Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umugore avuga ko yafatiye umugabo we mu cyuho agiye kumunena urusenda mu gitsina

radiotv10by radiotv10
21/01/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umugore avuga ko yafatiye umugabo we mu cyuho agiye kumunena urusenda mu gitsina
Share on FacebookShare on Twitter
  • Anamushinja gukoresha imiti nyongerabushake

Umuturage wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu arashinja umugabo we kumuburabuza ku buryo hari igihe yamuhengereye yasinziriye agashaka kumumena urusenda mu gitsinda ariko amufata atarabikora.

Uyu mugore witwa Bibutsuhuzo Christine usanzwe asengera mu itorero rya ADEPR, avuga ko muri 2007 yashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko na Nizeyimana Alphonse ariko ngo umuryango w’umugabo ntiwigeze umwishimira.

Christine avuga ko uku kutishimirwa n’umuryango w’umugabo byatumye na we atangira kumwanga atangira kumwicisha imirimo ndetse ntanamuhahire cyangwa ngo amugurire icyo kwambara.

Avuga ko ibi yashoboraga kubyihanganira ariko ko byaje kuba guhumira ku mirari ubwo umugabo we yagaragazaga impinduka mu bijyanye n’igikorwa cyo mu buriri kuko byageze aho umugabo agaragaza ubushake budasanzwe ku buryo iyo bajyaga mu gikorwa cyamaraga umwanya munini.

Ati “Ndamubaza nti ‘ko wahindutse byagenze gute?’ arambwira ngo yagiye gufata imiti imwongerera ubushake, musaba ko yasubirayo bakamuha umuti akongera agasubira uko yari ameze, arabyanga arambwira ngo hari ubwo yasubirayo akagendanira ko.”

Christine uvuga ko umugabo we hari igihe yamuhindukizaga inshuro eshatu mu ijoro, avuga ko muri 2019 byaje guhindura isura kuko yari agiye kumugirira nabi Imana ikinga akaboko.

Ati “Tukiri muri ayo makimbirane nararyamaga umugabo nijoro akamurika mu myanya ndangagitsina njye ngatekereza ko hari icyo agiye agakora, ubwa mbere biraba aramurika ntiyagira icyo akora, ubwa kabiri biraba bigenda uko, ubwa gatatu ndavuga nti ‘reka ndebe ikihishe inyuma ibi bintu’ ndamureka mwereka ko nsinziriye ngiye kubona mbona afite urusenda agiye kurunsukamo.”

Avuga ko icyo gihe yamubajije ibyo yari agiye gukora, akamwemerera ko yari agiye kumumena urusenda mu gitsina ariko amusaba imbabazi ndetse baranandikirana.

Christine avuga ko bitabaje inzego ariko bikomeza kwanda ahitamo kwahukana asiga umugabo we ashinja kumujujubya.

Nizeyimana Alphonse avuga ko ibitangazwa n’umugore we ari ibinyoma ko ahubwo umugore yahindutse ubwo bamaraga guhabwa miliyoni 12 Frw z’ingurane y’inzu yabo yagonzwe n’umuhanda.

Ati “Ibyo byose ni uburyo bwo kunsebya kuko twari tumaranye imyaka 12 twari tubanye neza, ikibazo cyaje kubera ariya mafaranga, ni byo byatumye ava mu rugo ajya no kwaka gatanya avuga ngo tugabane kabiri.”

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko uyu muryango bawugiriye inama inshuro nyinshi z’uko bashobora kubana mu mahoro ariko bubonye bikomeje kwanga babagira inama yo kugana inkiko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Next Post

Pakistan: Umugore w’Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pakistan: Umugore w’Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Pakistan: Umugore w'Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.