Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA
0
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’umusirikare w’u Rwanda uherutse kurasirwa mu Repubulika ya Centrafrique aho yari mu butumwa bw’amahoro, wagejejwe mu Rwanda, wakiranwa icyubahiro n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Uyu mubiri wa nyakwigendera Sergeant Tabaro Eustache wagejejwe mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri iki Cyumweru, bwatangaje ko ubwo umubiri wa Sgt Tabaro Eustache wageraga mu Rwanda, wakiriwe n’uwari waje guhagararira Umugaba Mukuru wa RDF.

RDF yatangaje ko “Mu izina ry’Umugaba Mukuru, abayobozi ba RDF bayobowe na Maj Gen Ruki Karusisi, abo mu muryango wa nyakwigendera, bakiranye icyubahiro umubiri we ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali.”

Nyakwigendera Sgt Tabaro Eustache wari umwe mu basirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique, yatabarutse ku wa Mbere w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 10 Nyakanga 2023, ubwo yari ku burinzi n’abandi basirikare hafi y’agace ka Sam- Ouandja ko mu Ntara ya Haute- Kotto yo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Centrafrique.

Uru rupfu rwababaje ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA) nk’uko byatangajwe n’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango akaba anayoboye MINUSCA, Valentine Rugwabiza.

Mu butumwa yatanze uyu musirikare wa RDF akimara kwitaba Imana, Rugwabiza yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru twaye dusoje kandi, Valentine Rugwabiza ndetse n’abandi bayobozi muri MINUSCA, basezeyeho bwa nyuma banaha icyubahiro nyakwigendera ubwo umubiri we wari ukiri muri Centrafrique.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, na bwo bwagaragaje akababaro bwatewe n’urupfu rw’uyu wari umwe muri bo watabarukiye mu butumwa bw’amahoro.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na RDF ku wa Kabiri tariki 11 Nyakanga, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwagize buti “RDF ibabajwe cyane n’urupfu rw’Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) […] RDF yamaganye iki gitero kandi irihanganisha byimazeyo umuryango n’inshuti za nyakwigendera.”

RDF kandi yizeje ko aho ifite abasirikare mu butumwa bw’amahoro, bazakomeza gucungira umutekano abasivile yaba abagize MINUSCA ndetse n’ahandi hanyuranye.

Kuri iki Cyumweru ubwo umubiri wa nyakwigendera wagezwaga ku Kibuga cy’Indege
Abo mu muryango wa nyakwigendera bari mu baje kuwakira
Ku wa Gatanu, Amb Valentine Rugwabiza yagiye kumwunamira
Hamwe n’abandi bayobozi muri MINUSCA
N’abasirikare b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − five =

Previous Post

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

Next Post

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.