Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga icyayi mu gishanga kiri mu rugabano rw’Utugari dutatu two mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe no gukomeza kwishyuzwa imisoro y’ubu butaka nubwo babuhingamo ariko ko bambuwe ibyangombwa byabwo babwirwa ko ari ubwa Leta.

Abo baturage bafite imirima y’icyayi muri Kagera mu ihuriro ry’Utugari twa Mukondo, Bahimba na Kigarama mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ubwo hatangwaga ibyangombwa by’ubutaka, bamwe muri bo bahise babyamburwa babwirwa ko icyayi cyabo kiri mu gishanga, kandi ari ubutaka bwa Leta, ariko ko batunguwe no kwishyuzwa imosoro.

Mwemezi Assie “Abakozi ba RRA bahora badutelefona ngo turimo imisoro, tukibaza ukuntu twajya gusorera ibishanga kandi ari ibya Leta.”

Bavuga ko biyambaje inzego za Leta kugira ngo zibafashe gukemura iki kibazo ariko kugeza ubu bakaba bakibarwaho ayo madeni bagaragaza ko akoma mu nkokora iterambere ryabo.

Ndimurwango Aoron ati “Nk’igihe rero nshaka n’udufaranga kuri banki bati ‘urimo imisoro ya Leta’, ubwo rero abaturage tugasanga bitubangamiye kandi bari batubwiye ko bagiye kuyidukuramo ariko amaso yaheze mu kirere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko Inama Njyanama y’aka Karere yafashe umwanzuro wo gukura iyo misoro kuri aba baturage ariko ko hagitegerejwe igisubizo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro RRA.

Yagize ati “Ubwo butaka basoreshwaho, Inama Njyanama yabufasheho icyemezo, ndetse nasanze Akarere karandikiye RRA kubera iki kibazo ariko nkigejejweho vuba kandi mu kwezi kumwe kizaba cyakemutse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

BREAKING: Byemejwe ko umuhanzi w’ikirangirire ku Isi azataramira mu Rwanda

Next Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.