Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
4
Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aravuga ko ubuyobozi bwamusenyeye inzu nyuma y’uko yiyambaje itangazamakuru ko bwamubujije kuyisaka, inkuru yamara kujya hanze bugahita bujya gushyira hasi iyo nzu bumuziza kuba yabureze.

Uyu muturage witwa Mvuyekure Jean Damascene, yari aherutse kwiyambaza RADIOTV10 ngo imuvuganire ku karengane avuga ko yakorewe n’ubuyobozi bwamubujije gusakara inzu ye yari amaze gusakara ubugiragatatu ariko ubuyobozi bukaza bukayisakambura.

Nyuma y’uko inkuru y’ubuvugizi itambutse mu bitangazamakuru bya RADIOTV10, ubuyobozi bwahise bujya gusenya iyi nzu.

Mvuyekure aganira n’Umunyamakuru yagize ati “Amakuru watanze abayobozi baravuze ngo navugiye kuri radiyo ngo narabareze ngo ni yo mpamvu baje gusenya iyi nzu ngo bitewe nuko nabareze.”

Ni inzu bavuga ko yari imaze imyaka irenga 30 yanabayemo ababyeyi ba Mvuyekure, akaba yari yayisannye.

Uyu muryango wa Mvuyekure uvuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero yazanye n’ushinzwe imiturere ndetse n’abapolisi babiri na DASSO umwe bagahita basenya iyi nzu.

Kuva icyo gihe uyu muryango uba mu itongo, uvuga ko wababajwe n’aka karengane ko gusenyerwa iyi nzu.

Ubwo iyi nzu yasenywaga n’ubuyobozi, byarakaje abaturanyi b’uyu muryango bashaka kurwanya inzego bazitera amabuye ariko na bo ntibyabahira kuko bakubiswe inkoni nyinshi.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Icyatumye batera amabuye, ni agahinda k’abana be n’ukuntu na we ubwe ahagaze.”

Umwe muturage avuga ko batumva uburyo ubuyobozi bwasenye iyi nzu y’umuturanyi wabo kuko yayisakaye bureba.

Ati “Twatangajwe no kubona umusaza bamusenyeye kandi ntahandi hantu afite ho kuba.”

Undi muturage yagize ati “Ni igikomere kiri ku mutima kuko niba ari kuryama niba ari guteka nta n’uwabimenya kuko ari kurara ahagaze.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ndetse ajya ku biro by’umukozi ushinzwe itangamazamakuru mu Karere wari wamwizeje ko aza kumuhuza n’Umuyobozi w’Akarere ariko akahamara amasaha atatu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Murenzi Augustin aheruka kubwira RADIOTV10 ko uyu muturage bamusabye gushaka aho acumbika ubundi akazabanza agashaka ibyangombwa byo kubaka kuko aha ashaka kubaka ari mu mujyi.

Yagize ati “Twamugiriye inama kenshi ariko ikigaragara uyu muturage arashaka kwigomeka, arimo arubaka ku mbaraga.”

Mvuyekure uvuga ko ubwo yasenyerwaga n’ubuyobozi ntakintu yaramuye mu nzu kuko ibikoresho byose byarimo byangiritse, akavuga ko adateze kuva aha yabujijwe kubaka kuko ngo ari kuri gakondo ye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Cyriaque says:
    3 years ago

    Nyabuneka, nyabuna bayobozi mujye mubitekerezaho neza mbere yo gufata icyemezo. Ibigaragara hari aho mushyira mu bikorwa gahunda sa Le ta musizemo ingufu z’umurengera. Kubuza umuturage gusakara insu waremeyeko izamurwa ikagera aho isakarwa uba wirengagije KO waba wararangaye, bityo wakamuhannye we NK’uwarenze lu mabwiriza ariko ntukore igikorwa kimeze nko guhima uluryangowe harimo n’abana n’umugore. Ibyo bisiga ingaruka zitari nziza kuribo n’ababibonye mwakoze ibintu NK’ibi. Rose mwikosore tukomeze tugire igihugu cy’amahoro n’umutekano aho umuturage akomeza kwishimira ibimukorerwa kandi nawe agizemo uruhare. Wibukeko ejo nawe hari itegeko ryakuryoza ibyo wahutaje uhagaze mu nshingano ukazikoresha nabi. Baturage natwe tujye twitabira inama zitegura ibikorwa bya gahunda sa Leta ziteganijwe, mubaze aho mutumva musobanuze, musobanukirwe hakiri kare. Byose bituruka kuba mutazi ibijya mbere kuko mutanamenye igihe byavugiwe. Twese duhararire gusigasira ibyagezweho, twimakaza uburenganzira n’ubutabera juri buri wese.

    Reply
  2. Pegasus Spark says:
    3 years ago

    Itangazamakuru narisabaga ko ryajya ryitodera inkuru nk’izi, rikirinda kubogama, rikababza kureba kuri gahunda ya politike y’igihugu, rikirinda amarangamutina. Impamvu mpereye kuri bino, nuko naryo rimaze iminsi rishyirwa mumajwi ko rihabwa “Akantu” kugirango ribashe gutambukiriza ikuru kanaka. Kubera ko uwo munyamakuru aba yahawe akantu, akazana amaranga-mutima mumwanya w’ahari kujya PROFESIYONALIZIME”!

    Hakagombye kwibazwa imiterere ya gahunda ya Leta yo kubaka no kuvugurura imijyi mu Rwanda uko iteye.
    Hakibazwa nanone niba abaturage bazi iyo gahunda nshya y’imyubakire uko iteye.
    Hakibazwa niba iyo gahunda hari icyo uteganya iyo umuturage ateganywa kubanza kubahiriza iyo yifuza kuvugurura, gusana cg kubaka inzu ye, ese abigenza gute cg abinyuza muyihe nzira?

    Ibyo byose iyo umaze kubyibaza, uhita ureba niba umuturage yaranyuze munzira zemewe , yarubahirije amabwiriza y’ibisabwa ajya gusana.
    Byakabaye ari byiza itangazamakuru rigiye rifasa abaturage kumva gahunda za Leta bakanazikurikiza.

    Kugirango umujyi urusheho gusa neza, ni uko abaturage bifuza kubaka, abasana cg abavugurura bagomba kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi aho kiri.

    Uko nsanzwe nzi neza, akarere ka Rubavu, mubijyanye n’imyubakire, abaturage baho bakunze kugira umuco wo kwigomeka kunzego z’ubuyobozi, bagakora ibyo bishakiye, bakubaka mukajagari.

    Ubuyobozi bw’akarere n’umurenge butabaye kali (serious), umujyi wakomeza kuba uwakajagari!

    Icyo nsozerezaho, ni uko kubyerekeranye n’inyubako, BIRANGWAMO RUSWA NYINSHI CYANE, cyane cyane munzego z’ibanze (kurwego rw’Isibo, Umudugudu, Akagali, rimwe na rimwe n’urw’umurenge)!
    Murakoze

    Reply
  3. Joanna Riggs says:
    5 months ago

    Hi,

    I just visited radiotv10.rw and wondered if you’ve ever considered an impactful video to advertise your business? Our videos can generate impressive results on both your website and across social media.

    Our prices start from just $195 (USD).

    Let me know if you’re interested in seeing samples of our previous work.

    Regards,
    Joanna

    Reply
  4. Joanna Riggs says:
    3 months ago

    Hi,

    I just visited radiotv10.rw and wondered if you’ve ever considered an impactful video to advertise your business? Our videos can generate impressive results on both your website and across social media.

    Our videos cost just $195 for a 30 second video ($239 for 60 seconds) and include a full script, voice-over and video.

    I can show you some previous videos we’ve done if you want me to send some over. Let me know if you’re interested in seeing samples of our previous work.

    Regards,
    Joanna

    Reply

Leave a Reply to Cyriaque Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 4 =

Previous Post

DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

Next Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.