Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati, yemeye ko asanzwe afasha umukobwa umushinja kumutera inda atarageza imyaka y’ubukure abanje no kumusindisha, gusa akavuga ko afite ibimenyetso ko uyu mukobwa yaje ari kuri misiyo yo gushaka kumuhindanyiriza isura.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe, hatangiye gucicikana amakuru y’umukobwa witwa Kabahizi Fredaus ushinja uyu mukinnyi wa Film kumutera inda abanje kumusindisha atarageza n’imyaka y’ubukure bakaza kubyarana impanga z’abana babiri.

Uyu mukobwa waganiriye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko yamenyanye na Ndimbati ubwo uyu mukinnyi wa Film yakundaga kuza kureba umuhungu babaga mu gipangu kimwe ufata amashusho (Cameraman).

Uyu mukobwa avuga ko yaje kubwira Ndimbati ko amufana ndetse akamwaka ubufasha bwo kumwinjiza mu mwuga wo gukina film undi na we akamwemerera.

Nyuma ngo baje guhura bumvikanye ko bagiye kuganira kuri ubu bufasha yari yamwemereye, bahura Ndimbati ari mu modoka irimo inzoga yitwa Amarura akaza kumuhaho.

Ati “Ndanywa, ndasinda ibyakurikiyeho naje gusanga ndyamanye na we muri lodge, bwari ubwa mbere nyweye inzoga, n’abo twabanaga barabizi, ni we wazinywesheje bwa mbere, njye nari nziko inzoga zibiha sinari nzi n’uko zisa uretse byeri.”

Nyuma ngo yaje kubona impinduka ku mubiri we, agiye kwa muganga, basanga aratwite ahita abimenyesha Ndimbati akamwizeza kuzamufasha.

Uyu mukobwa uvuga ko yatangiye kubonabona kubera gucika intege, yaje kujyanwa na Ndimbati kubana na mwishywa we i Gikondo ariko ntiyarambayo kuko batahuje.

Kabahizi Fredaus wavuze byinshi kuri iyi nkuru ndende y’ibyamubayeho kuva yasama aho yanaje gusubira iwabo ku ivuko mu Majyepfo ariko naho ntahatinde, yavuze ko amaze kubyara impanga, yatangiye kugirana ibibazo n’umugore babanaga barahujwe na Ndimbati akaza kujya kumukodeshereza inzu ku Kamonyi ariko we n’abana be bahicirwa n’inzara kuko uyu mukinnyi wa film atabafashaga.

Uyu mukobwa avuga ko yafashe umwanzuro wo kujya kureba Ndimbati aho atuye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ndetse ajya no kubimenyesha RIB.

Avuga ko Ndimbati yageze n’aho amusaba abana babyaranye ubundi akamuha ibihumbi 500 Frw kugira ngo ashake icyo akora ubundi azasubirane abana afite icyo abatungisha ariko na byo ntiyabikora, gusa ngo yamufashije kubona akazi.

 

Ndimbati ati iki?

Uwihoreye Mustafa AKA Ndimbati wemeye ko azi uyu mugore, yavuze ko atigeze yanga kumufasha ndetse ko n’ubu amufasha.

Ndimbati yemeza ko n’inzu uyu mugore abamo ari we umwishyurira ubukode ndetse anamufasha mu mibereho ya buri munsi, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Yakubwiye ko se uko yari abayeho atari njyewe wabikoraga?”

Ndimbati avuga ko uyu mugore yaje akamujugunyira abana bamaze ukwezi kumwe ariko nyuma y’iminsi ibiri akongera kuza kubiba.

Uwihoreye Mustafa avuga ko atigeze yanga gufasha uyu mubyeyi ahubwo ko yamwifuzagamo amafaranga y’umurengera.

Ati “Yaraje hari papa we, abavandimwe be, aravuga ngo arifuza miliyoni 5, bakamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300, bakamushakira umukozi ndetse bakamushakira n’akazi yifuza.”

Uwihoreye AKA Ndimbati uvuga ko atanizera ko inda yavutsemo aba bana ari we wayiteye uyu mugore, yavuze ko afite ibimenyetso byinshi bigaragaza ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura.

Ati “Mfite ibimenyetso byinshi cyane ntavugira hano bigaragaza ko uwo mugore ahubwo yari ari kuri misiyo yo kugira ngo asebye izina ryanjye.”

Ndimbati avuga ko iki kibazo nikigera mu nzego, kizakemuka mu buryo bw’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 3 =

Previous Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.