Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza, baravuga ko umuturanyi wabo yabarengereye akabima inzira, none imyaka ikaba ibaye ibiri, we akavuga ko yafunze iyo nzira ko yanyuraga mu gikoni no mu gikare iwe.

Ni abaturage b’imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, bavuga ko umuturanyi wabo waje amaze kugura ubutaka n’undi, akabima inzira.

Bavuga ko ubu kugira ngo bagere aho batuye, bibasaba kuzenguruka bagakora urugendo rw’ikilometero kubera kwimwa inzira n’uyu muturanyi wabo.

Mujyanama Robert avuga ko nyuma yo kwimwa inzira n’uwitwa Mugisha waguze ubutaka hano hafi, bakomeje gusiragira mu buyobozi babusaba kubakemurira iki kibazo.

Ati “Twahereye mu buyobozi, ikibazo kimaze imyaka ibiri irenga dusaba inzira. Yadufashaga kujyana abana ku ishuri, gushaka amazi no kujya kuri butike, none ubu nta nzira dufite itugeza ku bikorwa remezo.”

Nsengiyumva David na we ati “Ni inzira yaduhuzaga n’abavandimwe, yewe no mu nsengero hose, ni inzira yari ifitiye abaturage akamaro. Kugeza ubu ntaho tugira duca.”

Aba baturage bavuga ko yaba ubuyobozi bw’Akagari ndetse n’ubw’Umurenge, buzi iki kibazo, ariko bukaba bwaranze kugikemura.

Merecienne Mukaruramu ati “Baraturangaranye cyane, Umurenge warahageze nk’inshuro zirenga enye, ariko banze kudukemurira ikibazo.”

Umutesi Deliphine, umugore wa Mugisha ushyirwa mu majwi n’abaturage ko yabimye inzira, avuga ko nyuma yo kuhagura yasanze banyura mu gikari cye, n’imbere y’igikoni ahitamo kuhafunga.

Ati “Inzira yacaga imbere y’igikari cyanjye igaca no ku gikoni, ubwo mbona abo bantu batakomeza guca imbere y’igikari no ku gikoni, mbona bimbangamiye ni ko kuhafunga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirama, Ntagwabira Oswald avuga ko ari mushya muri uyu Murenge, gusa ngo nta muturage n’umwe ukwiye kwimana inzira kuko bigenwa n’itegeko.

Ati “Nta muntu ugomba kwima abandi inzira. Icyo gihe ni yo yaba atabishaka bigaragara ko inzira igomba kuhaba, icyo gihe ubuyobozi bubafasha kugira ngo bubumvikanishe kugira ngo iyo nzira ihaboneke.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 4 =

Previous Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Next Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w'Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.