Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umunyamerikakazi wari wibwe igikapu kirimo ibifite agaciro ka 1.300.000Frw yagisubijwe

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umunyamerikakazi wari wibwe igikapu kirimo ibifite agaciro ka 1.300.000Frw yagisubijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bakekwaho kwiba igikapu cy’Umunyamerikakazi wari uri mu bikorwa by’ubukerarugendo mu Karere ka Rubavu, bafashwe, naho uyu munyamahanga we asubizwa igikapu cye cyari kibwe kirimo ibintu bifite agaciro ka Milimiyoni 1,3 Frw.

Ubu bujura bwakorewe uyu munyamahanga witwa Kirsten Dodroe, bwabereye mu Mudugudu wa Mariba mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu.

Uyu munyamahanga wari wibwe, yari kumwe n’abanyeshuri  10 n’uwari ushinzwe kubayobora baturuka mu bihugu bitandukanye biga mu ishuri rya UGHE (University of Global Health) riherereye mu murenge wa Butaro,  bari mu butembere mu duce dutandukanye tugize Akarere ka Rubavu.

Aba banyeshuri ku itariki ya 01 Gicurasi ubwo bari barimo gusura ahantu hatandukanye mu Karere ka Rubavu harimo n’ishyamba rya Gishwati bwaje kubiriraho bashinga amahema bararyama, ibikapu byabo babibitsa mu nzu y’ikaragiro ry’amata ryitwa MCC (Milk Collection Center), ari naho igikapu cy’umwe muri bo w’umunyamerikakazi cyaje kwibirwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko abafashwe ari abagabo 2, ari  bo Tuyishime Theogene umukozi w’iri karagiro, na Nshimiyimana Vedaste umushumba w’inka.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko aba bajura bakinguye urugi rw’iyi nzu yari ibitsemo ibikapu by’aba bakerarugendo maze bakuramo igikapu cy’uwitwa Kirsten Dodroe w’Umunyamerika bivugwa ko cyarimo ibintu bifite agaciro ka 1.300.000.

Ba mukerarugendo  bakimara kubura igikapu nibwo bahamagaye Polisi bamemenyesha ko bibwe.

Yakomeje avuga ko Polisi ifatanyije n’inzego z’ibanze yahise itangira ibikorwa byo guhiga abo bajura, ku ikubitiro hafashwe umukozi w’iri karagiro witwa Tuyishime Theogene.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yagize ati “akimara gufatwa yavuze ko yafatanyije n’umushumba witwa Nshimiyimana Vedaste ari na we wajyanye igikapu. Polisi yahise itangira ibikorwa byo kumushakisha  afatirwa mu Karere ka Ngororero, mu Murenge wa Muhanda afite bimwe mu bikoresho yakuye muri cya gikapu.”

Uyu mushumba wahise yerekana aho yahishe icyo gikapu, yanasanganywe udupfunyika tw’urumogi 10.

Abafashwe bashyikirijwe urwego  rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Kanama ngo hakomeze iperereza mu gihe ibyibwe byashyikirijwe nyirabyo.

Kirsten Dodroe yasubijwe igikapu cye

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange  Ingingo ya 166 ivuga ko;  umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

Ingingo ya 263 yo muri iri tegeko ivuga ko umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Next Post

Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3

Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.