Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, barikoma umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Ruranga, bavuga ko yatorewe mu kabari, none akaba anabayoboza inkoni kuko hari benshi yateye inguma.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Ruranga mu Kagari ka Rugerero, bavuga ko uwari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe umutekano yavuyeho mu buryo batamenye, ahubwo bakumva ngo bahawe undi, mu buryo batagizemo uruhare.

Umwe ati “Nta muntu wamutoye, we na mudugudu ni bo bazi uburyo bitoye. Bavuze ko mutekano wacu twari twaratoye bamukuyeho, turanarekalama impamvu bakuyeho mutekano wacu, tubajije amakuru bavuga ko bamutoreye muri hoteli (mu kabari) bari kunywa inzoga.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu muyobozi washyizweho mu buryo budasobanutse, akomeje kurangwa n’imyitwarire idakwiye umuyobozi, kuko abakubita, ku buryo hari n’abamaze kumutangaho ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Undi muturage ati “Arakubitana. Atarajya no ku buyobozi yakundaga kugira amahane, nanjye yigeze kunkubita.”

Aba baturage ntibatinya no kubwirira mu ruhame uyu muyobozi ko ibyo akora ari amakosa, nk’uko byagaragajwe n’umwe muri bo ubwo yari amuri imbere bari kumwe n’umunyamakuru.

Umwe ubwo yabwiraga uyu muyobozi, yagize ati “Ntiwakubitiye umuntu muri rond-point hakaza mutekano w’Akagari, iyo ataza byari kugenda gute? Uri umunyarugomo.”

Uyu muyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Ruranga, Nzabarinda Faustin, avuga ko umuturage umushinja kumukubita, yabikoze yitabara kuko yashakaga kumurwanya.

Ati “Njye naritabaye kuko baramfungiranaga, nabikoze maze guhamagara hejuru. Ubu uru rugo ruri kwicungira umutekano bitewe n’uko banyikoma.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yabwiye RADIOTV10 ko bagiye gukurikirana ikibazo cy’uyu muyobozi uvugwaho imyitwarire ibangamira abaturage.

Ati “Umuyobozi ushyirirwaho mu kabari yarangiza akajya no guhohotera abaturage! Wasanga anabyiyitirira nta n’uwamushyizeho, gusa biba bisaba natwe kubisesengura neza tukamenya impamvu. Ntabwo byemewe gutorerwa mu kabari nta n’ubwo byemewe guhohotera abaturage.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, akomeza avuga ko abaturage ari bo bafite uburenganzira bwo gukuraho umwe mu bagize komite y’Umudugudu biciye mu nzira zemewe n’amategeko bakabimenyesha ubuyobozi bw’Akagari n’Umurenge nk’uko biteganywa n’iteka rya Perezida ryerekeye Umurenge, Akagari n’Umudugudu cyane cyane mu ngingo yaryo ya 40.

Abaturage bavuga ko uwo muyobozi badashaka ko akomeza kuguma ku buyobozi
Bamwe yabujuje inguma ku mubiri

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 10 =

Previous Post

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Next Post

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.