Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu isantere ya Nkomane mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubava, banenga bamwe mu rubyiruko rwishora mu ndaya kimwe n’abagabo bari kubuza umutekano abo bashakanye kubera kurarurwa n’indaya, mu gihe hari n’abavuga ko “ntabirenze” ngo kuko ibyo bikorwa byitwa uburaya nta muntu utabikora.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze muri iyi santere ya Nkomane iherereye mu Kagari ka Nkomane, Umurenge wa Kanama, yakirijwe ikibazo cy’uburaya bukomeje gufata indi ntera.

Bamwe mu rubyiruko baniyemerera ko bajya gukorana imibonano mpuzabitsina n’abakobwa bavugwaho ingeso zo kuba bicuruza, ngo kuko baba babona ari beza.

Umwe mu rubyiruko w’umusore, yagize ati “None se uri kumva hari karitsiye yagira indaya imwe? Ziba ari nyinshi, ese wabura gutwika uri ku yawe? Urumva nawe aba ari n’umwana urenze.”

Ni mu gihe abarimo na Mutwarasibo Rwabuzisoni Herman wo muri iyi santere, bagaragaza ko nta kidasanzwe ku buraya buyikorerwamo kuko ngo batabikorera ku karubanda, ndetse ko icyo gikorwa nta muntu utagikora.

Ati “Harya wowe ntabwo ubikora? Njyewe rero ntabwo nzi uko babikora. Urumva ko nawe bakubajije icyo kibazo yuko usambana ntabwo wabyemera.”

Abaturage bavuga kandi ko hari n’abagabo bafite ingo bajya kugura indaya, bigatuma imiryango yabo izamo amakimbirane kubera ko baba basahuye ingo zabo kugira ngo babone ibyo bajya guhonga abakora uburaya.

Umwe ati “Umugabo aba yagurishije nk’uturayi tw’umugore, ugasanga yatuzanye mu izo ndaya, aba ari ikibazo cyane. Uuri gusanga umugore yiturije mu rugo yakubaza ati ‘sheri amafaranga wayashyize hehe?’ ati ‘amafaranga se urayambaza warahinze?’ Ati ‘undusha gufata isuka ari njyewe mugabo, ari njye nawe mugore ufite itegeko mu rugo ninde sinjyewe?’”

Undi muturage na we wagaragaje ingaruka ziri guterwa n’izi ngeso, yagie ati “umugabo agomba kuva mu ndaya yava mu izo ndaya akaza ari gukubita umugore we.”

Umunyamakuru yagerageje kubaza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Mugisha Honore kugira icyo avuga kuri iki kibazo, ariko akikimusobanurira, ahita ava ku murongo wa telefone.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 15 =

Previous Post

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Next Post

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Inkuru itangaje y'umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.