Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga icyayi mu gishanga kiri mu rugabano rw’Utugari dutatu two mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe no gukomeza kwishyuzwa imisoro y’ubu butaka nubwo babuhingamo ariko ko bambuwe ibyangombwa byabwo babwirwa ko ari ubwa Leta.

Abo baturage bafite imirima y’icyayi muri Kagera mu ihuriro ry’Utugari twa Mukondo, Bahimba na Kigarama mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ubwo hatangwaga ibyangombwa by’ubutaka, bamwe muri bo bahise babyamburwa babwirwa ko icyayi cyabo kiri mu gishanga, kandi ari ubutaka bwa Leta, ariko ko batunguwe no kwishyuzwa imosoro.

Mwemezi Assie “Abakozi ba RRA bahora badutelefona ngo turimo imisoro, tukibaza ukuntu twajya gusorera ibishanga kandi ari ibya Leta.”

Bavuga ko biyambaje inzego za Leta kugira ngo zibafashe gukemura iki kibazo ariko kugeza ubu bakaba bakibarwaho ayo madeni bagaragaza ko akoma mu nkokora iterambere ryabo.

Ndimurwango Aoron ati “Nk’igihe rero nshaka n’udufaranga kuri banki bati ‘urimo imisoro ya Leta’, ubwo rero abaturage tugasanga bitubangamiye kandi bari batubwiye ko bagiye kuyidukuramo ariko amaso yaheze mu kirere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko Inama Njyanama y’aka Karere yafashe umwanzuro wo gukura iyo misoro kuri aba baturage ariko ko hagitegerejwe igisubizo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro RRA.

Yagize ati “Ubwo butaka basoreshwaho, Inama Njyanama yabufasheho icyemezo, ndetse nasanze Akarere karandikiye RRA kubera iki kibazo ariko nkigejejweho vuba kandi mu kwezi kumwe kizaba cyakemutse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

BREAKING: Byemejwe ko umuhanzi w’ikirangirire ku Isi azataramira mu Rwanda

Next Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.