Uwihoreye yari akurikiranyweho icyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utaruzuza imyaka y’ubukure.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye umwanzuro warwo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ruvuga ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bishidikanywaho kuko harimo kwivuguruza.

Ifishi yakingiriweho ari na yo yabaye ikimenyetso cyatanzwe n’Ubushinjacyaha, yanditseho ko umukobwa wasambanyijwe na Uwihoreye (Ndimbati) yavutse tariki 04 Kamena 2002 mu gihe ku irangamuntu handitseho ko yavutse tariki ya 01 Mutarama 2002.

Umucamanza kandi yavuze ko itariki ivugwa ko uregwa yasambaniyeho n’umukobwa yateye inda [Kabahizi Fridaus] ishidikanywaho kuko uregwa yagaragaje ko baryamanye tariki 02 Mutarama 2020 mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko ari ku ya 24 Ukuboza.

Ku cyaha cyo cyo kunywesha umwana inzoga, Urukiko rwavuze ko nta cyemezo cyatanzwe na muganga, kigaragaza ko uriya mukobwa koko yasindishijwe bityo ko ntaho rwahera ruhamya icyaha uregwa.

Umucamanza yahise yanzura ko uregwa ahita arekurwa kuko nta cyaha na kimwe kimuhama mu byo yari akurikiranyweho.

Mu iburanisha ryo mu mizi, Ndimbati ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, yongeye kuvuga ko yagambaniwe, mu rwego rwo gushaka indonke kuko hari abantu bagiye mu matwi Kabahizi bakamushuka ngo amwake Miliyoni 5 Frw.

Yongeye kugaruka kandi ku munyamakuru wakoresheje ikiganiro Kabahizi, akaza kumuhamagara amusaba miliyoni 2 Frw ndetse akamubwira ko natazimuha, amushyira hanze.

Kasper TUYISHIME
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + three =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50

Next Post

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.