Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wari umucungamari w’akabari kamwe ko mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, arashinja uwari umukoresha we kumwambura umushahara w’amezi 11 ungana na miliyoni 1 Frw akanamwirukana, ngo kuko yamusabye ko baryamana akabyanga.

Uyu mukobwa witwa Vanessa, avuga ko yari yarasabye umukoresha we kujya amubikira amafaranga kugira ngo azayamuhe yaragwiriye bityo na we azabashe kugira icyo yikorera.

Ngo yakoreraga uwitwa Jean Marie bivugwa ko ari muramu we, ari umucungamari w’akabari ke n’amacumbi ari mu mujyi wa Kamembe, aho yaje kugera mu mezi 11 atarahembwa.

Avuga ko mu bihe bitandukanye yagiye amusaba ko baryamana, undi akabitera utwatsi, akavuga ko ari yo mpamvu yaje kumwirukana akaba ari no kumurushya yanga kumuhemba.

Agira ati “Andimo miliyoni imwe n’ibihumbi mirongo icyenda na bine (1 094 000 Frw). Ikibazo twagiranye ni uko namukoreraga ariko agashaka kunkoresha imibonano mpuzabitsina ntabishaka, abo twakoranaga yarabahembye, njyewe anyima amafaranga yanjye kubera ko nanze ibyo yansabaga.”

Musabyimana Eric wakoze muri aka kabari yabwiye RADIOTV10 ko sebuja yarebaga nabi umuntu wese wageragezaga kuvugisha uyu mukobwa mu buryo bwo kumufuhira, ku buryo abakozi babonaga ko sebuja yamukundaga.

Ati “Kuko natwe twakoranaga na we iyo washakaga kumwegera bosi yakurebega nabi cyane, uwazaga gukoramo bamubwiraga ko atagomba kumwegera.”

Jean Marie, nyiri aka kabari uvugwaho kuba yaba yaranze guhemba umukozi ndetse akamwirukana kubera kwanga ko bakorana imibonano mpuzabitsina, yabihakanye yivuye inyuma.

Naho ku kuba ataramuhemba, avuga ko bakiri mu mibare y’ibyo bagomba kubara kugira ngo abone uko amwishyura amafaranga amurimo.

Ati “abakozi barenga 80 baciye mu kazi kanjye ntabwo Vanessa ari we nakwamura amafaranga ye. Ahubwo hari imibare tutarakorana nzazana umukontabure wanjye amukorere odite mbone kumuhemba. Ibyo kuryamana ntabwo mbizi, azazane ibimenyetso byayo. Uko ni ukumparabika.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko iki kibazo cyo kwamburwa yakigejejweho ndetse agahamagara uyu mukoresha akamubwira ko azahemba umukozi nyuma yo gukora imibare,

Uyu muyobozi avuga ko niba haranabayemo kumusaba ko baryamana, yamugira inama yo kwiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Next Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.