Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
1
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Steve Harvey unatanga ibiganiro kuri Televiziyo bikundwa na benshi, wagendereye u Rwanda inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku kwezi, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda, ndetse n’amateka banyuzemo, bafite byinshi bakwigisha Isi.

Mu kwezi gushize, Steve Harvey yari yasuye u Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro, ndetse anasura Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, aho yanasobanuriwe amateka y’u Rwanda yatumye rusenyuka, ndetse n’uburyo rwiyubatse no kongera kubanisha Abanyarwanda ubu bunze ubumwe.

Kuva mu cyumweru gishize kandi, Steve Harvey ari mu Rwanda, aho yitabiriye ibikorwa by’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku modoka FIA birimo n’itangwa ry’ibihembo.

Mu kiganiro Steve Harvey yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yavuze ko uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda bameze, ari isomo rikomeye rikwiye gufatirwaho icyitegererezo n’Isi yose.

Yagize ati “Kuba mwarashoboye kwikura mu byabaye, ni gihamya cy’abo muri bo uyu munsi, bishimangira ubuyobozi bwiza mufite. Mbabwije ukuri murihariye cyane, ku buryo abandi bakwiye kujya baza bakabigiraho, kugira ngo bamenye igisobanuro cyo kubabarirana n’urukundo.”

Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda rumeze, nta muntu utakwifuza kurushoramo imari, ndetse ko na we ari yo ntego.

Ati “Hari byinshi twifuza gukora hano mu Rwanda. Ni Igihugu cyihariye, numva ko twahakorera ibikorwa by’ishoramari kandi ni na byo turi gukora hamwe n’itsinda ryanjye turi kumwe, turi gushaka uburyo twabyaza umusaruro ayo mahirwe ari mu ishoramari rya hano.”

Uyu mushoramari, avuga ko ibi bazabikora mu rwego rwo gushyigikira iterambere rishimishije u Rwanda rurimo, no gufasha urubyiruko rw’u Rwanda kubona imirimo.

Steve Harvey mu kwezi gushize yari yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Kuri iki Cyumweru yasuye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru

RADIOTV10

Comments 1

  1. RWAMUZA Bruce says:
    5 months ago

    mwazanfashije Koko mukampa stage

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Next Post

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Related Posts

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

by radiotv10
19/07/2025
0

Abakoze ubwarimu bw’igihe gito mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Karere ka Nyamasheke basigariraho abarimu bagiye mu biruhuko byo kubyara,...

The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

by radiotv10
19/07/2025
0

We’ve all heard it growing up: “Work hard and you’ll succeed.” We always saw it on school posters, graduation speeches,...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y'urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.