Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu macumbi y’akabari gaherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, basanze umugabo yapfiriyemo mu gihe yari yararanyemo n’uwahoze ari umugore we bari baratandukanye waje kumusigamo avuga ko agiye kuzana ubwishyu bwa Lodge.

Ibi byabaye ku manywa y’ihangu kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022 ubwo abakora mu kabari kazwi nka Kwetu Bar gaherereye mu Mudugudu wa Kalisimbi mu Kagari ka Kivumu, bajya kureba amakuru y’umukiliya wabo wari warayemo bagasanga ibye byarangiye.

Uyu mugabo witwa Djuma w’imyaka 62 yari yaje gucumbika muri iri cumbi ku wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022 ubundi araranamo n’umugore bahoze babana bakaza gutandukana.

Uwahaye amakuru RADIOTV10 avuga ko aba bombi yaba ari uyu nyakwigendera ndetse n’umugore, basanzwe batuye muri aka gace muri Gisenyi.

Uyu mugore yaje kuva muri iri cumbi avuga ko agiye kuzana amafaranga yo kwishyura icumbi ariko agenda muti wa mperezayo ari na byo byaje gutuma abakora muri aka kabari bajya kureba iby’uyu mugabo kuko yari amazemo igihe adasohoka.

Ku isaha ya saa munani n’igice ni bwo abakora muri aka kabari bagiye kureba uyu mugabo basanga yapfuye, bahita biyambaza inzego na zo zihutiye kuharera.

Jean Bosco Tuyishime Umunyamabanga uyobora Umurenge wa Gisenyi, avuga ko uyu nyakwigendera yagiye gucumbika muri ariya macumbi mu saa cyenda z’ijoro ubwo imvura yari iri kugwa.

Uyu muyobozi avuga ko abakora muri aka kabari bakimenya ko uyu mugabo yapfuye bahise babimenyesha inzego zirimo n’iz’umutekano zahise zitangira gushakisha umugore bari bararanye.

Umugore wari wararanye na nyakwigendera aracyashakishwa mu gihe umurambo w’umugabo wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eleven =

Previous Post

COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda

Next Post

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.