Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire mu rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul na bagenzi be, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 yakatiwe n’Urukiko Rukuru, rugabanyiriza Nsabimana Callixte Sankara rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15.

Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko nk’uko Urukiko Rukuru rwabyemeje ko Rusesabagina yemeye icyaha mu buryo budashidikanywaho nta shingiro bifite icyakora ko kuba akurikiranywe mu nkiko bwa mbere “nta mpamvu uru rukiko rubona yakongererwa ibihano kuko igihano yahawe cy’igifungo cy’imyaka 25 kijyanye n’uburemere bw’icyaha yakoze.”

Kuri Nsabimana Callixte Sankara, Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko kuba na we ari ubwa mbere yari akurikiranyweho icyaha kandi akaba yaremeye ibyaha kuva yafatwa akanabisabira imbabazi, yafashije ubutabera, bityo ko agabanyirizwa ibihano aho gukatirwa igifungo cy’imyaka 20, akatirwa igifungo cy’imyaka 15.

Kuri Nizeyimana Marc, Urukiko rwavuze ko kuba yarahakanye mu buryo budasubirwaho ibyaha yahamijwe atari akwiye kugabanyirizwa ibihano kuko hari ibyo yemeye mu rubanza rwo mu mizi, icyakora harebwe imikorere y’ibyaha yahamijwe ndetse na we kuba ari ubwa mbere akurikiranywe, igihano yakatiwe ku rwego rwa mbere cy’igifungo cy’imyaka 20 kigomba kugumaho.

Naho Nsengimana Herman wari wakatiwe igifungo cy’imyaka 5, Urukiko rw’Ubujurire rwamuhanishije igifungo cy’imyaka irindwi (7).

Ibihano byahanishijwe abandi:

  1. Mukandutiye Angelina: 20
  2. Bizimana Cassien: 20
  3. Matakamba Jean Berchimans: 20
  4. Shabani Emmanuel: 20
  5. Ntibiramira Innocent: 20
  6. Byukusenge Jean Claude: 20
  7. Nsabimana Jean Damascene: 20
  8. Nikuzwe Simeon: 10
  9. Iyamuremye Emmanuel: 5
  10. Kwitonda Andree: 5
  11. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  12. Hakizimana Theogene: 5
  13. Nsanzubukire Felicien: 5
  14. Munyaneza Anastase: 5
  15. Mukandutiye Angelina: 20
  16. Niyirora Marcel: 5
  17. Ndagimana Jean Chretien: 3
  18. Ntabanganyimana Joseph: 3

 

Ibyagarutsweho mu isoma ry’urubanza

Urukiko rw’Ubujurire rwagarutse ku byaburanyweho muri uru rubanza rw’ubujurire, rwavuze ko Ubushinjacyaha bwanenze kuba Urukiko Rukuru rwarashingiye ku kuba Rusesabagina yaremeye icyaha mu iperereza rukamugabanyiriza ibihano, bidahagije mu buryo budashidikanywaho mu gihe atitabye Urukiko ngo abishimangire mu iburanisha ryo mu mizi.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko ibyo ubwabyo atari ikosa kuko umucamanza yemerewe kugenzura ukwirega kwakorewe mu iperereza akaguha agaciro akurikije ireme ryako ahubwo ko ikibazo ari ibyatangajwe na Rusesabagina wasobanuye uko bashinze MRCD-FLN ndetse ko hari amafaranga yayoherereje ariko agahakana ko hari ibikorwa by’iterabwoba yakoze.

Urukiko kandi rwagarutse ku kuba Rusesabagina yaravuze ko niba hari ibikorwa byakozwe na MRCD-FLN abyicuza akanabisabira imbabazi, ruvuga ko ari ukwiyerurutsa kuko atigeze yemera ko yaba we cyanwa FLN babigizemo uruhare.

Umucamanza ati “Kubera iyo mpamvu, Urukiko rurasanga ukwemera kwe kutari gushingirwaho agabanyirizwa ibihano.”

Kuba Rusesabagina yaragabanyirijwe ibihano kuko ari ubwa mbere akoze ibyaha, Ubushinjacyaha bwajuriye buvuga ko Urukiko Rukuru rwirengagije uburemere bw’ibyaha n’ingaruka byagize ku buzima bw’abantu barimo n’abapfuye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire, yavuze ko hari impamvu nyoroshyacyaha zishobora gutuma umucamanza agabanya igihano zirimo imyitwarire y’uregwa mbere yo gufungwa.

Umucamanza yavuze ko kuba ari ubwa mbere Rusesabagina Paul yari akoze icyaha ari impamvu nyoroshyacyaha bityo ko ubujurire bw’Ubushinjacyaha kuri iyi ngingo nta shingiro bufite.

Urukiko rwavuze ko nta kosa ryakozwe n’Urukiko Rukuru mu kugabanyirizwa ibihano abaregwa bikajya munsi y’ibihano bito biteganywa n’amategeko.

Naho Nsabimana Callixte alias Sankara yajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka 20, atari uko yagabanyirijwe igihano ahubwo ko atagabanyirijwe igihano mu buryo bwose bushoboka.

Sankara kandi yavugaga ko iyi myaka aramutse ayimaze muri Gereza yazasohoka ari mu zabukuru kandi ko yemeye ibyaha akanabisabira imbabazi ndetse akanafasha ubutabera bityo ko akwiye kugabanyirizwa igihano mu buryo bushoboka wenda agahanishwa igifungo cy’imyaka itanu.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko Umucamanza mu bwisanzure bwe atanga igihano agendeye ku buzima bw’uregwa mbere yo gukora icyaha ndetse ashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha.

Ruvuga ko kuri Callixte Sankara, Urukiko Rukuru rwashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha zose zo kuba yaremeye ibyaha ndetse akanorohereza Ubutabera.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko izindi mpamvu yatanze zirimo kuba yaracitse ku icumu, kuba afite umukunzi wo hanze, kuba afite indwara y’umuvuduko, atari impamvu nyoroshyacyaha.

Icyakora ngo Urukiko Rukuru ntirwahaye agaciro impamvu zirimo kuba yaremeye ibyaha akorohereza ubutabera no gufasha inzego gufata ibyemezo byo gukumira ibyaha by’iterabwoba bityo ko bigize impamvu zo kuba yakongera kugabanyirizwa igihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − seven =

Previous Post

Yves Mutabazi wigeze kuburira i Dubai yemeje ko afite ibibazo byo mu mutwe

Next Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.