Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umukecuru umurusha imyaka 23 wari umwugamishije imvura

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
2
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo, akurikiranyweho gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 58 ubwo yamusangaga ku buriri bw’aho yari agiye kugama imvura.

Uyu mugabo akurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi rwanamaze kumuregera Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi tariki 15 Nyakanga 2022.

Ni icyaka cyabereye ahatuye uyu mukecuru mu Kagari ka Gatwa, Umurenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaka cyakozwe tariki 23 Werurwe 2022 ubwo uyu mugabo yari agiye kugama imvura yagera aho agiye kugama imvura agasanga uwo mukecuru yicaye ku buriri.

Buvuga ko uyu mugabo akigera muri iyi nzu agasangamo uwo mukecuru, yahise amusunira ku buriri babanza kugundagurana ariko umugabo amurusha imbaraga ari na bwo yamukoreye ibyo bya mfura mbi akanamuruma ku jisho.

Akimara gukora iki cyaha, uyu mugabo yahise atoroka kuko yari azi neza ko ibyo akoz ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ubushinjacyaha buvuga ko mu kwiregura k’uyu mugabo, atigeze yinangira kuko yemeye ko yakoze iki cyaha ndetse anagisabira imbabazi.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Uyu mugabo naramuka ahamwe n’icyaha azahanishwa igihano cy’igifungo hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu hagati ya 1.000.000 na 2.000.000 nk’uko giteganywa mu ngingo ya 134 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Uwimana Sandrine says:
    3 years ago

    Ark ibaze ukuntu yateye igikomere uwo mubyeyi ahubwo bazagifunge burundu

    Reply
  2. Emmé says:
    3 years ago

    Ba Gatera Nari nzi ko batakiriho naho nibwo bageze gukora ayo mabi!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + four =

Previous Post

Ambasaderi w’u Bwongereza yiragamye ibyo guca ruhinganyuma u Rwanda akaruvuga nabi

Next Post

Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha

Related Posts

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

IZIHERUKA

10 Reasons why you should visit Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha

Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10 Reasons why you should visit Rwanda

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.