Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umugabo wahukanye agasiga umugore mu nzu yatijwe na Se yateje umwiryane

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umugabo wahukanye agasiga umugore mu nzu yatijwe na Se yateje umwiryane
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, ararebana ay’ingwe n’umukazana we wanze kuva mu nzu yari yaratije umuhungu we akayishakiramo ariko akaza kuyisigamo uwo babanaga mu buryo butemewe n’amategeko.

Uyu musaza witwa Bazirabasoma Alphone utuye mu Mudugudu wa Rwaza mu Kagari ka Rwaza muri uyu Murenge wa Rugerero, yabwiye RADIOTV10 ko iyi nzu yari yayitije umuhungu we ubwo yari amaze kugimbuka ngo ajye ayiraramo bidateye kabiri ahita ayizaniramo umugore.

Uyu musaza uvuga ko umuhungu we yashakiye muri iyi nzu atabanje kubimumenyesha, avuga ko atahiriwe n’urushako, akaza kwahukana agasigamo umugore none imyaka ibaye 13 yaranze kuva muri iyo nzu.

Ati “Inzu ni iyanjye, urugo ni urwanjye, sinumva uko nabura uburenganzira mu bintu byanjye.”
Bazirabasoma avuga ko yigishije umuhungu we umwuga uzamutunga ariko akamubwira ko iyo nzu yayimutije atagomba kumva ko ari iyo amuhaye.

Ati “Namwigishije akazi k’ubushoferi bwa moto, ndamubwira nti ‘ubwo umaze kuba umushoferi, uzajye gushaka ibyawe nanjye ahanjye mpasubirane ni ho hazacunga kuko maze gusaza’.”

Uwineza Aline, umukazana w’uyu musaza, avuga ko iyi nzu adashobora kuyivamo kuko ngo ayifiteho uburenganzira 100% kuko ngo azi neza ko ari umunani w’uwahoze ari umugabo we.

Uyu mubyeyi avuga ko iyi nzu ari yo mpozamarira yonyine asigaranye kuko yagorewe muri uru rugo bikomeye, gusa mu kugorwa kwe birasa n’aho ari we wabyihamagariye kuko yiyemerera ko ariwe wafashe iya mbere akabwira umugabo ko abana babiri bombi atari abe.

Uwineza Aline avuga ko iyi nzu yanayiyubakiye kuko yayinjiyemo ituzuye bityo ko adashobora kuyivamo. Gusa ibyangombwa by’iyi nzu byanditse mu mazina ya Bazirabasoma.

Ati “Kandi ikirenze icyo, aha hantu mpafiteho ijana ku ijana bitewe nuko njye niyubakiye, ntabwo ninjiye mu rwuzuye.”
Umugabo wa Aline umaze imyaka itatu batabana, avuga ko atananiwe gukudeshereza abana yabyaranye n’uyu mugore ariko hakiri imbogamizi.

Ati “Muzehe yaramfashishije anshakira perimi, ntabwo nabura amikoro yo guhahira abana nabyaye, ariko kugeza ubu ntabwo nzi ngo umwana wanjye ni uwuhe.”

Akomeza agira ati “Abana niba ari abanjye ni umuzigo wanjye ntabwo ari uwa Papa. Baze mbiteho ariko bareke kubuza umutuzo papa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Murenzi Augustin avuga ko iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi.

Ati “Icyo twamusaba niba atwumva, yazatugana ku wa Kabiri twakira abaturage tukamwumva tukamugira inama kugira ngo tumenye ikibazo cye n’uburyo twagikemura cyangwa se twagiha umurongo.”

Amakimbirane mu miryango akunze kumvikana mu bice muri aka Karere ka Rubavu, akenshi ashingiye ku mitungo agatuma havuka ibibazo birimo gutandukana kw’abashakanye ndetse na bamwe bajya bicana hagati yabo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri ahana censi n’umuturage w’i Musanze

Next Post

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda
IMYIDAGADURO

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.