Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umusaza arakekwaho kwicwa n’inzuki zamuriye agiye kuzirukana

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umusaza arakekwaho kwicwa n’inzuki zamuriye agiye kuzirukana
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bamusanze yapfuye yariwe n’inzuki yari yagiye kwirukana, bikaba bikekwa ko ari zo zamwivuganye ndetse n’umuriro yazitwikishaga.

Umurambo w’uyu musaza w’imyaka 65 wabonetse nyuma yuko avuye mu rugo mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki 24 Nzeri agiye kwirukana inzuki zari zabateye zikaza mu isambu yabo.

Uyu mugabo wagiye agiye kwirukana izo nzuki zari mu murima wabo uherereye mu Kagari ka Kinigi muri uyu Murenge wa Nyamyumba, yavuye mu rugo amenyesheje umugore we.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko uyu mugabo witwa Biribagabo Sekayuzi Deo, yabonye izo nzuki ubwo yajyaga mu murima agiye guhinda agasanga hari inzuki.

Avuga ko uyu mugabo yahise asubira iwe mu rugo gufata ikibiriti ubundi ajya gutwika izo nzuki, nyuma bakaza kumusanga yapfiriye aho ndetse yariwe n’inzuki, yanahiye ku buryo umuriro wanamukuruye ukamwica.

Niyomugabo Innocent uyobora Umurenge wa Nyamyumba, yemeje aya makuru y’urupfu rwa nyakwigendera avuga ko basanze yariwe n’inzuki ndetse yanahiye.

Yagize ati “Birashoboka ko inzuki zamuriye noneho umuriro yari yatwitse ngo wirukane izo nzuki, ukamutwika.”

Umuryango wa nyakwigendera wahise usaba ko ashyingurwa, bikaba biteganyijwe ko aherekezwa uyu munsi ku wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Next Post

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.