Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bitambitse abayobozi bari bahagarikiye igikorwa cyo gusenyera abubatse mu buryo bunyuranyije n’amategeko, babatera amabuye barabirukankana bituma iki gikorwa gihagarara.

Ibi byabaye mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero, ubwo abayobozi bo ku rwego rw’Akagari n’Umurenge bajyaga gusenyera abubatse binyuranye n’amategeko.

Ubwo aba bayobozi bageraga ku nzu y’umuturage witwa Mujawamariya Felicite utari uhari, bagategeka abagomba kuyisenya gutangira ubundi ngo bakomereze ahandi, ni bwo abaturage bahise bahaguruka.

Umwe ati “Bakimara guca ririya pembe ni bwo abaturage hano bafashe amabuye batangirira kuri ASSOC bahita babatera amabuye. Kuko baje nta muntu n’umwe bari bari kumwe uretse abadasso, nta muntu wari ufite imbunda byibura ngo yabakumira, ubwo abayobozi bahise biruka babirukaho cyane rwose n’amabuye, nari mpibereye kuko nanjye nshinzwe umutekano nabikubwiye, ntakintu wabaga wavuga aha ngaha ubanza n’uwari ufite imbunda bakagombye kumukubita bari barakaye cyane.”

Icyakora abaturage bo muri uyu Mudugudu wa Rebero basaba ko ikibazo cyabo cyakwigwa kuko iyo basabye ibyangombwa byo kubaka ngo akenshi ubuyobozi bubasubiza ko batuye mu manegeka.

Undi ati “Nari narigomwe ndavuga nti reka nubake birangire, ubwo rero ndi kwibaza barayirituye, abana ntabwo nza kubashyira mu nzu n’inzara, ntabwo ari ayanjye ni inguzanyo nafashe muri banki, ubwo rero ikintu kiri kunsaza ni uko ari inguzanyo kandi simbaye muri iyo nzu byibura ngo mvuge ngo nzashakisha nishyure amafaranga y’abandi ndi no mu nzu.”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire mu Murenge wa Rugerero, Bizimana Faustin yizeje umunyamakuru wacu kumuha amakuru arambuye kuri iki kibazo, ariko ntibyakunze ku mpamu zaturutse kuri uyu muyobozi.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + four =

Previous Post

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwitwara iyo rwahendahenze uwahisemo kurubera umwanzi akinangira

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwitwara iyo rwahendahenze uwahisemo kurubera umwanzi akinangira

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwitwara iyo rwahendahenze uwahisemo kurubera umwanzi akinangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.