Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi İlkay Gündoğan wakiniraga FC Barcelone yo muri Espagne, ari hafi gusubira muri Manchester City yo mu Bwongereza, aho ari businyire amasezerano y’umwaka umwe (1).

Nyuma y’ibiganiro byagenze neza hagati ya İlkay Gündoğan n’ikipe ya Manchester City, mu masaha 48 ashize, yamaze kumvikana n’iyi kipe, bijyanye no kuba yayisubiramo, dore ko ku ya 26 Kamena 2023 ari bwo yayivuyemo, yerecyeza muri FC Barcelone yo muri Espagne.

İlkay Gündoğan w’imyaka 33, uherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu y’Ubudage, agiye gutandukana na FC Barcelone nyuma y’umwaka umwe ayigezemo, aho bivugwa ko bitewe n’ibibazo by’ubukungu bituma iyi kipe igomba kurekura umwe mu bakinnyi 3 bayo bahembwaga amafaranga menshi kurusha abandi.

İlkay Gündoğan, Umudage ariko ufite ababyeyi bakomoka muri Turikiya, nyuma yo kutagaragara ku mukino wa mbere wa Shampiyona ya Espagne La Liga 2024-2025 FC Barcelone yatsinzemo FC Valence ibitego 2-1 kuri Estadio de Mestalla, Ikinyamakuru cyo muri Espagne cyitwa Diario Sport ni cyo cyabanje gutangaza ko İlkay Gündoğan yasabye gusohoka muri FC Barcelone.

İlkay Gündoğan yakiniye Manchester City kuva muri 2016 kugeza muri 2023, agatwarana na yo ibikombe 14, birimo 5 bya Shampiyona Premier League, 2 bya FA Cup, 4 bya Carabao Cup, 2 bya FA Community Shield, na 1 cya UEFA Champions League.

Agiye gusubira muri iyi kipe dore ko n’umutoza wayo Pep Guardiola yamaze kubiha umugisha nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru w’Umutaliyani Fabrizio Romano, inzobere mu bijyanye n’isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi.

Amakuru dukesha uyu Fabrizio Romano aremeza ko byamaze kurangira, aho İlkay Gündoğan yumvikanye na FC Barcelone gusesa amasezerano, yari kuzageza muri 2025.

Gündoğan agiye gusubira muri Man City
FC Barcelone yari amazemo umwaka agiye kuyisohokamo

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Congo: Guverinoma yafashe icyemezo kigaragaza ko indwara y’Ubushita bw’Inkende yafashe intera

Next Post

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.