Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
2
Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aravuga ko ubuyobozi bwamusenyeye inzu nyuma y’uko yiyambaje itangazamakuru ko bwamubujije kuyisaka, inkuru yamara kujya hanze bugahita bujya gushyira hasi iyo nzu bumuziza kuba yabureze.

Uyu muturage witwa Mvuyekure Jean Damascene, yari aherutse kwiyambaza RADIOTV10 ngo imuvuganire ku karengane avuga ko yakorewe n’ubuyobozi bwamubujije gusakara inzu ye yari amaze gusakara ubugiragatatu ariko ubuyobozi bukaza bukayisakambura.

Nyuma y’uko inkuru y’ubuvugizi itambutse mu bitangazamakuru bya RADIOTV10, ubuyobozi bwahise bujya gusenya iyi nzu.

Mvuyekure aganira n’Umunyamakuru yagize ati “Amakuru watanze abayobozi baravuze ngo navugiye kuri radiyo ngo narabareze ngo ni yo mpamvu baje gusenya iyi nzu ngo bitewe nuko nabareze.”

Ni inzu bavuga ko yari imaze imyaka irenga 30 yanabayemo ababyeyi ba Mvuyekure, akaba yari yayisannye.

Uyu muryango wa Mvuyekure uvuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero yazanye n’ushinzwe imiturere ndetse n’abapolisi babiri na DASSO umwe bagahita basenya iyi nzu.

Kuva icyo gihe uyu muryango uba mu itongo, uvuga ko wababajwe n’aka karengane ko gusenyerwa iyi nzu.

Ubwo iyi nzu yasenywaga n’ubuyobozi, byarakaje abaturanyi b’uyu muryango bashaka kurwanya inzego bazitera amabuye ariko na bo ntibyabahira kuko bakubiswe inkoni nyinshi.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Icyatumye batera amabuye, ni agahinda k’abana be n’ukuntu na we ubwe ahagaze.”

Umwe muturage avuga ko batumva uburyo ubuyobozi bwasenye iyi nzu y’umuturanyi wabo kuko yayisakaye bureba.

Ati “Twatangajwe no kubona umusaza bamusenyeye kandi ntahandi hantu afite ho kuba.”

Undi muturage yagize ati “Ni igikomere kiri ku mutima kuko niba ari kuryama niba ari guteka nta n’uwabimenya kuko ari kurara ahagaze.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ndetse ajya ku biro by’umukozi ushinzwe itangamazamakuru mu Karere wari wamwizeje ko aza kumuhuza n’Umuyobozi w’Akarere ariko akahamara amasaha atatu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Murenzi Augustin aheruka kubwira RADIOTV10 ko uyu muturage bamusabye gushaka aho acumbika ubundi akazabanza agashaka ibyangombwa byo kubaka kuko aha ashaka kubaka ari mu mujyi.

Yagize ati “Twamugiriye inama kenshi ariko ikigaragara uyu muturage arashaka kwigomeka, arimo arubaka ku mbaraga.”

Mvuyekure uvuga ko ubwo yasenyerwaga n’ubuyobozi ntakintu yaramuye mu nzu kuko ibikoresho byose byarimo byangiritse, akavuga ko adateze kuva aha yabujijwe kubaka kuko ngo ari kuri gakondo ye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. Cyriaque says:
    3 years ago

    Nyabuneka, nyabuna bayobozi mujye mubitekerezaho neza mbere yo gufata icyemezo. Ibigaragara hari aho mushyira mu bikorwa gahunda sa Le ta musizemo ingufu z’umurengera. Kubuza umuturage gusakara insu waremeyeko izamurwa ikagera aho isakarwa uba wirengagije KO waba wararangaye, bityo wakamuhannye we NK’uwarenze lu mabwiriza ariko ntukore igikorwa kimeze nko guhima uluryangowe harimo n’abana n’umugore. Ibyo bisiga ingaruka zitari nziza kuribo n’ababibonye mwakoze ibintu NK’ibi. Rose mwikosore tukomeze tugire igihugu cy’amahoro n’umutekano aho umuturage akomeza kwishimira ibimukorerwa kandi nawe agizemo uruhare. Wibukeko ejo nawe hari itegeko ryakuryoza ibyo wahutaje uhagaze mu nshingano ukazikoresha nabi. Baturage natwe tujye twitabira inama zitegura ibikorwa bya gahunda sa Leta ziteganijwe, mubaze aho mutumva musobanuze, musobanukirwe hakiri kare. Byose bituruka kuba mutazi ibijya mbere kuko mutanamenye igihe byavugiwe. Twese duhararire gusigasira ibyagezweho, twimakaza uburenganzira n’ubutabera juri buri wese.

    Reply
  2. Pegasus Spark says:
    3 years ago

    Itangazamakuru narisabaga ko ryajya ryitodera inkuru nk’izi, rikirinda kubogama, rikababza kureba kuri gahunda ya politike y’igihugu, rikirinda amarangamutina. Impamvu mpereye kuri bino, nuko naryo rimaze iminsi rishyirwa mumajwi ko rihabwa “Akantu” kugirango ribashe gutambukiriza ikuru kanaka. Kubera ko uwo munyamakuru aba yahawe akantu, akazana amaranga-mutima mumwanya w’ahari kujya PROFESIYONALIZIME”!

    Hakagombye kwibazwa imiterere ya gahunda ya Leta yo kubaka no kuvugurura imijyi mu Rwanda uko iteye.
    Hakibazwa nanone niba abaturage bazi iyo gahunda nshya y’imyubakire uko iteye.
    Hakibazwa niba iyo gahunda hari icyo uteganya iyo umuturage ateganywa kubanza kubahiriza iyo yifuza kuvugurura, gusana cg kubaka inzu ye, ese abigenza gute cg abinyuza muyihe nzira?

    Ibyo byose iyo umaze kubyibaza, uhita ureba niba umuturage yaranyuze munzira zemewe , yarubahirije amabwiriza y’ibisabwa ajya gusana.
    Byakabaye ari byiza itangazamakuru rigiye rifasa abaturage kumva gahunda za Leta bakanazikurikiza.

    Kugirango umujyi urusheho gusa neza, ni uko abaturage bifuza kubaka, abasana cg abavugurura bagomba kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi aho kiri.

    Uko nsanzwe nzi neza, akarere ka Rubavu, mubijyanye n’imyubakire, abaturage baho bakunze kugira umuco wo kwigomeka kunzego z’ubuyobozi, bagakora ibyo bishakiye, bakubaka mukajagari.

    Ubuyobozi bw’akarere n’umurenge butabaye kali (serious), umujyi wakomeza kuba uwakajagari!

    Icyo nsozerezaho, ni uko kubyerekeranye n’inyubako, BIRANGWAMO RUSWA NYINSHI CYANE, cyane cyane munzego z’ibanze (kurwego rw’Isibo, Umudugudu, Akagali, rimwe na rimwe n’urw’umurenge)!
    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + four =

Previous Post

DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

Next Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Related Posts

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC/Rwanda Media Commission) rwahwituye abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, rubasaba kwirinda gutangaza ibishingiye ku bitekerezo...

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

by radiotv10
23/05/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri 'Wisdom School' ryo mu Karere ka Musanze, basuye polisi y’u Rwanda ku Cyicaro Gikuru...

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Abagabo batatu b’abanyamahanga bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rubakurikiranyego ubucuruzi butemewe bw’amafaranga, iperereza ry’ibanze kuri bo ryagaragaje ko...

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

by radiotv10
23/05/2025
0

Martin Ngoga wagize imyanya inyuranye mu nzego Nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uwari Major uzwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza akurikiranyweho ibyaha

by radiotv10
22/05/2025
0

Retired Major Rugamba Robert uzwi mu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Karere ka Nyanza, akurikiranywe muri dosiye y’abari gukorwaho iperereza...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.