Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza, baravuga ko umuturanyi wabo yabarengereye akabima inzira, none imyaka ikaba ibaye ibiri, we akavuga ko yafunze iyo nzira ko yanyuraga mu gikoni no mu gikare iwe.

Ni abaturage b’imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, bavuga ko umuturanyi wabo waje amaze kugura ubutaka n’undi, akabima inzira.

Bavuga ko ubu kugira ngo bagere aho batuye, bibasaba kuzenguruka bagakora urugendo rw’ikilometero kubera kwimwa inzira n’uyu muturanyi wabo.

Mujyanama Robert avuga ko nyuma yo kwimwa inzira n’uwitwa Mugisha waguze ubutaka hano hafi, bakomeje gusiragira mu buyobozi babusaba kubakemurira iki kibazo.

Ati “Twahereye mu buyobozi, ikibazo kimaze imyaka ibiri irenga dusaba inzira. Yadufashaga kujyana abana ku ishuri, gushaka amazi no kujya kuri butike, none ubu nta nzira dufite itugeza ku bikorwa remezo.”

Nsengiyumva David na we ati “Ni inzira yaduhuzaga n’abavandimwe, yewe no mu nsengero hose, ni inzira yari ifitiye abaturage akamaro. Kugeza ubu ntaho tugira duca.”

Aba baturage bavuga ko yaba ubuyobozi bw’Akagari ndetse n’ubw’Umurenge, buzi iki kibazo, ariko bukaba bwaranze kugikemura.

Merecienne Mukaruramu ati “Baraturangaranye cyane, Umurenge warahageze nk’inshuro zirenga enye, ariko banze kudukemurira ikibazo.”

Umutesi Deliphine, umugore wa Mugisha ushyirwa mu majwi n’abaturage ko yabimye inzira, avuga ko nyuma yo kuhagura yasanze banyura mu gikari cye, n’imbere y’igikoni ahitamo kuhafunga.

Ati “Inzira yacaga imbere y’igikari cyanjye igaca no ku gikoni, ubwo mbona abo bantu batakomeza guca imbere y’igikari no ku gikoni, mbona bimbangamiye ni ko kuhafunga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirama, Ntagwabira Oswald avuga ko ari mushya muri uyu Murenge, gusa ngo nta muturage n’umwe ukwiye kwimana inzira kuko bigenwa n’itegeko.

Ati “Nta muntu ugomba kwima abandi inzira. Icyo gihe ni yo yaba atabishaka bigaragara ko inzira igomba kuhaba, icyo gihe ubuyobozi bubafasha kugira ngo bubumvikanishe kugira ngo iyo nzira ihaboneke.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + fourteen =

Previous Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Next Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w'Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.