Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza, baravuga ko umuturanyi wabo yabarengereye akabima inzira, none imyaka ikaba ibaye ibiri, we akavuga ko yafunze iyo nzira ko yanyuraga mu gikoni no mu gikare iwe.

Ni abaturage b’imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, bavuga ko umuturanyi wabo waje amaze kugura ubutaka n’undi, akabima inzira.

Bavuga ko ubu kugira ngo bagere aho batuye, bibasaba kuzenguruka bagakora urugendo rw’ikilometero kubera kwimwa inzira n’uyu muturanyi wabo.

Mujyanama Robert avuga ko nyuma yo kwimwa inzira n’uwitwa Mugisha waguze ubutaka hano hafi, bakomeje gusiragira mu buyobozi babusaba kubakemurira iki kibazo.

Ati “Twahereye mu buyobozi, ikibazo kimaze imyaka ibiri irenga dusaba inzira. Yadufashaga kujyana abana ku ishuri, gushaka amazi no kujya kuri butike, none ubu nta nzira dufite itugeza ku bikorwa remezo.”

Nsengiyumva David na we ati “Ni inzira yaduhuzaga n’abavandimwe, yewe no mu nsengero hose, ni inzira yari ifitiye abaturage akamaro. Kugeza ubu ntaho tugira duca.”

Aba baturage bavuga ko yaba ubuyobozi bw’Akagari ndetse n’ubw’Umurenge, buzi iki kibazo, ariko bukaba bwaranze kugikemura.

Merecienne Mukaruramu ati “Baraturangaranye cyane, Umurenge warahageze nk’inshuro zirenga enye, ariko banze kudukemurira ikibazo.”

Umutesi Deliphine, umugore wa Mugisha ushyirwa mu majwi n’abaturage ko yabimye inzira, avuga ko nyuma yo kuhagura yasanze banyura mu gikari cye, n’imbere y’igikoni ahitamo kuhafunga.

Ati “Inzira yacaga imbere y’igikari cyanjye igaca no ku gikoni, ubwo mbona abo bantu batakomeza guca imbere y’igikari no ku gikoni, mbona bimbangamiye ni ko kuhafunga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirama, Ntagwabira Oswald avuga ko ari mushya muri uyu Murenge, gusa ngo nta muturage n’umwe ukwiye kwimana inzira kuko bigenwa n’itegeko.

Ati “Nta muntu ugomba kwima abandi inzira. Icyo gihe ni yo yaba atabishaka bigaragara ko inzira igomba kuhaba, icyo gihe ubuyobozi bubafasha kugira ngo bubumvikanishe kugira ngo iyo nzira ihaboneke.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Next Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w'Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.