Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, barikoma umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Ruranga, bavuga ko yatorewe mu kabari, none akaba anabayoboza inkoni kuko hari benshi yateye inguma.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Ruranga mu Kagari ka Rugerero, bavuga ko uwari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe umutekano yavuyeho mu buryo batamenye, ahubwo bakumva ngo bahawe undi, mu buryo batagizemo uruhare.

Umwe ati “Nta muntu wamutoye, we na mudugudu ni bo bazi uburyo bitoye. Bavuze ko mutekano wacu twari twaratoye bamukuyeho, turanarekalama impamvu bakuyeho mutekano wacu, tubajije amakuru bavuga ko bamutoreye muri hoteli (mu kabari) bari kunywa inzoga.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu muyobozi washyizweho mu buryo budasobanutse, akomeje kurangwa n’imyitwarire idakwiye umuyobozi, kuko abakubita, ku buryo hari n’abamaze kumutangaho ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Undi muturage ati “Arakubitana. Atarajya no ku buyobozi yakundaga kugira amahane, nanjye yigeze kunkubita.”

Aba baturage ntibatinya no kubwirira mu ruhame uyu muyobozi ko ibyo akora ari amakosa, nk’uko byagaragajwe n’umwe muri bo ubwo yari amuri imbere bari kumwe n’umunyamakuru.

Umwe ubwo yabwiraga uyu muyobozi, yagize ati “Ntiwakubitiye umuntu muri rond-point hakaza mutekano w’Akagari, iyo ataza byari kugenda gute? Uri umunyarugomo.”

Uyu muyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Ruranga, Nzabarinda Faustin, avuga ko umuturage umushinja kumukubita, yabikoze yitabara kuko yashakaga kumurwanya.

Ati “Njye naritabaye kuko baramfungiranaga, nabikoze maze guhamagara hejuru. Ubu uru rugo ruri kwicungira umutekano bitewe n’uko banyikoma.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yabwiye RADIOTV10 ko bagiye gukurikirana ikibazo cy’uyu muyobozi uvugwaho imyitwarire ibangamira abaturage.

Ati “Umuyobozi ushyirirwaho mu kabari yarangiza akajya no guhohotera abaturage! Wasanga anabyiyitirira nta n’uwamushyizeho, gusa biba bisaba natwe kubisesengura neza tukamenya impamvu. Ntabwo byemewe gutorerwa mu kabari nta n’ubwo byemewe guhohotera abaturage.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, akomeza avuga ko abaturage ari bo bafite uburenganzira bwo gukuraho umwe mu bagize komite y’Umudugudu biciye mu nzira zemewe n’amategeko bakabimenyesha ubuyobozi bw’Akagari n’Umurenge nk’uko biteganywa n’iteka rya Perezida ryerekeye Umurenge, Akagari n’Umudugudu cyane cyane mu ngingo yaryo ya 40.

Abaturage bavuga ko uwo muyobozi badashaka ko akomeza kuguma ku buyobozi
Bamwe yabujuje inguma ku mubiri

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 3 =

Previous Post

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Next Post

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.