Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva ukuntu bishyuzwa imisoro y’ubutaka bwa Leta bakanabishyirirwaho igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga icyayi mu gishanga kiri mu rugabano rw’Utugari dutatu two mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe no gukomeza kwishyuzwa imisoro y’ubu butaka nubwo babuhingamo ariko ko bambuwe ibyangombwa byabwo babwirwa ko ari ubwa Leta.

Abo baturage bafite imirima y’icyayi muri Kagera mu ihuriro ry’Utugari twa Mukondo, Bahimba na Kigarama mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ubwo hatangwaga ibyangombwa by’ubutaka, bamwe muri bo bahise babyamburwa babwirwa ko icyayi cyabo kiri mu gishanga, kandi ari ubutaka bwa Leta, ariko ko batunguwe no kwishyuzwa imosoro.

Mwemezi Assie “Abakozi ba RRA bahora badutelefona ngo turimo imisoro, tukibaza ukuntu twajya gusorera ibishanga kandi ari ibya Leta.”

Bavuga ko biyambaje inzego za Leta kugira ngo zibafashe gukemura iki kibazo ariko kugeza ubu bakaba bakibarwaho ayo madeni bagaragaza ko akoma mu nkokora iterambere ryabo.

Ndimurwango Aoron ati “Nk’igihe rero nshaka n’udufaranga kuri banki bati ‘urimo imisoro ya Leta’, ubwo rero abaturage tugasanga bitubangamiye kandi bari batubwiye ko bagiye kuyidukuramo ariko amaso yaheze mu kirere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko Inama Njyanama y’aka Karere yafashe umwanzuro wo gukura iyo misoro kuri aba baturage ariko ko hagitegerejwe igisubizo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro RRA.

Yagize ati “Ubwo butaka basoreshwaho, Inama Njyanama yabufasheho icyemezo, ndetse nasanze Akarere karandikiye RRA kubera iki kibazo ariko nkigejejweho vuba kandi mu kwezi kumwe kizaba cyakemutse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

BREAKING: Byemejwe ko umuhanzi w’ikirangirire ku Isi azataramira mu Rwanda

Next Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.