Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu isantere ya Nkomane mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubava, banenga bamwe mu rubyiruko rwishora mu ndaya kimwe n’abagabo bari kubuza umutekano abo bashakanye kubera kurarurwa n’indaya, mu gihe hari n’abavuga ko “ntabirenze” ngo kuko ibyo bikorwa byitwa uburaya nta muntu utabikora.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze muri iyi santere ya Nkomane iherereye mu Kagari ka Nkomane, Umurenge wa Kanama, yakirijwe ikibazo cy’uburaya bukomeje gufata indi ntera.

Bamwe mu rubyiruko baniyemerera ko bajya gukorana imibonano mpuzabitsina n’abakobwa bavugwaho ingeso zo kuba bicuruza, ngo kuko baba babona ari beza.

Umwe mu rubyiruko w’umusore, yagize ati “None se uri kumva hari karitsiye yagira indaya imwe? Ziba ari nyinshi, ese wabura gutwika uri ku yawe? Urumva nawe aba ari n’umwana urenze.”

Ni mu gihe abarimo na Mutwarasibo Rwabuzisoni Herman wo muri iyi santere, bagaragaza ko nta kidasanzwe ku buraya buyikorerwamo kuko ngo batabikorera ku karubanda, ndetse ko icyo gikorwa nta muntu utagikora.

Ati “Harya wowe ntabwo ubikora? Njyewe rero ntabwo nzi uko babikora. Urumva ko nawe bakubajije icyo kibazo yuko usambana ntabwo wabyemera.”

Abaturage bavuga kandi ko hari n’abagabo bafite ingo bajya kugura indaya, bigatuma imiryango yabo izamo amakimbirane kubera ko baba basahuye ingo zabo kugira ngo babone ibyo bajya guhonga abakora uburaya.

Umwe ati “Umugabo aba yagurishije nk’uturayi tw’umugore, ugasanga yatuzanye mu izo ndaya, aba ari ikibazo cyane. Uuri gusanga umugore yiturije mu rugo yakubaza ati ‘sheri amafaranga wayashyize hehe?’ ati ‘amafaranga se urayambaza warahinze?’ Ati ‘undusha gufata isuka ari njyewe mugabo, ari njye nawe mugore ufite itegeko mu rugo ninde sinjyewe?’”

Undi muturage na we wagaragaje ingaruka ziri guterwa n’izi ngeso, yagie ati “umugabo agomba kuva mu ndaya yava mu izo ndaya akaza ari gukubita umugore we.”

Umunyamakuru yagerageje kubaza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Mugisha Honore kugira icyo avuga kuri iki kibazo, ariko akikimusobanurira, ahita ava ku murongo wa telefone.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + thirteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Next Post

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Inkuru itangaje y'umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.