Monday, February 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umubiligi yaterejwe cyamunara urubanza rutaracibwa umutungo wa Miliyoni 400 ugurishwa 110Frw

radiotv10by radiotv10
01/11/2022
in MU RWANDA
3
Rubavu: Umubiligi yaterejwe cyamunara urubanza rutaracibwa umutungo wa Miliyoni 400 ugurishwa 110Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi utuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, yasohowe mu nzu ngo bamutereze cyamunara mu gihe urubanza rwayo rutaracibwa mu buryo bwa burundu, aho umutungo ufite agaciro ka Miliyoni 400 Frw wagurishijwe Miliyoni 110 Frw.

Umuryango waterejwe cyamunara, ni uwa Valois Felix akaba umuvandimwe wa Valois Jean Marie wafashe inguzanyo ya Miliyoni 61 Frw mu gihe umutungo wagurishijwe ufite agaciro ka Miliyoni 400 Frw ariko ukaba wagurishijwe Miliyoni 110 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yageze ahatuye uyu muryango wa Valois Felix, asanga ibikoresho byo mu nzu byasohowe ndetse akavura kari kugwa.

Umugore wa Valois Felix, yavuze ko iyi cyamunara ifitanye isano n’urubanza bamaze iminsi baburana rw’umuvandimwe wabo wagiranye ikibazo n’undi muntu.

Ati “Twaje kubimenya ko bamuhamagaye mu rukiko baza gushyira muri cyamunara hano mu mutungo urimo abavandimwe batanu, umwe ni we wagize icyo kibazo, twese turi abazungura, harimo abuzukuru n’abuzukuruza, noneho ntibafata umutungo wa nyiri ubwite wagize ikibazo, bafata iby’abantu twese.”

Uyu muturage avuga ko batunguwe n’iyi cyamunara ibaye imburagihe kuko urubanza rwayo rutaracibwa mu buryo bwa burundu.

Ati “Ikigaragara ni uko umunsi wa none bagize batya badushyira hanze umutware yazindukiye mu kiraka i Kigali. Abana bari mu ishuri, barataha bajye he? Ese ntibatanga n’integuza?”

Uyu muryango uvuga ko wari waniyambaje Ubuyobozi bw’Akarere nyuma yo kumenyeshwa ko umutungo wabo ugiye guterezwa cyamunara, ndetse bukabasubiza ko bagomba gutegereza icyemezo cy’urukiko kizasomwa tariki 14 z’uku kwezi k’Ugushyingo 2022.

Uyu mugore wa Valois yakomeje agira ati “Babomoye, turahari ntabwo twapfuye ariko nta muntu bamenyesheje, ntabwo bampamagaye, ntibahamagaye umutware, ubu se ibyo tubura turabibaza nde?”

Umuhesha w’inkiko w’umwuga Me Nyirakamana Daphrose wari uhagarariye iki gikorwa cyo guteza cyamunara, yanze kuvugana n’itangazamakuru, gusa uyu muryango wasohowe uvuga ko abari bafitanye ikibazo cyatumye uyu mutungo utezwa cyamunara bagerageje kumvikana ndetse bajyana ikirego gitesha agaciro umwanzuro w’urukiko wa mbere ariko uruhande rundi ngo rwashyizemo imbaraga zo kurangiza urubanza hutihuti.

Me Niyonkuru Jean Aime uyobora urugaga rw’abahesha b’inkiko b’umwuga mu Rwanda, avuga ko itegeko rya cyamunara na ryo rifite ikibazo bityo ko hari ubwo umuturage abirenganiramo.

Ati “Twe nk’Urugaga, tolerance [kwihangana] ari zeru mu gihe habayeho ikosa ariko n’itegeko ubwaryo rifite ikibazo kuko urabona tuyoborwa na system, iyo umutungo ugiye ku isoko muri cyamunara ya mbere n’iya kabiri, nyiri umutungo n’ugurisha bafite uburenganzira bwo kwanga mu gihe igiciro kitagera kuri 70% ariko ku nshuro ya gatatu, nubwo haboneka ibihumbi bibiri, system ihita ifunguka igatangaza uwatsinze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yabajijwe ibijyanye n’amabaruwa abiri yanditswe ku munsi umwe imwe ibwira uwatsindiye imitungo mu cyamunara gushyira mu bikorwa ibyemejwe n’urukiko indi isaba uwaterejwe cyamunara gutegereza ibyemezo by’urubanza yajuririye ruzasomwa mu kwezi kwa 11, yasubije ko n’ubundi Akarere atari ko karangiza imanza zivuye mu nkiko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 3

  1. Gakwandi says:
    3 years ago

    uwo Nyirakamana Daphrose ninde utamuzi se agikora ku kagari ka Nengo aho i Gisenyi? akumiro nuko yabaye umuhesha winkiko,ibindi muzibarize abahatuye bamuzi

    Reply
  2. Jerome says:
    3 years ago

    Ndumva uwo muturage yare
    nganyijwe.

    Reply
  3. Jean Baptiste says:
    3 years ago

    Ariko njye nyoberwa nizo nkiko! Umuntu agujije amafranga miliyoni 60 akarangiza gukora igikorwa cya miliyoni 400, ntibaha nagaciro effort zose umuntu yakoresheje ngo bagurisha igice niba byihutirwa,ahubwo bahitamo kumuhombya? Ubwo kandi ngo n’urukiko rurashaka ihazabu muri ubwo busa baba bashatse gutanga! Wasubira inyuma ugenzuye ugasanga uwatsindiye isoko ugasanga afite igikingi kibiri inyuma!
    Ibyo ni ukwiba umuntu systématiquement bihishe inyuma y’amategeko en plus héritage ya famille ! Ubwo bumva ko uwo muntu yakunda igihugu ate mu buzima?
    Umuhesha w’inkiko se uzi amategeko we ugurisha cyamunara urubanza rutararangira we yahawe nande uburenganzira? Uwo maire se we ubyikuraho,ibikorerwa mu karere ke siwe ubona décision y’urukiko ya nyuma kugira ngo ateguze, anatange umunsi wa cyamunara afatanyije n’urukiko ? Ni ubujura bwihishe inyuma. Abo bakene bahembwa urusenda utabaha inyoroshyo kubera ikizere wifitiye jalousie zikazamuka bakagupangira gusubira ku isuka iyo hatajemo irindi tiku ngo ufungirwe ubusa.

    Reply

Leave a Reply to Jerome Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Next Post

Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi abahinzi babagarana ibigori banatera ibiti (AMAFOTO)

Related Posts

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

IZIHERUKA

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho
AMAHANGA

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

by radiotv10
02/02/2026
0

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

02/02/2026
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

02/02/2026
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

02/02/2026
Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

02/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi abahinzi babagarana ibigori banatera ibiti (AMAFOTO)

Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi abahinzi babagarana ibigori banatera ibiti (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.