Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uguhangana kudasanzwe muri Shampiyona: Rayon yamaze gutambuka kuri mucyeba wayo APR

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo gutsinda Espoir FC, yahise ica kuri mucyeba wayo w’ibihe byose APR FC, ubu irayirusha inota rimwe, na yo ikarushwa na Kiyovu Sports amanota abiri.

Rayon Sports yari yagaruye bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye, yafunguye amazamu ku munota wa 3’ gusa w’igice cya mbere binyuze ku musore wa Tuyisenge Arsene nyuma y’uko abakinnyi b’inyuma b’ikipe ya Espoir FC bari bakoze amakosa ndetse igice cya mbere cyiza no kurangira gutyo.

Mu gice cya kabiri abasore b’umutoza Haringingo Francis Christian baje n’ubundi bafite inyota yo kubona ibindi bitego ndetse bakomeze gushyira igitutu ku ikipe ya Espoir FC yaje no guhita ikora ikosa, hakaboneKA PenaritI yahawe Umunya-Nigeria Andrè Willy Onana, wahise ayinjiza.

Ibi byahaye Rayon Sports icyizere cyo gukura amanota atatu inyuma y’Ishyamba, nubwo byari bimeze bityo ariko Espoir FC izwiho kutorohera amakipe ayisanze iwayo, yaje kubona igitego cy’Impozamarira cyatsinzwe na Yusuf Saaka ku munota wa 90’ w’umukino.

Umukino warangiye ikipe ya Rayon Sports ivanye amanota atatu mu Bufundu y’umunsi wa 27 wa shampiyona, ibi kandi bikaba byahise biyishyira ku mwanya wa Kabiri, inyuma ya Kiyovu Sports.

Kugeza ubu APR FC nyuma kunganya na AS Kigali, yisanze ku mwanya wa 3 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona mu gihe habura imikino itanu kugira ngo shampiyona ishyirweho akadomo.

 

Indi mikino y’umunsi wa 27

  • ESPOIR FC 1-2 RAYON SPORTS
  • Sunrise 3-1 Musanze FC
  • Gorilla FC 1-5 Rutsiro FC
  • 80’ Gasogi 0-1 Marines
  • 85’ Rwamagana FC 1-0 Bugesera FC

 

URUTONDE RW’AGATEGANYO

  1. KIYOVU Sports: 57 Pts
  2. Rayon Sports: 55 Pts
  3. APR FC: 54 Pts

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nineteen =

Previous Post

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Next Post

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.