Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi İlkay Gündoğan wakiniraga FC Barcelone yo muri Espagne, ari hafi gusubira muri Manchester City yo mu Bwongereza, aho ari businyire amasezerano y’umwaka umwe (1).

Nyuma y’ibiganiro byagenze neza hagati ya İlkay Gündoğan n’ikipe ya Manchester City, mu masaha 48 ashize, yamaze kumvikana n’iyi kipe, bijyanye no kuba yayisubiramo, dore ko ku ya 26 Kamena 2023 ari bwo yayivuyemo, yerecyeza muri FC Barcelone yo muri Espagne.

İlkay Gündoğan w’imyaka 33, uherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu y’Ubudage, agiye gutandukana na FC Barcelone nyuma y’umwaka umwe ayigezemo, aho bivugwa ko bitewe n’ibibazo by’ubukungu bituma iyi kipe igomba kurekura umwe mu bakinnyi 3 bayo bahembwaga amafaranga menshi kurusha abandi.

İlkay Gündoğan, Umudage ariko ufite ababyeyi bakomoka muri Turikiya, nyuma yo kutagaragara ku mukino wa mbere wa Shampiyona ya Espagne La Liga 2024-2025 FC Barcelone yatsinzemo FC Valence ibitego 2-1 kuri Estadio de Mestalla, Ikinyamakuru cyo muri Espagne cyitwa Diario Sport ni cyo cyabanje gutangaza ko İlkay Gündoğan yasabye gusohoka muri FC Barcelone.

İlkay Gündoğan yakiniye Manchester City kuva muri 2016 kugeza muri 2023, agatwarana na yo ibikombe 14, birimo 5 bya Shampiyona Premier League, 2 bya FA Cup, 4 bya Carabao Cup, 2 bya FA Community Shield, na 1 cya UEFA Champions League.

Agiye gusubira muri iyi kipe dore ko n’umutoza wayo Pep Guardiola yamaze kubiha umugisha nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru w’Umutaliyani Fabrizio Romano, inzobere mu bijyanye n’isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi.

Amakuru dukesha uyu Fabrizio Romano aremeza ko byamaze kurangira, aho İlkay Gündoğan yumvikanye na FC Barcelone gusesa amasezerano, yari kuzageza muri 2025.

Gündoğan agiye gusubira muri Man City
FC Barcelone yari amazemo umwaka agiye kuyisohokamo

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Congo: Guverinoma yafashe icyemezo kigaragaza ko indwara y’Ubushita bw’Inkende yafashe intera

Next Post

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Related Posts

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.