Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uguhangana kudasanzwe muri Shampiyona: Rayon yamaze gutambuka kuri mucyeba wayo APR

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo gutsinda Espoir FC, yahise ica kuri mucyeba wayo w’ibihe byose APR FC, ubu irayirusha inota rimwe, na yo ikarushwa na Kiyovu Sports amanota abiri.

Rayon Sports yari yagaruye bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye, yafunguye amazamu ku munota wa 3’ gusa w’igice cya mbere binyuze ku musore wa Tuyisenge Arsene nyuma y’uko abakinnyi b’inyuma b’ikipe ya Espoir FC bari bakoze amakosa ndetse igice cya mbere cyiza no kurangira gutyo.

Mu gice cya kabiri abasore b’umutoza Haringingo Francis Christian baje n’ubundi bafite inyota yo kubona ibindi bitego ndetse bakomeze gushyira igitutu ku ikipe ya Espoir FC yaje no guhita ikora ikosa, hakaboneKA PenaritI yahawe Umunya-Nigeria Andrè Willy Onana, wahise ayinjiza.

Ibi byahaye Rayon Sports icyizere cyo gukura amanota atatu inyuma y’Ishyamba, nubwo byari bimeze bityo ariko Espoir FC izwiho kutorohera amakipe ayisanze iwayo, yaje kubona igitego cy’Impozamarira cyatsinzwe na Yusuf Saaka ku munota wa 90’ w’umukino.

Umukino warangiye ikipe ya Rayon Sports ivanye amanota atatu mu Bufundu y’umunsi wa 27 wa shampiyona, ibi kandi bikaba byahise biyishyira ku mwanya wa Kabiri, inyuma ya Kiyovu Sports.

Kugeza ubu APR FC nyuma kunganya na AS Kigali, yisanze ku mwanya wa 3 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona mu gihe habura imikino itanu kugira ngo shampiyona ishyirweho akadomo.

 

Indi mikino y’umunsi wa 27

  • ESPOIR FC 1-2 RAYON SPORTS
  • Sunrise 3-1 Musanze FC
  • Gorilla FC 1-5 Rutsiro FC
  • 80’ Gasogi 0-1 Marines
  • 85’ Rwamagana FC 1-0 Bugesera FC

 

URUTONDE RW’AGATEGANYO

  1. KIYOVU Sports: 57 Pts
  2. Rayon Sports: 55 Pts
  3. APR FC: 54 Pts

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + fourteen =

Previous Post

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Next Post

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Related Posts

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

by radiotv10
14/04/2026
0

Muhawenimana Claude umaze imyaka ari Umuyobozi w’Abafana b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yandikiwe na Komite Nyobozi y’aba bafana imumenyesha ko ahagaritswe muri...

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

IZIHERUKA

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.