Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bagemuye ibiribwa ku mashuri atandukanye mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze amezi umunani bategereje kwishyurwa amafaranga, bajya no kwishyuza bakababwira ko ubishinzwe yagiye hanze y’Igihugu.

Abaganiriye na RADIOTV10, bavuga ko basabwaga gutanga ibiribwa vuba na vuba bizezwa kwishyurwa, bituma bamwe bafata amafaranga muri zaBanki, none kuba batarishyurwa kikaba ari ikibazo kibakomereye.

Umwe agira ati “Baratubwiraga ngo tugemure ibiryo ku mashuri buracya batwishyura, ubundi bakavuga ko ari mu byumweru bibiri, natwe bituma dufata amadeni y’abandi twizeye iryo sezerano, ariko ntibabyubahiriza none Banki zigiye guteza ibyacu.”

Abajya ku Biro by’Akarere kwishyuza, bavuga ko babwirwa indi mpamvu itandukanye n’iyo Ubuyobozi bw’Akarere bwahaye umunyamakuru, aho bavuga ko basabwa gutegereza kuko ufite mu nshingano ikibazo cyabo yagiye hanze y’Igihugu.

Undi ati “Iyo tujyanye amadosiye, baratubwira ngo turambike aho bazadutumaho, bakavuga ngo Theogene (ushinzwe uburezi mu Karere) yagiye muri Amerika.”

Aba barwiyemezamirimo, bavuga ko bitumvikana kuba iki kibazo kitabona undi wakebakemurira, kuko gikomeje kubashyira mu bihombo ndetse ko hatagize igikorwa hari bamwe baterezwa cyamunara.

Ni mu gihe  Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga avuga ko icyateye bamwe gutinda kwishyurwa ari uko umwaka w’ingengo y’imari warangiye hari abataragerwaho, icyakora agatanga icyizere.

Meya Kibiriga ati “Bari benshi bagenda bishyurwa umwaka w’ingengo y’imari urangira hari abatarishyurwa, ariko ubu ingengo y’imari nibwo igitangira tugiye kurebe uburyo tubishyura abo ngabo nabo”.

Aba bagemuriye ibiribwa ibigo by’amashuri, bavuga ko bategereje kuva muri Mutarama uyu mwaka, ndetse harimo n’ibirarane by’umwaka wabanje.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Uwavanywe ku nshuro ya kabiri mu nshingano z’inzego nkuru z’u Rwanda yagize icyo avuga

Next Post

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Related Posts

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

IZIHERUKA

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka
MU RWANDA

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka

by radiotv10
13/08/2025
0

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

12/08/2025
Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.