Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati, yemeye ko asanzwe afasha umukobwa umushinja kumutera inda atarageza imyaka y’ubukure abanje no kumusindisha, gusa akavuga ko afite ibimenyetso ko uyu mukobwa yaje ari kuri misiyo yo gushaka kumuhindanyiriza isura.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe, hatangiye gucicikana amakuru y’umukobwa witwa Kabahizi Fredaus ushinja uyu mukinnyi wa Film kumutera inda abanje kumusindisha atarageza n’imyaka y’ubukure bakaza kubyarana impanga z’abana babiri.

Uyu mukobwa waganiriye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko yamenyanye na Ndimbati ubwo uyu mukinnyi wa Film yakundaga kuza kureba umuhungu babaga mu gipangu kimwe ufata amashusho (Cameraman).

Uyu mukobwa avuga ko yaje kubwira Ndimbati ko amufana ndetse akamwaka ubufasha bwo kumwinjiza mu mwuga wo gukina film undi na we akamwemerera.

Nyuma ngo baje guhura bumvikanye ko bagiye kuganira kuri ubu bufasha yari yamwemereye, bahura Ndimbati ari mu modoka irimo inzoga yitwa Amarura akaza kumuhaho.

Ati “Ndanywa, ndasinda ibyakurikiyeho naje gusanga ndyamanye na we muri lodge, bwari ubwa mbere nyweye inzoga, n’abo twabanaga barabizi, ni we wazinywesheje bwa mbere, njye nari nziko inzoga zibiha sinari nzi n’uko zisa uretse byeri.”

Nyuma ngo yaje kubona impinduka ku mubiri we, agiye kwa muganga, basanga aratwite ahita abimenyesha Ndimbati akamwizeza kuzamufasha.

Uyu mukobwa uvuga ko yatangiye kubonabona kubera gucika intege, yaje kujyanwa na Ndimbati kubana na mwishywa we i Gikondo ariko ntiyarambayo kuko batahuje.

Kabahizi Fredaus wavuze byinshi kuri iyi nkuru ndende y’ibyamubayeho kuva yasama aho yanaje gusubira iwabo ku ivuko mu Majyepfo ariko naho ntahatinde, yavuze ko amaze kubyara impanga, yatangiye kugirana ibibazo n’umugore babanaga barahujwe na Ndimbati akaza kujya kumukodeshereza inzu ku Kamonyi ariko we n’abana be bahicirwa n’inzara kuko uyu mukinnyi wa film atabafashaga.

Uyu mukobwa avuga ko yafashe umwanzuro wo kujya kureba Ndimbati aho atuye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ndetse ajya no kubimenyesha RIB.

Avuga ko Ndimbati yageze n’aho amusaba abana babyaranye ubundi akamuha ibihumbi 500 Frw kugira ngo ashake icyo akora ubundi azasubirane abana afite icyo abatungisha ariko na byo ntiyabikora, gusa ngo yamufashije kubona akazi.

 

Ndimbati ati iki?

Uwihoreye Mustafa AKA Ndimbati wemeye ko azi uyu mugore, yavuze ko atigeze yanga kumufasha ndetse ko n’ubu amufasha.

Ndimbati yemeza ko n’inzu uyu mugore abamo ari we umwishyurira ubukode ndetse anamufasha mu mibereho ya buri munsi, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Yakubwiye ko se uko yari abayeho atari njyewe wabikoraga?”

Ndimbati avuga ko uyu mugore yaje akamujugunyira abana bamaze ukwezi kumwe ariko nyuma y’iminsi ibiri akongera kuza kubiba.

Uwihoreye Mustafa avuga ko atigeze yanga gufasha uyu mubyeyi ahubwo ko yamwifuzagamo amafaranga y’umurengera.

Ati “Yaraje hari papa we, abavandimwe be, aravuga ngo arifuza miliyoni 5, bakamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300, bakamushakira umukozi ndetse bakamushakira n’akazi yifuza.”

Uwihoreye AKA Ndimbati uvuga ko atanizera ko inda yavutsemo aba bana ari we wayiteye uyu mugore, yavuze ko afite ibimenyetso byinshi bigaragaza ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura.

Ati “Mfite ibimenyetso byinshi cyane ntavugira hano bigaragaza ko uwo mugore ahubwo yari ari kuri misiyo yo kugira ngo asebye izina ryanjye.”

Ndimbati avuga ko iki kibazo nikigera mu nzego, kizakemuka mu buryo bw’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 3 =

Previous Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.