Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hari mugenzi wabo ubayeho mu buzima bugoye kuko atifashije, akaba afite n’umwana urwaye Bwaki, ariko aho acumbikiwe hose, Ubuyobozi bw’ibanze busaba abamucumbikiye kumwirukana, ngo ntibushaka umuturage urwaje Bwaki.

Bivugwa n’abaturage bo mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, bavuga ko uyu muturage witwa Mukandayisenga Rachel w’imyaka 25 atagira epfo na ruguru nk’uko.

Bavuga ko ikibabaje ari uko n’abifuza kumufasha, bitabahira kuko ubuyobozi bwakamufashije buhita bubijundika, bubasaba kumwirukana.

Umwe yagize ati “Uyu mudamu abayeho nabi, ntagira aho kuba, n’uwihaye ngo aramucumbikiye ubuyobozi ntibumuha amahoro, bavuga ko arwaje bwaki, aho batamufashije gukemura icyo kibazo kimuteza bwaki ahubwo na bo bakabigiramo uruhari.”

Akomeza agira ati “Njyewe naramucumbikiye ari kurara hanze maze kumucumbikira umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano baraje bambwira ko uwo muntu batamushaka mu kagari ka Basa.”

Abajijwe impamvu yabwirwaga n’ubuyobozi ko budashaka uwo muturage, yasubije agira ati “ngo arwaje bwaki, ndababwira ngo njyewe uko ndiho, umubabaro arimo nanjye ni wo ndimo, ngomba kumucumbikira kuko ntawamfashije nta n’uwanguriye itafari bigeze aho nahawe akato nanjye ubwanjye, mpabwa akato n’ubuyobozi bavuga ko nta kintu cyo mu buyobozi ngomba kubona mu gihe uwo mudamu akiri iwanjye bavuga ko n’ikintu cyose kizajya kiribwa mu mudugudu nzajya nkiriha”.

Uyu muturage Mukandayisenga Rachel na we ubwe avuga ko abayeho mu buzima bugoye bwanatumye abyara abana batatu mu buryo yabaga atateguye kuko yasambanyirizwaga aho yabaga aryamye mu nzu zituzuye.

Ati “Ndeba inzu isakaye ariko idafunze ikaba ari yo ndaramo, none se ubwoba nabugira ko ariko biba byagenze nabigenza nte ko ntahandi mba ndi bujye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko ibyo kuba uyu muturage yirukanwa n’ubuyobozi bidashoboka, kandi ko n’iyo byaba bikorwa byaba ari amakosa.

Ati “Ntabwo numva ukuntu abantu bashobora kwirukana umuntu mu Mudugudu, oya oya ubu koko umuntu wese urwaye abaturage baramwirukana, none se bwaki irandura.”

Icyakoze ngo bagiye kubikurikirana. Ati “Icyo dukurikirana ni ukumenya niba koko ibyo bintu bibaho. Hari abaturage baba bashaka kumumenasha ngo ni uko afite abana barwaye bwaki kuko cyaba ari ikibazo twanamufasha kugikemura haba ari mu myumvire cyangwa mu bundi buryo.”

Inzu z’abandi zitaruzura ni zo uyu muturage yikingamo
Iyo avuga iby’imibereho anyuzamo agaturika akarira
Abaturage banenga uburyo ubuyobozi bumwirukana aho ageze hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Uguhangana kudasanzwe muri Shampiyona: Rayon yamaze gutambuka kuri mucyeba wayo APR

Next Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.