Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu barwaye amavunja, bavuga ko yanze gukira kuko bayarwaye nyuma yo kuyarogwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko iyi ndwara ntakindi kiyitera atari umwanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye Umudugudu wa Pfunga mu Kagari ka Kinigi muri uyu Murenge wa Nyamyumba, ahari abantu barindwi bafite iyi ndwara y’amavunja, bamutekerereje iby’iyi ndwara yababayeho karande.

Uwamariya Claudine utuye muri uyu Mudugudu ugaragaramo abantu bafite ubu burwayi, ahamya ko aya mavunja ari amarogano, ndetse ko ari yo mpamvu adakira kuri bamwe.

Ati “Barayaroga, s i umwe si babiri, kuko hari igihe ujya kubona ukabona aje atondetse no ku kibuno akahagera.”

Hari n’abavuga ko hari uburyo abarwaye iyi ndwara bashobora gukoresha bakayikira, ariko ko bamwe bishyizemo ko ari amarogano, bagaterera iyo ntibashyiremo imbaraga zo kuyakira.

Undi ati “Waba ufite uwo kukwitaho akayahandura bagasigaho amamesa bavanga n’umuti w’ibirayi maze umuntu agakira.”

Hari n’abandi bo muri uyu Mudugudu, bemeza ko aya mavunja atari amarogano ahubwo ko ari umwanda, kuko muri aka gace hakigaragara abantu benshi batambara inkweto.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin avuga ko ubuyobozi bugiye gushyira imbaraga mu bukangurambaga bwo kwigisha abaturage ko amavunja ari imwe mu ndwara ziterwa n’umwanda bityo barusheho kugira isuku kugira ngo badakomeza kwibasirwa n’amavunja.

Ati “Tumaze iminsi turi kugikurikirana dufatanyije n’Abajyanama b’Ubuzima, ariko icyagaragaye ari na yo ntandaro y’amavunja ni umwanda, na ho iby’amarozi nanjye narabyumvise ariko ntabwo ari byo kuko amavunja aterwa n’umwanda.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko muri uyu Mudugudu wa Pfunda wo mu Kagari ka Kinigi hasanzwe abantu barindwi bo mu miryango itatu bari bafite ikibazo cy’amavunja ariko abagera kuri bane bakaba barayakize.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + seven =

Previous Post

Kigali: Hagaragajwe abarimo uwakoraga nka Noteri bakekwaho kurya imitungo y’abandi bayigize iyabo

Next Post

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.