Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati, yemeye ko asanzwe afasha umukobwa umushinja kumutera inda atarageza imyaka y’ubukure abanje no kumusindisha, gusa akavuga ko afite ibimenyetso ko uyu mukobwa yaje ari kuri misiyo yo gushaka kumuhindanyiriza isura.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe, hatangiye gucicikana amakuru y’umukobwa witwa Kabahizi Fredaus ushinja uyu mukinnyi wa Film kumutera inda abanje kumusindisha atarageza n’imyaka y’ubukure bakaza kubyarana impanga z’abana babiri.

Uyu mukobwa waganiriye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko yamenyanye na Ndimbati ubwo uyu mukinnyi wa Film yakundaga kuza kureba umuhungu babaga mu gipangu kimwe ufata amashusho (Cameraman).

Uyu mukobwa avuga ko yaje kubwira Ndimbati ko amufana ndetse akamwaka ubufasha bwo kumwinjiza mu mwuga wo gukina film undi na we akamwemerera.

Nyuma ngo baje guhura bumvikanye ko bagiye kuganira kuri ubu bufasha yari yamwemereye, bahura Ndimbati ari mu modoka irimo inzoga yitwa Amarura akaza kumuhaho.

Ati “Ndanywa, ndasinda ibyakurikiyeho naje gusanga ndyamanye na we muri lodge, bwari ubwa mbere nyweye inzoga, n’abo twabanaga barabizi, ni we wazinywesheje bwa mbere, njye nari nziko inzoga zibiha sinari nzi n’uko zisa uretse byeri.”

Nyuma ngo yaje kubona impinduka ku mubiri we, agiye kwa muganga, basanga aratwite ahita abimenyesha Ndimbati akamwizeza kuzamufasha.

Uyu mukobwa uvuga ko yatangiye kubonabona kubera gucika intege, yaje kujyanwa na Ndimbati kubana na mwishywa we i Gikondo ariko ntiyarambayo kuko batahuje.

Kabahizi Fredaus wavuze byinshi kuri iyi nkuru ndende y’ibyamubayeho kuva yasama aho yanaje gusubira iwabo ku ivuko mu Majyepfo ariko naho ntahatinde, yavuze ko amaze kubyara impanga, yatangiye kugirana ibibazo n’umugore babanaga barahujwe na Ndimbati akaza kujya kumukodeshereza inzu ku Kamonyi ariko we n’abana be bahicirwa n’inzara kuko uyu mukinnyi wa film atabafashaga.

Uyu mukobwa avuga ko yafashe umwanzuro wo kujya kureba Ndimbati aho atuye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ndetse ajya no kubimenyesha RIB.

Avuga ko Ndimbati yageze n’aho amusaba abana babyaranye ubundi akamuha ibihumbi 500 Frw kugira ngo ashake icyo akora ubundi azasubirane abana afite icyo abatungisha ariko na byo ntiyabikora, gusa ngo yamufashije kubona akazi.

 

Ndimbati ati iki?

Uwihoreye Mustafa AKA Ndimbati wemeye ko azi uyu mugore, yavuze ko atigeze yanga kumufasha ndetse ko n’ubu amufasha.

Ndimbati yemeza ko n’inzu uyu mugore abamo ari we umwishyurira ubukode ndetse anamufasha mu mibereho ya buri munsi, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Yakubwiye ko se uko yari abayeho atari njyewe wabikoraga?”

Ndimbati avuga ko uyu mugore yaje akamujugunyira abana bamaze ukwezi kumwe ariko nyuma y’iminsi ibiri akongera kuza kubiba.

Uwihoreye Mustafa avuga ko atigeze yanga gufasha uyu mubyeyi ahubwo ko yamwifuzagamo amafaranga y’umurengera.

Ati “Yaraje hari papa we, abavandimwe be, aravuga ngo arifuza miliyoni 5, bakamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300, bakamushakira umukozi ndetse bakamushakira n’akazi yifuza.”

Uwihoreye AKA Ndimbati uvuga ko atanizera ko inda yavutsemo aba bana ari we wayiteye uyu mugore, yavuze ko afite ibimenyetso byinshi bigaragaza ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura.

Ati “Mfite ibimenyetso byinshi cyane ntavugira hano bigaragaza ko uwo mugore ahubwo yari ari kuri misiyo yo kugira ngo asebye izina ryanjye.”

Ndimbati avuga ko iki kibazo nikigera mu nzego, kizakemuka mu buryo bw’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + fourteen =

Previous Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.