Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, arakekwaho kwica umugore we wari utwite inda y’amezi atanu (5) agahita yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo rubimuryoze.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 23 Werurwe 2023, mu Mudugudu wa Ngurukizi mu Kagari ka Nyamagana muri uyu Murenge wa Ruhango, aho uyu mugabo ukekwaho kubukora yabanaga n’umugore we bahacumbitse.

Uwisoni Yvonne uyobora Umudugudu wa Ngurukizi, yabwiye RADIOTV10 ko na we iyi nkuru yayimenye mu ijoro ryabereyemo ubu bwicanyi, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahamagaraga uyu muyobozi rukabimumenyesha.

Yagize ati “Kuri RIB bampamagaye bambaza niba nzi umuntu bita Habyara nyiri iki gipangu [gikodeshamo uyu mugabo], mbabwira ko muzi, barambwira bati ‘ihute urebe umugabo yishe umugore, urebe niba amakuru ari ukuri’.”

Uyu muyobozi avuga ko yihutiye kuhagera azana na nyiri iki gipangu, bahagera bahasanga ku nzu ibamo uyu mugabo n’umugore we akekwaho kwivugana, hakinze.

Avuga ko umusore na we ukodesha muri iki gipangu yababwiye ko uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we yamusigiye imfunguzo amubwira ngo “umugore we naza aze kuzimuha.”

Uyu muyobozi avuga ko yahise asaba uyu muhungu gukingura iyi nzu, ati “yahise akingura twinjira mu nzu tubona icyumba kiriho urugi turarusunika dusanga aroroshe.”

Yahise amenyesha RIB yari yamuhamagaye ko koko uyu mugabo yishe umugore we.

Bamwe mu baturage babonye umurambo wa nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko nta gikomere bamubonanye, bagakeka ko yamwivuganye amunize.

Icyakora nanone hari abakeka ko uyu mugabo ashobora kuba yarishe umugore we hakiri kare agakomeza kubihisha kuko yari yiriwe atuma abana babo bavuga ko kuva mu gitondo batigeze baca iryera mama wabo.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwo muri aka gace ndetse n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko nyakwigendera n’umugabo we bari basanzwe babana mu makimbirane.

Umwe mu baturanyi avuga ko uyu muryango wari umaze amezi atatu uje muri uyu Mudugudu bavuye mu wundi bihana imbibi, ariko ko habanje kuza umugore wanahaje ahunda umugabo we, ariko akaza kuhamusanga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayumba Leodomir says:
    3 years ago

    Iyinkuru iteye agahinda, arikose burimunsi ko bene iyi nkuru isoza havugwa ngo byari bisanzwe bizwi ko babanye nabi kuki birindirako umwe yica undi? batitandukanyije ubuyobozi bwo ntacyo bwakora bitarindiriye urupfu?

    Reply

Leave a Reply to Kayumba Leodomir Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Next Post

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Related Posts

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

by radiotv10
13/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

by radiotv10
13/02/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege (RwandAir) yatangaje ko bitewe n’ibibazo by’ikirere cyagaragayemo ibicu biremereye, ingendo zerecyeza cyangwa ziva ku Kibuga cy’Indege...

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite...

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

by radiotv10
13/02/2026
0

Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n'Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira...

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

by radiotv10
12/02/2026
0

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no...

IZIHERUKA

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira
AMAHANGA

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

13/02/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

13/02/2026
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

13/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.