Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu barwaye amavunja, bavuga ko yanze gukira kuko bayarwaye nyuma yo kuyarogwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko iyi ndwara ntakindi kiyitera atari umwanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye Umudugudu wa Pfunga mu Kagari ka Kinigi muri uyu Murenge wa Nyamyumba, ahari abantu barindwi bafite iyi ndwara y’amavunja, bamutekerereje iby’iyi ndwara yababayeho karande.

Uwamariya Claudine utuye muri uyu Mudugudu ugaragaramo abantu bafite ubu burwayi, ahamya ko aya mavunja ari amarogano, ndetse ko ari yo mpamvu adakira kuri bamwe.

Ati “Barayaroga, s i umwe si babiri, kuko hari igihe ujya kubona ukabona aje atondetse no ku kibuno akahagera.”

Hari n’abavuga ko hari uburyo abarwaye iyi ndwara bashobora gukoresha bakayikira, ariko ko bamwe bishyizemo ko ari amarogano, bagaterera iyo ntibashyiremo imbaraga zo kuyakira.

Undi ati “Waba ufite uwo kukwitaho akayahandura bagasigaho amamesa bavanga n’umuti w’ibirayi maze umuntu agakira.”

Hari n’abandi bo muri uyu Mudugudu, bemeza ko aya mavunja atari amarogano ahubwo ko ari umwanda, kuko muri aka gace hakigaragara abantu benshi batambara inkweto.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin avuga ko ubuyobozi bugiye gushyira imbaraga mu bukangurambaga bwo kwigisha abaturage ko amavunja ari imwe mu ndwara ziterwa n’umwanda bityo barusheho kugira isuku kugira ngo badakomeza kwibasirwa n’amavunja.

Ati “Tumaze iminsi turi kugikurikirana dufatanyije n’Abajyanama b’Ubuzima, ariko icyagaragaye ari na yo ntandaro y’amavunja ni umwanda, na ho iby’amarozi nanjye narabyumvise ariko ntabwo ari byo kuko amavunja aterwa n’umwanda.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko muri uyu Mudugudu wa Pfunda wo mu Kagari ka Kinigi hasanzwe abantu barindwi bo mu miryango itatu bari bafite ikibazo cy’amavunja ariko abagera kuri bane bakaba barayakize.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 11 =

Previous Post

Kigali: Hagaragajwe abarimo uwakoraga nka Noteri bakekwaho kurya imitungo y’abandi bayigize iyabo

Next Post

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.