Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugore akurikiranyweho kumena amazi ashyushye ku muhungu we ngo ashaka kumuca ku bujura

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in MU RWANDA
0
Rulindo: Umugore akurikiranyweho kumena amazi ashyushye ku muhungu we ngo ashaka kumuca ku bujura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi rukurikiranye umugore wo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Rulindo, icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake umwana we w’umuhungu aho yisobanuye avuga ko yabikoze ashaka kumuca ku ngeso y’ubujura.

Uyu mugore w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kigali mu Kagari ka Marembo mu Murenge wa Kinihira, akurikiranyweho kumena amazi ashyushye umwana w’umuhungu w’imyaka 19 amushinja ubujura.

Kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021 Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye bwa Gicumbi bwaregeye uyu mugore Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi.

Ni icyaha cyakozwe tariki 11 Ugushyingo 2021 ubwo uyu mugore yahengeraga umuhungu aryamye ubundi akamumenaho amazi yari yashyuhije akabira.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu muhungu yahise yangirika mu isura, mu maso no ku nda agahita yitabaza inzego ajya kurega nyina agahita atabwa muri yombi.

Mu ibazwa ry’uregwa, yemereye Ubushinjacyaha ko yakoze kiriya gikorwa ariko ko yabitewe na Shitani.

Avuga ko yamennyeho amazi ashyushye ku muhungu we ashaka kumuca ku ngeso y’ubujura buvugwa kuri uyu muhungu.

Ubushinjacyaha buburana n’uyu mugore buvuga ko ibitangazwa n’uyu mugore bidafite ishingiro kuko umuhungu we yamubajije icyo ashyuhiije amazi, undi akamubwira ko ari ayo guha ingurube.

Ubushinjacyaha buvuga uyu mugore yakoze kiriya gikorwa yagitekerejeho ku buryo biramutse bimuhamye yahanwa hagendewe ku ngingo y’ 121 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Abateguye igitaramo cya Koffi bemeje ko ntakizagihagarika, abakirwanya bati “ni ugusonga abahohotewe”

Next Post

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.