Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu isantere ya Nkomane mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubava, banenga bamwe mu rubyiruko rwishora mu ndaya kimwe n’abagabo bari kubuza umutekano abo bashakanye kubera kurarurwa n’indaya, mu gihe hari n’abavuga ko “ntabirenze” ngo kuko ibyo bikorwa byitwa uburaya nta muntu utabikora.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze muri iyi santere ya Nkomane iherereye mu Kagari ka Nkomane, Umurenge wa Kanama, yakirijwe ikibazo cy’uburaya bukomeje gufata indi ntera.

Bamwe mu rubyiruko baniyemerera ko bajya gukorana imibonano mpuzabitsina n’abakobwa bavugwaho ingeso zo kuba bicuruza, ngo kuko baba babona ari beza.

Umwe mu rubyiruko w’umusore, yagize ati “None se uri kumva hari karitsiye yagira indaya imwe? Ziba ari nyinshi, ese wabura gutwika uri ku yawe? Urumva nawe aba ari n’umwana urenze.”

Ni mu gihe abarimo na Mutwarasibo Rwabuzisoni Herman wo muri iyi santere, bagaragaza ko nta kidasanzwe ku buraya buyikorerwamo kuko ngo batabikorera ku karubanda, ndetse ko icyo gikorwa nta muntu utagikora.

Ati “Harya wowe ntabwo ubikora? Njyewe rero ntabwo nzi uko babikora. Urumva ko nawe bakubajije icyo kibazo yuko usambana ntabwo wabyemera.”

Abaturage bavuga kandi ko hari n’abagabo bafite ingo bajya kugura indaya, bigatuma imiryango yabo izamo amakimbirane kubera ko baba basahuye ingo zabo kugira ngo babone ibyo bajya guhonga abakora uburaya.

Umwe ati “Umugabo aba yagurishije nk’uturayi tw’umugore, ugasanga yatuzanye mu izo ndaya, aba ari ikibazo cyane. Uuri gusanga umugore yiturije mu rugo yakubaza ati ‘sheri amafaranga wayashyize hehe?’ ati ‘amafaranga se urayambaza warahinze?’ Ati ‘undusha gufata isuka ari njyewe mugabo, ari njye nawe mugore ufite itegeko mu rugo ninde sinjyewe?’”

Undi muturage na we wagaragaje ingaruka ziri guterwa n’izi ngeso, yagie ati “umugabo agomba kuva mu ndaya yava mu izo ndaya akaza ari gukubita umugore we.”

Umunyamakuru yagerageje kubaza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Mugisha Honore kugira icyo avuga kuri iki kibazo, ariko akikimusobanurira, ahita ava ku murongo wa telefone.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Next Post

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Inkuru itangaje y'umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.