Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugore akurikiranyweho kumena amazi ashyushye ku muhungu we ngo ashaka kumuca ku bujura

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in MU RWANDA
0
Rulindo: Umugore akurikiranyweho kumena amazi ashyushye ku muhungu we ngo ashaka kumuca ku bujura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi rukurikiranye umugore wo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Rulindo, icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake umwana we w’umuhungu aho yisobanuye avuga ko yabikoze ashaka kumuca ku ngeso y’ubujura.

Uyu mugore w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kigali mu Kagari ka Marembo mu Murenge wa Kinihira, akurikiranyweho kumena amazi ashyushye umwana w’umuhungu w’imyaka 19 amushinja ubujura.

Kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021 Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye bwa Gicumbi bwaregeye uyu mugore Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi.

Ni icyaha cyakozwe tariki 11 Ugushyingo 2021 ubwo uyu mugore yahengeraga umuhungu aryamye ubundi akamumenaho amazi yari yashyuhije akabira.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu muhungu yahise yangirika mu isura, mu maso no ku nda agahita yitabaza inzego ajya kurega nyina agahita atabwa muri yombi.

Mu ibazwa ry’uregwa, yemereye Ubushinjacyaha ko yakoze kiriya gikorwa ariko ko yabitewe na Shitani.

Avuga ko yamennyeho amazi ashyushye ku muhungu we ashaka kumuca ku ngeso y’ubujura buvugwa kuri uyu muhungu.

Ubushinjacyaha buburana n’uyu mugore buvuga ko ibitangazwa n’uyu mugore bidafite ishingiro kuko umuhungu we yamubajije icyo ashyuhiije amazi, undi akamubwira ko ari ayo guha ingurube.

Ubushinjacyaha buvuga uyu mugore yakoze kiriya gikorwa yagitekerejeho ku buryo biramutse bimuhamye yahanwa hagendewe ku ngingo y’ 121 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Abateguye igitaramo cya Koffi bemeje ko ntakizagihagarika, abakirwanya bati “ni ugusonga abahohotewe”

Next Post

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.